Kamali Steve wigisha ku kigo cya E.S.Kigoma mu karere ka Ruhango, niwe wegukanye umwanya wa mbere mu karere ka Ruhango, kubera agashya yagaragaje katangaje buri mwe wese wari witabiriye umuhango wo gutoranya umwarimu w’indashyikirwa tariki 01/10/2013.
Abanyeshuri basaga 125 bari gusiragira ku karere ka Ruhango, nyuma yo kumenya ko imiryango yabo itasuwe mu isuzumwa ryakozwe ku bujurire bw’ibyiciro by’ubudehe bari bashyizwemo.
Ubwo yitabiraga isozwa ry’amarushanwa yo gusoma yateguwe na Imbuto Fondation mu karere ka Rubavu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias yasabye Abanyarwanda kugira umuco wo gusoma kugira ngo bibafashe kwagura ubumenyi no gusesengura.
Muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013, abanyeshuri 23 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Gicumbi bamaze gutwara inda z’indaro; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’uburezi w’agateganyo mu karere ka Gicumbi, Mukashema Christine, kuri uyu wa 01/10/2013.
N’ubwo riherereye ahantu hatari mu mujyi cyane, isomero rusange ryo mu Karere ka Huye ryari risanzwemo ibitabo byanditse mu rurimi rw’Igifaransa n’Icyongereza gusa. Ku itariki ya 20/9/2013 ryungutse ibitabo byanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Abanyeshuri baturutse hirya no hino mu gihugu bari kurushwana mu biganiro mpaka batemberejwe ishuri ry’imyuga rya IPRC rya Kicukiro, aho basobanuriwe ibikorerwamo n’uburyo imirimo ijyanye n’ubumenyi ngiro bishobora guhindura ubuzima bwabo.
Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC) yateguye inama izahuza ibigo na za kaminuza byose bifite gahunda yo gutegura abanyeshuri byigisha kwihangira imirimo, mu rwego rwo kubasangiza ibyo bagezeho nabo byababera urugero bakabikorera mu bigo byabo.
Umuryango Mpuzamahanga Handicap International ukorera mu karere ka Nyamasheke, uri mu gikorwa cyo guhugura abayobozi n’abashinzwe imyifatire mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye ku buryo bakwimakaza uburezi budaheza kuri bose.
Umukecuru witwa Roza Nishyirembere utuye mu Murenge wa Ruhashya ho mu Karere ka Huye, avuga ko ababyeyi bose bakwiye kujyana abana babo mu ishuri, kuko ngo uwize hari byinshi yunguka abatarabashije kwiga bapfa batamenye.
Umubare w’abanyeshuri bari mu byiciro by’ubudehe bemerewe inguzanyo zo kwiga kaminuza warongewe ugera ku 13298 bavuye ku 6020, nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri n’ababyeyi babo bagaragarije ko batishimiye imibare yari yatanzwe mbere.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aremeza ko gutera imbere k’umurenge wa Murambi ari ko gutera imbere kw’akarere kose. Yabitangaje tariki 25-09-2013 ubwo abantu bakuze 220 bo muri uwo murenge bahabwaga inyemezabumenyi yo gusoma, kwandika no kubara.
Imbuto Foundation yahurije hamwe abanyeshuli bo mu mashuli abanza yo mu karere ka Nyanza tariki 25/09/2013 ibashishikariza gukurana umuco wo gusoma ibitabo ibinyujije mu buryo bw’amarushanwa bateguriwe ku rwego rwabo.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Kalisa Edouard arashishikariza abaturage kugira umuco wo gukunda gusoma kuko iterambere ridashingiye ku bumenyi ridashobora kuramba.
Abagize itsinda ry’akarere ka Ngororero ryashyiriweho gukusanya amakuru ku miryango y’abanyeshuri biga muri kaminuza basaba kwishyurirwa na Leta, bavuga ko ingendo bakoze mu miryango y’abo banyeshuri zabaye n’umwanya mwiza wo gukangurira ababyeyi kwita ku nshingano zabo no kubyara abo bashoboye kurera.
