Batahutse mu Rwanda nyuma y’imyaka 18 baba mu mashyamba ya Congo

Abanyarwanda 98 biberaga muri Kivu y’Amajyepfo, bagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka igera kuri 18 bibera mu mashyamba. Bavuga ko inyeshyamba za FDLR arizo zabazitiraga, zikababuza kutahuka.

Abaganiriye na Kigali Today, ubwo bageraga mu karere ka Rubavu, kuri uyu wa Kabiri tariki 30/10/2012, batangaje ko baje mu Rwanda kubera aribwo bari babonye uburyo bwo kuva aho bari kuko yabatangiraga ikababuza gutaha ubigerageje akamburwa akanicwa.

Jean Pierre Nsabimana umwe mu bagerageje gutaha agatangirwa, avuga ko ubwo bayigeragezaga yambuwe utwo yarafite agahitamo kwisubirira aho yabaga. Asobanura ko n’abandi ariko byabagendekeye, cyane ku babaga walikale na Nsanja muri kivu y’Amajyepfo.

Abanyarwanda bari bageze mu Rwanda barindiriye kujyanwa Nkamira.
Abanyarwanda bari bageze mu Rwanda barindiriye kujyanwa Nkamira.

Gutaha kwagu ngo bagukesha umutekano mucye umaze iminsi urangwa muri kariya gace ka Kive zombi, kuko FDLR yahoraga ibatera ikabatwaramo abafite ingufu bakajya mu gisirikare, nk’uko bitangazwa n’uwitwa Ntamunoza.

Abana n’abagore nibo biganje mu batashye, bagera kuri 80%. Ntamunoza agasobanura ko abagabo babanza bakohereza abagore, kugira ngo barebe uko bimeze nabo bazabone gutahuka nyuma.

Bamwe mu Banyarwanda bari bageze mu Rwanda bavuye mu mashyamba ya Congo.
Bamwe mu Banyarwanda bari bageze mu Rwanda bavuye mu mashyamba ya Congo.

Umuryango mpuzamahanga wita kumpunzi wakiriye izi mpunzi, uvuga ko mu mashyamba ya Congo habarirwa Abanyarwanda benshi, aho kuva uku kwezi kwatangira umze kwakira abagera kuri 650 banyuze k’umupaka wa Gisenyi.

Kuva umwaka watangira hamaze gutahuka abarenga 6.800, kandi mu mashyamba ya Congo hagisigayeyo abandi benshi, nk’uko bikomezwa kwemezwa na bamwe mu batashye.

Hari uwavuze ko aho babaga bari bageze kuri 500 kandi abenshi nibo basigaye kubera kubura amayira.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka