Abayobozi b’imidugudu bafatanyije n’umurenge wa Kamembe bafashe imodoka yuzuye inzoga z’inkorano ku mugoroba wa tariki 12/12/2012 ariko ba nyirabyo banze kubivaho bakurikira imodoka yabizanye bavuga ko bagomba kubisubizwa bakabinywa.
Nyiramana Josephine utuye mu karere ka Rulindo, avuga ko ahohoterwa n’abantu bo mu muryango we bamwita umusazi. Tariki 12/12/2012 ngo babyutse bamukubita ,bavuga ngo agomba gupfa kuko ari umusazi.
Abaganga batatu bavurira mu bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB), muri serivisi ya pediatrie (ahavurirwa abana) babuze mudasobwa zigendanwa bari basize mu biro tariki 11/12/2012.
Lt. Gen. Fred Ibingira, umugaba w’Inkeragutabara ku rwego rw’igihugu, aributsa abanyeshuri ba ISAE Busogo, ko umutekano w’igihugu ucunzwe neza, ndetse ko n’umwanzi ntacyo ateze kubihinduraho.
Masudi Omari wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi ari mu maboko ya Polisi azira kwiba intebe, impapuro, moteri y’imodoka yari ibitse aho na mudasobwa mu rusengero rw’umupasitori witwa Bisimwa.
Ibyumba bitandatu by’ishuri ryisumbuye rya Gikaya mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza byashenywe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye tariki 11/12/2012. Iyo mvura yanasenyeye abaturage umunani, inangiza kiriziya iri muri ako gace.
Abaturage bo mu mirenge igize akarere ka Rubavu barashishikarizwa kwitwaza ibyangombwa, kubyerekana igihe babisabwe, guca inzira zizwi ku bajya mu gihugu cya Congo no kwirinda kugenda mu ijoro mu nzira zihana imbibe na Congo.
Umugore w’imyaka 30 witwa Leontine Mukamurera utuye mu Kagali ka Buyange mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke, yaremye isoko rya Gakenke tariki 11/12/2012 ashaka guhahira abana ariko ntibyamuhira kuko amafaranga yari guhahisha yariwe mu mukino uzwi nka kazungunarara.
Abaturege bo mu murenge wa Gikunmdamvura mu karere ka Rusizi barashishikarizwa kwicungira umutekano kandi bagaharanira kurwanya urugomo n’ubuharike bikihaboneka.
Inzego z’umutekano zakoze umukwabo mu mujyi w’akarere ka Rusizi zifata inzererezi 32 ku mugoroba wa tariki 10/12/2012. Inzererezi zo muri uyu mujyi zikunze kuvamo abajura bateza umutekano muke.
Abantu batatu bitabye Imana, abandi 24 barakomereka mu mpanuka y’imodoka ya STRABAG yabereye mu Murenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo tariki 10/12/2012.
Abaturage biganjemo abanyeshuri batuye mu murenge wa Bweramana, muri santire ya Gitwe mu karere ka Ruhango, bahangayikishijwe cyane n’igisambo cyizwi ku izina rya Mushinwa gikunze kwambura abantu telefoni mu ijoro.
Nyiransabimana Mariane utuye mu mudugudu wa Muko, akagari ka Ntendezi, umurenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, tariki 09/12/2012, yatemye umugabo we hejuru y’ijisho ariko Imana ikinga ukuboko.
Mbaraga Gerald w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza wari ku rutonde rwa bamwe mu bakekwaho gucuruza urumogi yaguwe gitumo ararufatanwa ku mugoroba wa tariki 09/12/2012.
Mu rukerera rwo ku cyumweru tariki 09/12/2012, ubuyobozi bw’umurenge wa Runda bufatanyije n’inzego z’umutekano, bafashe abantu 37 badafite ibyangombwa n’udupfunyika 1126 tw’urumogi. Abo bafashe bahise babohereza mu kigo ngororamuco cya Kayenzi.