Abanyeshuli biga muri Kaminuza y’Abaliyiki y’Abadivantisiti (INILAK) yagabiye inka umugore w’umupfakazi witwa Floride Mukarukwaya. Inka izamufasha kwikenura mu gihe izaba itangiye kororoka, nk’uko babimubwiye ubwo bayimushyikirizaga kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013.
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda, yatumije bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, kugira ngo ibasobanurire uburyo umunyeshuri wo mu Rwanda agomba guhatanira kwiga muri Amerika ku buntu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro n’imyuga (WDA) hamwe na Minisitere y’uburezi (MINEDUC) byatangije ibizami byo gushyira mu bikorwa ibyo abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga.
Kaminuza n’amashuli makuru agera ku munani nibo babashije gutsindira itike yo gukomeza mu kiciro kibanziriza icya nyuma mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku nsanganyamatsiko yo kwihangira umurimo yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14/09/2013 mu Ishuri rikuru ry’ubumenyi n’Ikoranabuhanga (KIST).
Umugore witwa Musanibawo Beatrice, avuga ko ubwo umwana we yatsindaga ikizamini cy’umwaka wa gatatu wisumbuye yagize ubwoba bwinshi kuko yumvaga atazabasha kumurihira ngo akomeze, kandi umubyeyi wese asabwa kujyana umwana we mu ishuri.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abagize utunama tw’ubujurire ku bijyanye n’inguzanyo ya Buruse muri iyo ntara kuzirinda amarangamutima, mu gihe bazaba bakira ubujurire bw’abanyeshuri basanzwe biga n’abatsindiye kuziga mu mashuri makuru na za kaminuza.
Umunyarwandakazi uba mu gihugu cya Canada, Elisabeth Mujawamariya atangaza ko kenshi iyo abenshi mu Banyarwanda bakuriye mu gihugu bagiye kwiga mu bihugu byo hanze byateye imbere, bagorwa n’amasomo yaho kuko batagize umuco wo gusoma.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe burashimira abatuye uyu murenge uruhare n’ubwitange bakomeje kugaragaza mu kubaka ibyumba by’amashuri yigirwamo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ndetse no kwitabira umuganda muri rusange.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iri guhamagarira abarangije amashuri yisumbuye bagatsinda neza amasomo ya siyansi (sciences) mu myaka ya 2007, 2008 na 2009 kwihutira gutwara ibihembo byabo kuko nyuma ya tariki 30/09/2013 batazaba bakibibonye.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye arasaba abana b’abakobwa kwirinda abagabo n’abasore bagamije kubashora mu ngeso z’ubusambanyi ahubwo bakubaka ejo hazaza habo.
Inkunga yatanzwe n’itsinda ryitwa Cummings Foundation ryo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, igiye gufasha kaminuza y’Umutara Polytechnic muri gahunda yo kwegera abaturage no gucyemura ibibazo bibabangamiye nk’uko ari n’imwe mu ntego z’iri shuri.
Abana bacikije amashuri nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya bazasubizwa mu mashuri kugira ngo badakomeza kudindira.
Abana 3000 bafite ubumuga butandukanye bo mu karere ka Muhanga ndetse n’aka Kamonyi bamaze kugezwa mu mashuri muri gahunda y’uburezi budaheza mu myaka ine ishize.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB) kirasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Rutsiro gusobanukirwa uburyo bushya bwo gutumizaho ibitabo ikigo kiba gikeneye ndetse bakagenzura niba ibitabo byose byageze ku kigo nk’uko babitumijeho.
Abanyeshuri biga muri kaminuza bo mu karere ka Ngororero baratangaza ko bifuza gutanga umusanzu mu kwesa imihigo y’akarere ariko ngo bafite ikibazo kijyanye n’ubushobozi bwo kuriha amafaranga babazwa muri kaminuza.
Mu gihe abana barihirwaga na FARG barangizaga amashuri yisumbuye bakabura uko bakomeza za Kaminuka ubu noneho ngo bari kubarurwa kugirango bazige amashuri y’imyuga babifashijwemo n’icyo kigega. Iki gikorwa cyatangiye tariki 30/07/ 2013kikazarangira tariki 14 Kanama.