Muri Bugarama barishimira umwanya wa mbere mu gutsindisha neza

Ubwo hizihizwaga umunsi w’umwarimu tariki 05/10/2012, mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi bishimiye ko babaye aba mbere mu gutsindisha neza abanyeshuri mu bizamini bya Leta umwaka ushize.

Abarimu bafashe ingamba zo gukomeza kuba indashyikirwa mu myigishirize kandi bakanateza imbere imibereho yabo bihangira imirimo, ubuyobozi bw’umurenge nabo bubizeza kuzababa hafi mu kazi kabo ka buri munsi.

Habanabakize J.Damascene ni umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwitiriwe Mutagatifu Paulo Muko mu murenge wa Bugarama atangaza ko bishimiye itsinzi bagezeho kuba aribo baje kumwanya wa mbere mu gutsindisha neza mu karere ka Rusizi.

Abarimu babaye indashyikirwa barashimiwe.
Abarimu babaye indashyikirwa barashimiwe.

Nubwo ngo bigaragara ko umushahara wa mwarimu ukiri hasi ugereranyije n’uko ibiciro bihagaze ku isoko , abarimu bo mu murenge wa Bugarama ntibabura gushimira Leta kuba yarabashyiriyeho koperative Umwarimu SACCO ibafasha kubona inguzanyo bakazabasha kugira icyo bigezaho.

Uyu mwanya wa mbere umurenge wa Bugarama wabonye mu rwego rw’akarere ka Rusizi mu gutsindisha neza bazakomeza kuwubungabunga; nk’uko byatangajwe na Gatera Egide uyobora uwo murenge.

Yasabye abarimu kwitabira umurimo ndetse anizeza ko ubuyobozi bw’umurenge buzakomeza kubaba hafi mu gukurikirana imyigishirize.

Bamwe mu barimu bo mu murenge wa Bugarama.
Bamwe mu barimu bo mu murenge wa Bugarama.

Hanibukijwe kandi ko uburezi bw’umwana butareba mwarimu gusa ababyeyi basabwa gukurikirana imyigire y’abana babo bakamenya ko bajya ku ishuri kandi ko biga neza ndetse bakajya bafata n’umwanya wo kunyarukira ku mashuri bakaganira n’abarimu ku myigire y’abana babo.

Kimwe n’ahandi mu gihugu, uwo munsi wabaye umwanya wo kwisuzuma umwarimu akabasha kumenya ibyo yagezeho noneho mu mwaka ukurikiyeho bikamufasha kumenya icyo yongera ndetse ukaba n’umwanya mwiza wo gusabana.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka