Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) iri mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugira ubumenyi buhagije mu bijyanye n’icyerekezo cy’ubukungu u Rwanda rufite kandi bakarushaho kuzamura imyumvire y’abaturage kugira ngo bakunde umurimo mu rwego rwo guharanira iterambere ryihuse.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) aravuga ko nta mpamvu yo guha abafite ubumuga amashuri yihariye. Akaba ariyo mpamvu buri mwarimu wese uri kurangiza amashuri aba yarigishijwe uburyo bwo gufasha ababarirwa muri iki kiciro.
Umukorerabushake w’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) yashinze isomero ry’ibitabo ndetse n’inzu ikinirwamo imikino itandukanye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye bo mu karere ka Rusizi banenzwe uko batita ku banyeshuri mu gihe amashuri aba afunze, aho batererana abana ntibabakurikirane mu gihe cyo gutaha basubira iwabo.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Nyagasambu bafatanyije n’abarezi babo baremera umukecuru wagizwe incike na Jenoside. Bamwubakiye igikoni, bakorera urutoki rwe, banamuhingira umurima bawuteramo ibishyimbo kandi ngo bazabibagara banabisarure.
Uburezi n’ubuhanga byunganiwe n’umuco w’ubupfura ni kimwe mu byashimangiwe na Lieutenant General Fred Ibingira mu kiganiro yatanze muri kaminuza y’Umutara Polytechnic mu ijoro ryo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Intara ya Rhénanie Platinat yo mu gihugu cy’u Budage yashyikirije amashuri 14 yo mu karere ka Ruhango ibikoresho byo muri Laboratwari bigenewe gukoreshwa mu masomo y’ubutabire (Chemistry), ubugenge (Physics), n’ibinyabuzima (biology).
Ikigo kigisha Ikoranabuhanga n’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology (TCT), giherereye mu karere ka Rulindo, cyatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 401 barangije umwaka w’amashuri wa 2011/2012, Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5/4/2013.
Kuva mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka w’amashuri, abanyeshuri bose biga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Rwamagana bazajya bahabwa ikizamini kimwe hagamijwe kureba ko amashuri yose akorera muri ako karere atanga inyigisho ziri ku gipimo cyemewe na Leta kandi ngo bizazamura ireme ry’uburezi.
Rifatanyije n’abafatanyabikorwa baryo cyane cyane umuryango w’ababyeyi warishinze mu mwaka w’1985, ishuri ryisumbuye rya APAKAPE ryatangije inyubako y’igorofa ikubiyemo isomero (library), icyumba cya mudasobwa (ICT Room) ndetse n’icyumba mberabyombi.
Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza watangije gahunda y’itorero ry’igihugu mu mashuli abanza n’ayisumbuye yo muri uwo murenge kugira ngo abana batangire kwigishwa kugira indangagaciro na kirazira bakiri bato.
Abanyeshuri bo ku ishuri ryisumbuye rya APAKAPE mu karere ka Rutsiro bavuga ko bashimishijwe n’uko tariki 16/03/2013 ikigo cyabo cyabahaye ifunguro ririho inyama mu gihe abahamaze imyaka itandatu bavuga ko nta kindi gihe bigeze bahabwa inyama.
Intumwa zaturutse mu gihugu cy’Ubudage mu ntara ya Rhenanie Paratinat ifitanye umubano ushingiye kuri jumelage n’u Rwanda batashye amashuri yubakiye akarere ka Gicumbi mu murenge wa Giti.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barifuza ko nyuma ya gahunda ya mudasobwa kuri buri munyeshuri, hakenewe na gahunda ya mudasobwa kuri buri mwarimu.
Ubuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya E.S. Kirambo, riri mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, buracyasaba ubufasha bwo kubaka “Dortoire” y’abanyeshuri yibasiwe n’inkongi y’umuriro iturutse ku mashanyarazi, mu mpera z’umwaka wa 2012.