Ku bufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano, mu midugudu ibiri Karama na Sahara yo mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, mu rukerera rwa tariki 08/12/2012, hafatiwe litiro 3200 z’ibikwangali.
Nyandwi w’imyaka 21, Dusabeyezu w’imyaka 17 na Yohani bemera ko ari bo bayogoje umukecuru wo mu kagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe bamwibira inguruba n’ihene. Nyuma y’igihe kinini bashakishwa ubu bari mu maboko ya Polisi.
Abana batatu bo mu rugo rwa Uzayisenga na Munyashongore batuye mu kagari ka Gihundwe, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bamaze iminsi ibiri bakingiranye mu nzu biturutse ku makimbirane ababyeyi babo bafitanye.
Niyomugabo Joseph utuye mu mudugudu wa Kagarama mu kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yafatanwe ibiro 200 bya forode y’amamesa ku mugoroba tariki 06/12/2012 abonye ko bikomeye ariruka.
Abantu 9 barimo abagore 8 n’umusore umwe bari mu maboko ya Polisi i Kamembe bazira gutwara ibicuruzwa bya forode babinyujije mu kiyaga cya Kivu mu ijoro rya tariki 05/12/2012.
Mutemberezi Jean de Dieu wari utuye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yaraye yishe umukobwa wari inshoreke ye amuhoye ko abandi bagabo bari baje kumukomangira ngo bararane batazi ko aryamanye na Mutemberezi.
Hategekimana Vicent uzwi ku izina rya Gitoya ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yitabye Imana azize umuhini yakubiswe n’uwitwa Dusabeyezu Emmanuel ubwo bari mu kabari mu murenge wa Kamembe mu ijoro rishyira tariki 06/12/2012.
Abantu bake bakomeretse byoroheje ubwo taxi itwara abagenzi yakoraga impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 06/12/2012, mu mudugudu wa Gasaka, akagari ka Nzega ko mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Nyuma y’igihe gito mu karere ka Nyagatare havugwa icuruzwa ry’ibiti bamwe bita Kabaruka abandi bakabyita Umushikiri, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko iki kibazo cyagabanutse kubera ubufatanye bw’inzego z’ubuyobozi n’imbaraga z’abaturage nyuma yo kubona hasahurwa umutungo w’igihugu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi bwemeje ko bugiye guha abantu baje gucumbika muri uwo murenge ikibaranga kuko kuba batazwi byatuma rimwe na rimwe bateza ibibazo by’umutekano muke cyangwa bakarenganywa n’abo baje gukorera.
Umugabo witwa Mbarute Pierre utuye mu mudugudu wa Gitaba, akagali ka Kayenzi, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo yaraye akubita umugore we mu ijoro rishyira tariki 05/12/2012 ngo kuko umugore yari yanze kwishyura inzoga uyu mugabo we yari yanyweye mu kabari.
Ubwo umugenzi yavaga muri tagisi ahitwa Bishenyi akabura amafaranga ye yahise ayikurikira maze ayafatana abagore batatu bari kumwe muri tagisi.
Ikamyo yo muri Tanzania ifite purake TZ 269BJ yakoze impanuka mu ishyamba rya Nyungwe maze Kigingi wayo witwa Ildi ahita yitaba Imana ahagana saa saba z’amanywa yo kuri uyu wa 05/12/2012.
Hafashwe icyemezo ko hajyaho abazamu barinda ikiyaga cya Ayideri kiri mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga nyuma y’uko hagaragaye ubujura bw’impombo zivanamo amazi ziyajyana mu gace k’Amayaga.
Inzeko za polisi mu Ntara y’Uburasirazuba zirakeka ko abarashe umusore witwa Nshimyumurwa Bonaventure bamukekagaho amafaranga kuko bamutwaye agakapu yari afite ku rutugu avuye gucuruza mu isoko rya Ntunga muri Rwamagana.