Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe hafungiwe umusaza witwa Habiyaremye wo mu murenge wa Rwimbogo akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu.
Mu bantu 23 bafatiwe mu mukwabo wabaye mu mujyi wa Rusizi tariki 25/12/2012 harimo 19 badafite ibyangombwa. Harimo n’abagore 4 bafatanywe urumogi aho bari bararuhinze mu mirima yabo.
Umwana w’imyaka 20 utuye mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi azira gufata ku ngufu nyina umubyara tariki 21/12/2012. Uwo mwana witwa Habamenshi yemera icyaha yakoze akanagisabira imbazi avuga ko yabitewe no gusinda.
Abakatiwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) bakoreraga mu Karere ka Gakenke bagera kuri 93 batorotse ingando za TIG; nk’uko byemezwa n’umukozi ushinzwe TIG mu Karere ka Gakenke.
Ngendabanga Jerome uyobora umurenge wa Rubaya wo mu Karere ka Gicumbi arasaba abaturage ayobora ko bagomba kwirinda kunywa ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge muri iyi minsi mukuru ya Noheli n’Ubunani.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Rusizi bafungiye kuri station ya Polisi ya Muganza bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Samvura Yohani bamuziza kuba ngo ari umurozi.
Polisi y’igihugu irasaba abaturage ko bakwiye kwitwararika bakishimisha mu rugero ndetse bakanicungira umutekano muri iyi minsi mikuru kuko gusoza umwaka atari ubuzima buba burangiye.
Mukeshimana Frederic w’imyaka 35 yakomerekejwe n’ingona ubwo yari arimo kuroba rwihishwa ku kiyaga cya Kidogo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru gishize.
Ikigo cy’igihugu gitanga amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Ngoma ritangaza ko ryibasiwe n’ubujura bw’insinga bugenda bwiyongera uko amezi ashira.
Ubuyobozi bwa sosiete y’itumanaho MTN mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gufatira ingamba zikomeye abashinzwe gukwirakwiza amakarita na za mitiyu muri aka karere, bagaragaraho ingeso yo kwiba abakiriya.
Inama y’ umutekano yaguye y’akarere ka Ngoma yemeje ko amarondo ashyirwamo ingufu, mu rwego rwo guhashya ibikorwa by’ubujura n’urugomo bishobora kwiyongera byihishe inyuma yo kwizihiza iminsi mikuru ya noheli n’ubunani.
Umukecuru Mukandori Costasiya yatwawe n’umugezi wa Nyagahanga ubwo yari avuye ku isoko rya Mwezi, mu murenge wa Karengera ho mu Karere ka Nyamasheke ku mugoroba wa tariki 20/12/2012.
Mu ijoro ryakeye rishyira tariki 21/12/2012 hagati ya saa yine na saa tanu z’ijoro, abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bateye SACCO y’umurenge wa Musange maze bica umukozi wari ushinzwe isanduku (caissier) banatwara amafaranga yari ari muri iyi koperative.
Umugore witwa Umutesi Nadine w’imyaka 22 yaciwe ugutwi na bagenzi be azira kubatwara umugabo wabo tariki 21/12/212 mu mudugudu wa Muganza, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu 111 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge no gukora ibyaha bitandukanye mu mukwabo yakoze mu turere twa Kicukiro, Muhanga, Ruhano na Rusizi tariki 20/12/2012.
Inzoga y’inkorano yitwa ‘Kayuki’ ikorerwa mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze, ngo yaba igiye gukorerwa isuzumwa, kuko imerera nabi abayinyoye, bikabatera gukora urugomo rukabije.
Ingo 12 zo mu kagari ka Kabeza, umurenge wa Kabarore zimaze kwibwa insinga z’amashanyarazi nyuma yo kumara igihe batanze amafaranga ngo bahabwe amashanyarazi ariko na n’ubu ngo ntibarayabona.
Hakizamungu Jean w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Kirehe yiyemerera ko yakubise se umubyara ikibando mu mutwe tariki 15/12/2012 ahagana saa sita n’igice z’amanywa akajyanwa mu bitaro bya Kirehe nyuma akaza kwitaba Imana tariki 17/12/2012.
Abantu 7 bo mu kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, batawe muri yombi bazira gukora no gucuruza ibiyobyabwenge kugeza ubu bakaba bafungiye kuri polisi ya Byimana.
Bashinguriki Damascene w’imyaka 21 wo mu murenge wa Gihundwe na mugenzi we Mwitirehe Baritazari w’imyaka 32 nawe wo muri uwo murenge bafatanywe udupfunyika 14 tw’urumogi ahagana mu masaa tanu z’amanywa zo kuwa 16/12/2012.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 17/12/2012 hakozwe umukwabo mu duce tuvugwamo uburaya n’inzoga z’inkorano mu karere ka Nyanza hafatwa inzoga z’inkorano n’abantu b’inzererezi biganjemo abana bato bakora uburaya babarizwa mu gace k’ahitwa mu mugonzi.
Siborurema Jean Marie Vianney w’imyaka 30 na Nzabahimana Jean Baptiste w’imyaka 25, bafashwe bavuye kwiba umucuruzi bitwaje imbunda nto yo mu bwoko bwa Pistolet mu ma saa yine z’ijoro rishyira tariki 15/12/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko muri iyi minsi y’isozwa ry’umwaka, nta kibazo cy’umutekano mucye bafite, nk’uko mu minsi ishize byari byifashe.
Hirya no hino mu karere ka Ngororero abaturage barasabwa kutangara ku birebana n’umutekano, cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani.
Inama y’umutekano yaguye y’Umurenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Gatanu, tariki 14/12/2012, yemeje ko utubari tugomba gufungura guhera Saa Cyenda z’amanywa tugafunga saa Mbiri z’ijoro, andi masaha tukaba dufunze.
Ikamyo yavaga muri Tanzaniya yerekeza i Bukavu muri RDC yaguye mu ishyamba rya Nyungwe ahitwa Pindura ku mugoroba wa tariki 13/12/2012 ariko nta muntu wagize icyo aba.
Abagabo 5 n’abagore 2 bo mu murenge wa Nyakarenzo batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho kugira uruhare mu kwiba miliyoni muri depot y’inzoga bakoresheje imbunda mu ijoro ryo kuwa 13/12/2012, muri Centre ya Bambiro mu murenge wa Nyakarenzo.
Ubujura n’urugomo hifashishijwe intwaro ntoya bikomeje gufata indi ntera mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo. Ni muri urwo rwego mu ijoro rishyira tariki 14/12/2012 irondo ryataye muri yombi ibisambo n’inzererezi 63.
Tagisi ya Sosiyete itwara abagenzi ya International yagwiriwe n’igiti ku gicamunsi cyo kuwa 13/12/2012 ahitwa mu Kintama, Akagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ariko Imana ikinga akaboko abagenzi bavamo amahoro.
Abantu batatu harimo nyiri kuyikuramo, uwamurangiye uzayimukuriramo, n’umuganga ukekwaho kuyimukuramo, bose bafungiye kuri polisi ya station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 12/12/12, bakekwaho gukuramo inda y’amezi abiri.