Ubwo umugenzi yavaga muri tagisi ahitwa Bishenyi akabura amafaranga ye yahise ayikurikira maze ayafatana abagore batatu bari kumwe muri tagisi.
Ikamyo yo muri Tanzania ifite purake TZ 269BJ yakoze impanuka mu ishyamba rya Nyungwe maze Kigingi wayo witwa Ildi ahita yitaba Imana ahagana saa saba z’amanywa yo kuri uyu wa 05/12/2012.
Hafashwe icyemezo ko hajyaho abazamu barinda ikiyaga cya Ayideri kiri mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga nyuma y’uko hagaragaye ubujura bw’impombo zivanamo amazi ziyajyana mu gace k’Amayaga.
Inzeko za polisi mu Ntara y’Uburasirazuba zirakeka ko abarashe umusore witwa Nshimyumurwa Bonaventure bamukekagaho amafaranga kuko bamutwaye agakapu yari afite ku rutugu avuye gucuruza mu isoko rya Ntunga muri Rwamagana.
Habiyambere Samuel wo mu mudugudu wa Nyamatete, akagari ka Nyamugari, umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akurikiranyweho kwiba moto.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 16 witwa Ndatimana Jason wo mu mudugudu wa Mushungo, akagari ka Nyarusange, umurenge wa Kirimbi mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari agiye kuvoma ahita yitaba Imana tariki 03/12/ 2012.
Mu mpera z’icyumweru kirangiye, inzu ebyiri zafashwe n’inkongi y’umuriro watewe na sirikwi ijyanye no kwesitara amashanyarazi nabi maze zirashya zirakongoka; nk’uko Polisi ibitangaza.
Umwana w’amezi 10 witwa Ishimwe Kevin wo mu mudugudu wa Kavumu, akagali ka Gahondo, mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yitabye Imana aguye mu ndobo y’amazi.
Mutabaruka Gakumba Desire, Munyemana Jean Pierre, Twahirwa Prothegene, Habiyaremye Theodere na Niyosenga Octave barashinjwa kuba barateye urugo rwa Nsengiyumva Euraste tariki 29/11/2012 bagiye kumwiba bagatema abantu batatu bari batabaye.
Abagabo babiri batawe muri yombi n’abamotari tariki 01/12/2012, mu Murenge wa Rushashi, Akarere ka Gakenke bazize kutambara ingofero-ndindamutwe (casque) bituma bimenyekana ko moto yo mu bwoko AG 100 bari batwaye bayibye mu Karere ka Rulindo.
Umusore witwa Nsabimana bakunze kwitwa Kabuhinja na Ndeze bakunze kwita Buyi bose batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bararegwa gukubita umukobwa bakamusiga yenda gushiramo umwuka akajyanwa mu bitaro.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, hafungiye abantu batatu bazira kwinjiza mu gihugu udupfunyika tugera ku 12.152 tw’urumogi, aho bafungiye kuva kuwa Gatatu w’iki cyumweru.
Inama y’umutekano y’Intara y’Amajyepfo yabaye tariki 30/11/2012 yagaragaje ko muri rusange uturere twose tuyigize umutekano wifashe neza inasezeranya abaturage bayo ko ntakizegera kiwuhungabanya.
Mu ijoro rishyira tariki 29/11/2012, abantu bataramenyekana bibye muri kiriziya ya paruwasi Byimana iherereye mu murenge wa Byimana maze batwara bimwe mu mutungo w’iyo paruwasi.
Musabyemungu Emmanuel w’imyaka 27 wo mu murenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Poste ya Polisi ya Macuba akurikiranyweho icyaha cyo kwica murumuna we witwa Harindintwari Jean Paul w’imyaka 23, amuteye icyuma mu mutima.
Sibomana Eliazar, Umuyobozi w’Umudugudu wa Mwisha, mu Kagali ka Taba mu Murenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke yitabye Imana tariki 29/11/2012 nyuma yo guterwa icyuma n’umukozi wo mu kabari k’inzoga bapfuye amafaranga.
Umukecuru w’imyaka 69 witwa Nyirangerageze Purinalina utuye mu Mudugudu wa Masoro Akagali ka Nyakina mu Murenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke, mu gitondo cyo kuri uyu wa 29/11/2012, ngo yakubiswe n’abagabo babiri bamugira intere bitewe n’isenene.
Guhera kuri uyu wa 28/11/2012 abagabo batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira gushaka kujya muri iki gihugu ahitwa Kiboga hamwe n’imiryango yabo nta byangombwa bagira, bakaba bavuga ko bari bagiye gupagasa.
Umwana w’imyaka 2.5 witwa Iratumwa Emima wo mu Kagali ka Kiruku, Umurenge wa Coko mu Karere ka Gakenke yitabye Imana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 28/11/2012 atwawe n’umugezi wa Baramba wuzuye kubera mvura yari imaze kugwa ari nyinshi muri uwo murenge.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Nyamasheke zitangaza ko umutekano wifashe neza muri rusange ariko zigasaba inzego zose kurushaho gukaza ingamba zo kuwubungabunga.
Bamwe mu batuye akarere ka Burera batangaza ko gahunda y’Ijisho ry’Umuturanyi bayitabira kuburyo imaze no gutanga umusaruro ariko ngo ibangamirwa n’inzoga ya “African Gin” kuko amacupa yayo asigaye yifashishwa n’abanywa ndetse n’abacuruza kanyanga mu rwego rwo kujijisha.
Uzaribara Bosco w’imyaka 62, umwe mu bashigajwe inyuma n’amateka utuye mu kagari ka Karambi, umurenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango, yagiye gutema abavandimwe be ababuze atematema imbabura n’amategura bigera kuri 20.
Nyandwi Gerald w’imyaka 19 wo mu kagari ka Gitinda, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, afungiye kuri station ya Nyamagana kuva tariki 27/11/2012 azira kwiba ihene 2 mu rugo yakoragamo.
Abacuruzi babiri bakorera mu Mujyi wa Kigali batawe muri yombi na Polisi ishinzwe gukumira magendu (RPU) bakekwaho gucura ibirango mpimbano by’imisoro bishyirwa ku nzoga ziva hanze kugira ngo babashe kuzinjiza magendu mu gihugu; nk’uko Polisi ibitangaza.
Umugore witwa Akumuntu Josiane, utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera afunzwe aregwa kugambirira gushimuta abana b’abakobwa batanu abashutse ngo abajyane muri Uganda maze biramupfubana.
Gasigwa Augustin uri mu kigero cy’imyaka 20 utuye mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi mu gitondo cya tariki 26/11/2012 azira kwiba insinga z’amashanyarazi mu mudugudu wa Kavune muri ako kagari.
Etienne Karemera w’imyaka 38 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Murambi, akagali ka Masangano, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatoraguye gerenade yo mu bwoko bwa “STICK” mu murima w’umuturage ahita ayishyikiriza inzego zishinzwe umutekano.
Umwana w’imyaka 7 witwa Gisubizo Janvier, yagonzwe n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke saa tanu tariki 25/11/2012 yitaba Imana nijoro aguye mu Bitaro bya Kibogora.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 584 na 500 mu mafaranga y’u Rwanda, nibyo ubuyobozi bwameneye imbere y’imbaga mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera mu rwego gukomeza gukangurira Abanyaburera kwitandukanya nabyo.
Pascal Nkurunziza w’imyaka 27, afungiye kuri station ya Polisi ya kamembe akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu, ariko nyirubwite akabihakana n’ubwo abishinjwa n’abaturanyi be bamufashe.