Nyuma y’uko benshi mu bajyenda cyangwa bakiga mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) bagaye cyane inyubako z’iri shuri, ubuyobozi bwaryo bwamuritse igishushanyo mbonera cy’inyubako nshya igezweho bajyiye kubaka.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko gahunda yo gufasha abanyeshuri gutahuka bajya mu biruhuko izakomeza uko yari isanzwe iriho, aho bazataha bikurikije intara. Ariko Minisiteri igasaba ababyeyi gufasha abana babo kubahiriza igihe n’amabwiriza yashyizweho.
Umuryango Imbuto Foundation washyikirije ibihembo abana b’abakobwa batsinze neza ibizamini bisoza amashuri abanza, abasoje icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe rya siporo mu mashuri mu Rwanda buratangaza ko siporo mu mashuri igiye kuba itegeko kandi ko no kwitabira amarushanwa nabyo ari itegeko hagamijwe kutavutsa abanyeshuri urubuga bagaragarizaho impano zabo mu mikino.
Umuryango Imbuto Foundation wagendereye abanyeshuri b’abakobwa biga mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ubashishikariza kwiyitaho, kugira intego y’ubuzima ndetse no kurwanya bivuye inyuma ibyababuza kugera ku ntego yabo mu gitaramo bagiranye kuwa gatandatu tariki ya 02/03/2013.
Igabanuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu mashuri yo mu karere ka Ngoma, ryagizwemo uruhare n’insanganyamatsiko abanyeshuri biga mu mashuri bari bihaye ubwo hatangizwaga imikino mu mashuri mu 2012.
Abanyeshuri biga mu Kigo cy’Amashuri Abanza cya Mbuga i giherereye mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke bamaze imyaka ibiri badakoresha mudasobwa bahawe muri gahunda ya One Laptop per child kubera ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Ababyeyi bo mu karere ka Burera bafite abana biga mu mashuri abanza batangaza ko gahunda ya One Laptop per Child ari ingira kamaro, kuko ituma abana babo biyungura ubwenge haba mu ikoranabuhanga ndetse no mu bundi bumenyi bwo mu ishuri.
Abanyarwanda baba mu gihugu cya Australia bamaze kuzuriza ishuri ribanza rya Linangwe ibigega 4 bifata bikanabikwamo amazi azajya akoreshwa mu mirimo y’isuku n’iy’ubuhinzi kuri iryo shuri riherereye mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) iri kwiga uburyo uburezi n’ubuzima by’abana bagitangira amashuri bitabangamirwa n’imibereho mibi, akenshi ituruka ku bushobozi bucye bw’ababyeri, nk’uko byaganiriweho mu nama yahuje impuguke mu burezi, kuri uyu wa Kabiri tariki 26/03/2013.
Abayobozi icyenda b’amashuri abanza batsindishije munsi ya 50%, bagawe ku mugaragaro mu nama y’uburezi yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, nyuma yo gutangaza ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.
Prof. Rwigamba Balinda washinze kaminuza yigenga yak IGALI (ULK) avuga ko ubumenyi abanyeshuri bahabwa badakwiye kumva ko bazajya kubusabisha akazi, ahubwo bakwiye kubukoresha mu kubuhangisha umurimo.
Nyuma y’umwaka n’igice Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi (REB) kimaze gishinzwe, abayobozi bacyo barasanga igihe kigeze cyo kumanuka bakaganira n’abayobozi bashinzwe uburezi mu turere ndetse n’abarezi ubwabo.
Abakuriye abigisha abantu bakuze gusoma no kwandika mu murenge 14 igize akarere ka Rwamagana bahawe inyoroshya-ngendo z’amagare bazajya bifashisha mu gukurikirana ibikorwa byo kwigisha abakuze gusoma, kwandika no kubara.
Nyuma y’imyaka 10 ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) rishinzwe, abaharangije bahisemo gushinga ihuriro rizajya ribafasha gukomeza gusabana, guhana amakuru no gufasha ishuri bizemo mu gihe bibaye ngombwa.