"Umuco wo gusoma ni ipfundo ry’ubumenyi bwose abana bagomba gutozwa hakiri kare kuko bidasaba ubukungu bisaba kubikunda kandi ukabitangira kare".
Abanyeshuri biga mu ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantisiti rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza bagiye gutora komite ibahagarariye nshya.
Bamwe mu basabye imyanya mu kazi ko kwigisha mu karere ka Ngoma baranenga ko hari imyanya yashwizwe ku isoko ariko iminsi y’ikizamini igahora yimurwa ndetse n’imyanya yashyizwe ku isoko ifite abayikoramo kandi ikizamini kitarakorwa.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 30/03/2012 yemeje ko amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi (minerval) ndetse n’agahimbazamushyi (prime) ababyeyi batangaga yiyongera.
MTN Rwanda kuri uyu wa 29/03 2012 yahaye ikigo cy’amashuru cya Rusumo High School mudasobwa 36 hamwe n’ifatabuguzi rya interineti ry’igihe kigera ku mwaka.
Abanyarwanda bibumbiye mu muryango Isaro Foundation bahagurukiye gufasha ibigo by’amashuri kubona ibitabo bitandukanye dore ko ibihari ari bicye n’ibihari bikaba ari ibya kera.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye atangaza ko gahunda y’icymba cy’umukobwa izafasha abana b’abakobwa kugana ishuri badasiba.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Harebamungu Mathias, arashima uruhare rw’amadini mu gikorwa cyo kwigisha abatazi gusoma kwandika no kubara.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga rya Kigali (KIST) burakangurira Abanyarwanda kuritera inkunga yo kubaka icumbi ry’abana b’abakobwa biga muri icyo kigo.
Abakozi bagize uruhare mu kubaka amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12YBE) mu karere ka Burera batarahembwa, bazahembwa nyuma y’icyumweru kimwe uhereye tariki 27/03/2012; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’ako karere, Sembagare Samuel.
Abarimu bo mu turere tugera kuri 20 mu gihugu bamaze amezi abiri badahembwa kubera ko uturere bakoreramo tutakoze urutonde rwabo nk’uko babisabwa na minisiteri y’imari n’igenamigambi.
Abarimu ku bigo by’amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12YBE) bagiye kubakirwa amacumbi kugira ngo imyigishirize yo muri ayo mashuri ikomeze igire ireme; nk’uko byatangajwe n’ umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’uburezi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda arasanga hakwiye gushyirwaho urwego rw’Abahwituzi mu burezi bazafasha guhangana n’ibibazo by’abana bacikiriza amashuri no gukurikirana abashuka abana b’abakobwa bakabatera inda bakiri mu ishuri.
Ku nshuro ya kane, ishuli rikuru ry’abadiventisiti b’umunsi wa 7 (INILAK) ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuli 1135 baharangije. Uwo muhango ukaba wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 20/03/2012.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu karere ka Nyagatare bidatanga musanzu wa siporo birashinjwa kudindiza imikino muri ako karere. Ibitanga uwo musanzu birinubira guhora bitanga ayo mafaranga kandi imikino bakayihuriramo n’abatarayatanze.
Abana bagera kuri 270 biga mu mashuri abanza ya Nkana yo mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare ntibafite aho bigira kubera imvura yaguye tariki 18/03/2012 igasenya ibyumba by’amashuri bitatu bigirigamo.
Imbuto Foundation, tariki 18/03/2012, yahembye abakobwa bo mu turere twa Nyamasheke na Rusizi barangije amashuri abanza, icyiciro rusange ndetse n’amashuri yisumbuye batsinze neza kurusha abandi.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihengiri mu Murenge wa Mukama ho mu Karere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi kubongerera ibigo by’amashuri abanza, kuko kuba abenshi muri abo baturage batuye kure y’amashuri bituma abana babo banga ishuri.
U Bushinwa bwiteguye gufasha u Rwanda guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa ku buryo nta mwana n’umwe uzabura uko yiga; nk’uko bitangazwa na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda.
Inama Rusange y’Inteko y’abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye yo mu ntara ya Kisumu muri Kenya yabereye i Kigali kuri Mount Kigali Hotel i Nyamirambo kuva tariki 13/03/2012. Abo barezi bifuje kuza gukorera umwiherero wabo mu Rwanda kugirango bagire ibyo bigira ku Rwanda byerekeranye n’uburezi.
Guhera mu kwezi kwa kane uyu mwaka abanyeshuri b’abakobwa biga muri UNILAK i Nyanza bazatangira gucumbikirwa n’ishuri naho ku bahungu bizatangira muri Kamena. Ubu iryo shuri ryujuje amacumbi azabasha kwakira abanyeshuri bari hagati ya 300 na 400.
Ubuyobozi bw’ishuri St Trinite de Ruhango ryafashe abanyeshuri 2; Gatete Jean Baptiste na Abronde biga mu mwaka wa gatanu, bibye ibikoresho by’abandi banyeshuri bajya kubigurisha hanze y’ikigo bigaho.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB), tariki 02/03/2012, cyahaye abarimu 9 bo mu karere ka Nyabihu inka z’ishimwe nyuma yo kugaragaza ubwitange, umuhati n’umurava mu kazi kabo.
Igikomangoma cy’umwami w’u Buholandi, Petra Laurentien, yagiriye uruzinduko ku ishuri ribanza rya Mayange A riri mu karere ka Bugesera tariki 01/03/2012 aho yatangaje ko u Rwanda rumaze gutera imbere ku bijyanye n’uburere bw’abana bato.
Intumbero ya kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) ni ugutanga ubumenyi bufite ireme mu Rwanda no kongera umubare wabarangiza amashuri bafite ubumenyi buhagije mu byo bize; nk’uko byatangajwe n’uwashinze iri shuri, Prof. Rwigamba Balinda, mu muhango wo kumurika ibyo ryagezeho byindashyikirwa n’ibyo riteganya.
Iyo ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera butahagoboka, bamwe mu banyeshuri biga mu mwaka wa gatatu muri GS Catholique Nyamata mu karere ka Bugesera bari gusubizwa mu mwaka wa kabiri.
Minisitiri w’Uburezi atarangaza ko azaha igihembo umurenge uzaba uwa mbere mu kwigisha abatazi gusoma no kwandika mu Rwanda.
Bigenda bigaragara ko abana bava mu ishuri bakajya gukora imirimo inyuranye yo mu rugo bakomeza kwiyongera mu murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare. Ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko abo bana ari abaturutse hirya no hino mu turere dutandukanye tw’igihugu.
Akarere ka Nyabihu karihiye abanyeshuri 2769 batishoboye bo muri ako karere amafaranga 113 163 881 mu mwaka wa 2011; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu.
Umunyeshuli witwa Mungeli Zabuloni wigaga mu kigo cya Nyanza Technical School yirukanwe burundu azira gufata umuyobozi ushinzwe amasomo mu ijosi. Icyemezo cyafashwe n’inama ya komite y’ababyeyi barerera muri icyo kigo yabaye tariki 26/02/2012.