Ikigega cy’Abanyamerika gitera inkunga abanyeshuri cy’Abanyafurika (African Student Education Fund) kuri uyu wa gatatu tariki 30/01/2013 cyahisemo abanyeshuri 30 bagiye gufasha guhera mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri 2013.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) cyatangiye igikorwa cyo gushishikariza Abanyarwanda gukora indi myuga itari ubuhinzi n’ubworozi busanzwe ahubwo bagaharanira gukora ibibinjiriza binyuze mu mpano bifitemo.
Abafite ubumuga 101 bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara bigishijwe gusoma, kubara no kwandika ubu bishimiye urwego bagezeho. Bavuga ko nabo bashoboye kandi bakeneye no kujijuka kugirango binabafashe kwigirira icyizere.
Mu rwego rwo gufasha ababyeyi bo mu mudugudu atuyemo wa Myiha mu kagali ka Myiha mu murenge wa Muhororero ho mu karere ka Ngororero, umwarimukazi witwa Uwitonze Marie Louise yiyemeje kujya yigisha abana mu ishuri ry’incuke ku buntu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, arasaba abarimu gukurikirana neza amasomo y’icyongereza bahabwa, kuko igihe kizagera bagahabwa ikizamini, abazatsindwa bagasimbuzwa abandi.
Kuri uyu wa kabili tariki 22/01/2013, mu karere ka Karongi biteguye kwakira Ministre w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, ugomba gutangiza Itorero ryo ku rugerero.
Mu gihe abashinzwe uburezi mu karere ka Nyagatare buvuga ko nta munyeshuli ugomba kwirukanirwa ko umubyeyi we atitabiriye inama, bamwe mu babyeyi, ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuli rwa Nyagatare ndetse n’ubw’umurenge iri shuli ribarizwamo bwemeza ko nta bundi buryo bwakoreshwa.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda yiswe Knowledge Transfer Partnership (KTP), igamije gufasha za Kaminuza, amashuri makuru n’ibindi bigo bikora ubushakashatsi, kugirana ubufatanye n’abanyenganda, mu rwego rwo guhesha abantu akazi, hamwe no kongera ubwiza n’ubwinshi bw’ibikorwa.
Abayobozi ba Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi basinye imihigo bagomba gukoreraho mu mwaka wa 2013, bikaba bimwe mu bizatuma iyi kaminuza ishoora kugera ku nshingano yihaye.
Abana b’abasigajwe inyuma n’amateka biga mu mashuri abanza, batuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, bahawe ibikoresho by’ishuri kugira ngo bibafashe kwiga kuko kubura ibikoresho aribyo byatumaga batagana ishuri.
Abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix Rutsiro barasaba ubuyobozi by’icyo kigo gusana zimwe mu nyubako zitameze neza kubera ko zishaje, n’izindi zasakambuwe n’umuyaga.
Inama y’uburezi yaguye y’akarere ka Nyamagabe yateranye mbere gato yitangira ry’amashuri mu mwaka wa 2013 yemeje amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi ntarengwa mu mashuri ya Leta n’andi afashwa na Leta. Abishyuzaga menshi basabwe kwihutira kubahiriza aya mabwiriza.
Nyuma y’uko bamwe mu barimu bakunze kugaragaza imbogamizi mu kwigisha Icyongereza, akarere ka Musanze kamaze kubonera umuti icyo kibazo, bitewe n’inyigisho zitandukanye zigenda zihabwa abarimu mu rurimi rw’icyongereza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, Ntirenganya Gervais, avuga ko ubuyobozi bw’uwo murenge bwafashe ingamba zo gukuraho impamvu zose zituma abana bata amashuri.
Akarere ka Gisagara ni aka mbere ku rwego rw’igihugu mu kubaka ibyumba by’amashuri n’amacumbi y’abarimu muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Abarimu 300 bigisha ku bigo by’amashuri bitandukanye byo mu karere ka Kamonyi, basoje amahugurwa kuri gahunda y’uburezi budaheza. Abo barimu bavuga ko inyigisho bahawe zabongereye ubumenyi ku kwita ku bana bafite ubumuga.
Isaro Foundation irimo gutegura amarushanwa yo gusoma no kwandika mu mashuri yisumbuye agamije gukangurira abanyeshuri gusoma no kwandika kuko ubwenge buba mubyo basomye kandi abahanga ba mbere ku isi bakaba babukomora mubyo baba basomye.
Ishuri rikuru ryigisha ubuforomo ry’i Gitwe (ISPG) rigiye kujya rifatanya na Kaminuza ya Stanford yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu rwego rw’uburezi. Ibi byemejwe n’amashuri yombi nyuma yuko Stanford University isuye ISPG tariki 31/12/2012.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Mathias Harebamungu, aributsa abayobozi b’ibigo n’abakozi bashinzwe uburezi mu mirenge guhagurukira ireme ry’uburezi mu bigo bashinzwe.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Harebamungu Mathias aributsa abayobozi b’uturere gukemura ikibazo cy’abana bataye ishuri kugira ngo bazasubizwe mu ishuri mu mwaka w’amashuri uzatangira tariki 07/01/2012.
Ikigo cy’Igihugu giushinzwe Uburezi (REB), gifite gahunda yo guhugura abarimu aho bari hose ku ikoranabuhanga, mu rwego rwo kubafasha kurikoresha mu kwigisha kwabo no guhererekanya amakuru no gufasha abanyeshuri kwiyigisha badategereje ko umwarimu ababwira buri cyose.
Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi, Isumbingabo Emma Françoise, yasabye abanyeshuli barangije Itorero mu karere ka Karongi gukomeza kurangwa n’ubutore ku rugerero kuko ari nayo ntego nyamukuru y’Itorero.
Abanyeshuri bishyurirwa n’umushinga Global Fund barasaba kujya babarurirwa hafi y’aho batuye aho kujya ku karere kuko bibavuna bitewe nuko hari abaturuka mu mirenge n’utugari bya kure.
Abantu 79 bigishijwe imyuga itandukanye nk’ubudozi n’amahoteri baratangaza ko ubumenyi babonye buzatuma barushaho kubaka no gukorera umuryango nyarwanda.
Nubwo ikibazo cy’abanyeshuri ba Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) kicaje inzego z’itandukanye, cyakomeje kuburirwa umuti bikaba bigaragara ko hagikenewe izindi mbaraga kugirango kirangizwe mu nzira nziza.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yishimiye ko abarangije mu ishuri rya Green Hills Academy bagaruka kwiyibutsa ubuzima bw’ishuri no kureba umusanzu batanga kuri barumuna babo bakirimo kwiga.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yatangije isomero rikubiyemo ibitabo, aho barebera amafiimi n’icyumba cy’ibiganiriro, bizajya bifasha Abanyarwanda n’abandi bayigana kwihugura no kwiyungura ubumenyi.
Mu gihe abakozi benshi bagerereye imishahara y’ukwezi gushize k’Ugushyingo bayikenuza, abarimu bakorera mu Karere ka Huye bo ntibarahembwa.
Minisiteri y’uburezi irahamagarira abanyeshuri barangije amashuri abanza, icyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye batsinze neza ibizamini bya Leta mu myaka ya 2007, 2008 na 2009 kuza gufata ibihembo byabo.
U Rwanda rwesheje umuhigo wo kwigisha no gukoresha ibizamini ababaruramari b’umwuga ku rwego mpuzamahanga bitwa Certified Public Accounting (CPA) na Certified Accounting Technician (CAT).