Urubyiruko rurangije mu kigo ry’imyuga cya Rukoma, giherereye mu karere ka Kamonyi, baributswa ko bagomba kwirinda abashukisha ibikoresho bakeneye, akenshi bagamije kubashora mu busambanyi.
Ubushakashatsi bwakozwe na Intégrale sur les Conditions de Vie des ménages (EICV) bwagaragaje ko akarere ka Bugesera kari ku isonga mu kugira abantu bake batazi gusoma no kwandika bakuze.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuli abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias ngo yatangiye kwimenyereza umwuga wo kwiga kogosha abitewe nuko ngo nta mwuga n’umwe usuzuguritse ubaho.
Abarimu bigisha mu mashuri y’imyuga barinubira ikibazo cy’imishahara mito bahabwa kandi bagenzi babo banganya ashuri bigisha mu yandi mashuri bahembwa ayisumbuye ku yabo.
Ishuli rya Saint Peter’s Secondary School “Igihozo” riri mu karere ka Nyanza n’irya Bismarck ryo mu mujyi wa Numberg mu Budage basinyanye, tariki 15/10/2012, amasezerano y’ubufatanye mu rwego rw’uburezi.
Abarezi bitwaye neza bagatoranywa na bagenzi babo bahawe amashimwe kubera akazi kanini bakora, mu muhango wo kwizihiza umunsi wahariwe abarezi mu murenge wa Gasaka, wijihijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12/10/2012.
Umuhango wo kwambika amakamba abanyeshuri barangije muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) muri uyu mwaka wa 2011-2012 uzaba mu byiciro mu gihe mu myaka yabanje byajyaga bikorerwa rimwe ku banyeshuri bose barangirije rimwe.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko ibikorwa by’urukozasoni byo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta byagaragaye umwaka ushize muri aka karere bikwiriye kuba umuziro, ntihazagire aho byongera kugaragara.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’umwarimu tariki 05/10/2012, mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi bishimiye ko babaye aba mbere mu gutsindisha neza abanyeshuri mu bizamini bya Leta umwaka ushize.
Abarimu bo mu karere ka Rubavu, barasaba ko bakoroherezwa kubona inguzanyo zo kubaka amacumbi no kugura imodoka, kuko inguzanyo bahawe yo kugura amagare bayishyuwe neza ariko agahita acibwa mu muhanda ntabahe umusaruro bari bayakeneyeho.
Nyirabirori Léacadie utuye mu murenge wa Cyanika, mu akarere ka Burera atangaza ko abasuzugura umwarimu nta nshingiro bafite kuko imyaka 26 amaze ari umwarimu bimufasha cyane we n’umuryango we akaba abyishimira.
Ubwo bizihizaga umunsi wa mwarimu uba buri mwaka, kuri uyu wa gatanu tariki 05/10/2012, abarezi bo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, bavuze ko bagomba kuzubahiriza umwuga wabo bakawukorana umurava batitaye ku mafaranga macye bahembwa.
Kutamenya gusoma no kwandika ariko cyane cyane isoni zo gutera igikumwe mu mwanya wo gusinya byatumye Mukandemezo Colette w’imyaka 67 wo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi agana inzira y’ishuri.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri abanza cya Kabagera giherereye mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe bahawe inkweto mu rwego rwo kubashimira uburyo bitwaye mu mitsindire yabo.
Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO yatanze inkunga ifite agaciro ka miriyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda kuri za clubs UNESCO 15 kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012.
Abakoze n’abakoresheje amarushanwa y’ubumenyi muri siyansi, yabaye mu gihugu hose kuri uyu wa gatandatu tariki 22/9/2012, baratangaza ko hari icyizere ku Rwanda ku kwikorera imirimo yose irebana n’iterambere ry’igihugu nta bufasha bw’abanyamahanga bubayeho.
Ikigo cy’Ubwongereza gishinzwe ubutwererane mu muco (British Council) kigiye kongera ibikorwa byo gufasha Abanyarwanda gukoresha ururimi rw’icyongereza, kikaba cyafunguye ishami rihoraho mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 19/9/2012.
Mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 83 rumaze rushinzwe, guhera tariki 18 Nzeri, Urwunge rw’amashuri rw’indatwa n’inkesha (GSO Butare) rwafunguye imurika ry’igihe cy’icyumweru ku mateka yarwo.
Nyuma yuko ikigo ngororamuco cyashyiriweho urubyiruko rw’abahungu kigaragarije umusaruro, hagiye gushingwa ikigo ngorora muco cyagenewe abakobwa. Igororwa rikorerwa abahungu rigomba gukorerwa abakobwa kandi uyu mwaka ukarangira ikigo cyigorora abakobwa kimaze kujyaho; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe.
Abanyeshuli bagera ku 116 basanzwe bakora mu mahoteli n’amaresitora mu mujyi wa Kigali bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa kabiri tariki 11/09/2012 nyuma yo guhabwa amahugurwa ku kwakira neza abakiriya.
Ababyeyi bo mu karere ka Muhanga bagiye gufashwa gushyirirwaho amarerero aciriritse y’abana bato mu rwego rwo kubafasha gukora imirimo yabo ya buri munsi ndetse no guha umutekano abana babo.
Tariki 08 Nzeri buri mwaka isi yose yizihiza umunsi wo kurwanya ubujiji. Mu Rwanda uwo munsi wizihirijwe mu karere ka Rulindo.
Ubwo yashyiraga ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo cy’imyuga mu ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kane tariki 06/09/2012, Minisitiri w’uburezi yavuze ko abantu badakwiye gukomeza gutekereza ko bazabeshwaho n’ubuhinzi gusa, ahubwo bakitabira kwiga imyuga itandukanye.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’uburezi, Dr Mathias Harebamungu, yemeza ko u Rwanda rumaze kuba ubukombe mu bijyanye n’ireme ry’uburezi, ugeraranyije n’imyaka 18 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Uburezi yatangije ikigega gishinzwe guteza imbere udushya mu burezi kiswe “Innovation for Education”, kizafasha abafite imishinga igaragaza ko yongera ireme ry’uburezi mu Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Ecole Secondaire Sainte Trinite riri mu Ruhango, bamaze iminsi ibiri barara hanze ubuyobozi bw’ikigo bwarababujije kujya aho barara, bitewe n’uko baje gutangira ishuri batarishyura.
Kuva kuwa mbere tariki 03/09/2012, ishuri Sonrise ribarizwa mu karere ka Musanze rayatangiye kwirukana abanyeshuri barenga 250 kugira ngo bajye gushaka amafaranga y’ishuri kuko abari basanzwe babishyurira babihagaritse.
U Rwanda rumaze kwegukana igihembo cyiswe 2012 Commonwealth Education Good Practice Awards cya Commonwealth gihabwa igihugu gifite ingamba nziza mu guteza imbere uburezi hagati y’ibihugu 54 bigize uwo muryango.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatanze mudasobwa 10 n’imashini isohora impapuro (printer) mu rwunge rw’amashuri rwa Nyakanyinya mu murenge wa Gihombo.
Uwase Uhoraningoga Christine bakunze kwita Bigudi, wari usanzwe ukora restora, yasubiye mu ishuri ku myaka 47, kugira ngo agire ubumenyi buhagije mu mwuga w’ubutetsi.