Akarere ka Gakenke gafite ideni ry’amafaranga miliyoni 31 n’ibihumbi 300 ajyanye n’ibikorwa byo kubaka ibymba by’amashuri nyamara bimwe mu bikorwa yari ateganyirijwe gukora ntibyarangiye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) cyatanze impamyabushobozi ku banyeshuri cyakoresheje ibizami mu myuga n’ubumenyingiro kuva cyakwegurirwa ubwo ubushobozi mu mwaka wa 2011.
Abatuye umurenge wa Murama ho mu karere ka Ngoma,barasaba ko ishuri ryahoze ricumbikira abanyeshuri rya ES.Rukira,ryahindurwa ishuri ry’imyuga kuko inyubako ziri shuri ziri kononekara kubera amashuri atagikoreshwa yose kandi yaratwaye ingufu ababyeyi na leta yubakwa.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugène Kayiranga Muzuka, aratangaza ko aka karere kafashe ingamba z’uko abarimu bazajya bakarabya abana baje ku ishuri basa nabi, nyuma y’aho inama y’umushyikirano iherutse yemereje ko isuku ikwiye kwitabwaho.
Ikigo cy’urubyiruko cy’i Kayonza “Kayonza Youth Friendly Center” kiri kwigisha imyuga urubyiruko 480 muri gahunda cyihaye yo gufasha urubyiruko kwivana mu bushomeri.
Inama yahuje abayobozi bashinzwe uburezi n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ku wa 24/12/2014, yibanze ku isuku nkeya igaragara mu bigo by’amashuri harimo ibiheri byateye abanyeshuri aho barara.
Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Turere ibibondo riri mu mujyi wa Ruhango ryashinze ihuriro ry’abanyeshuri bagiye bahiga ariko ubu biga ku bindi bigo rigamije gukomeza guhuriza hamwe uru rubyiruko, ari nako bagaruka kwita kuri barumuna babo hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.
Mu gihe cy’ibyumweru bitatu urubyiruko ruri mu biruhuko rumaze rwitabira urugeroro, ruravuga ko rumaze gutozwa ibintu byinshi rubano ko bizarugirira akamaro imbere hazaza, rugashimira cyane uwazanye gahunda yo guhuriza hamwe urubyiruko mu gihe cy’ibiruhuku.
Bimaze kugaragara ko abenshi mu bana b’abakobwa iyo batwaye inda zitateguwe, amahirwe yabo yo gukomeza amashuli aba asa n’arangiriye aho akaba ariyo mpamvu hatangiye ubukangurambaga kuri icyo kibazo.
Urubyiruko nk’imbaraga z’igihugu n’abayobozi b’ejo rufite uruhare mu kwimakaza no guteza imbere amahame y’imiyoborere myiza, bityo bakore ubushakashatsi bugamije kongera umusaruro n’imibereho myiza y’umunyarwanda.
Minisitiri w’uburezi mu Rwanda, Prof Silas Lwakabamba ari kumwe n’umunyamabanga wa Leta uhoraho muri iyi minisiteri bahagarukijwe no kuganira n’inzego zishinzwe uburezi mu Ntara y’Amajyepfo mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ryabwo.
Abanyeshuri barangije amasomo mu ishuri rikuru ryigisha ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije rya KItabi (KCCEM), baremeza ko ubumenyi bahakuye butazabafasha gukora neza imirimo gusa ahubwo ko bahakuye n’imishinga yo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima izatanga n’akazi.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC-EAST buratangaza ko gahunda yo gukundisha abana umwuga yageze ku ntego zayo.
Bamwe mu babyeyi batuye mu karere ka Gakenke bemeza ko hari bagenzi babo bakora imirimo y’ubuhinzi bityo bakumva ko n’abana babo bakuze aribyo bakora ntacyo byaba bitwaye bigatuma batabajyana ku ishuri.
Abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye babona nta mpungenge bafite yo guhura n’ikibazo cy’ubushomeri kuko ngo bizeye ubumenyi bakuye mu masomo cyane cyane ajyanye no kwihangira imirimo.
Ntahonkiriye Epimaque wo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero avuga ko yafashe icyemezo cyo gusubira mu ishuri nyuma yo gusanga kutiga byaradindije iterambere ry’urugo rwe, kandi akaba afite ubutaka butoya bwo guhinga.
Abana biga mu mashuri yisumbuye barihirwa n’Imbuto Foundation basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC-South) tariki ya 07/12/2014, mu rwego rwo kubereka agaciro n’impamvu Leta y’u Rwanda ishyira ingufu mu kwigisha amasomo y’ubumenyingiro.
Gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12-YBE) ngo uretse kurinda abana isari, gusangirira hamwe bigira uruhare kandi mu kubatoza gukundana no kubana neza bigereranwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bantu bakuru.
Abayobozi b’inzego zitandukanye ku rwego rw’igihugu n’intara y’Iburengerazuba bahagurukijwe no kureba ibibazo bituma abana bata amashuri abandi bagasibizwa mu buryo butumvikana.
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rusizi baravuga ko bishimira intambwe imaze guterwa muri gahunda y’uburezi budaheza kuko yatumye n’abana bafite ubumuga butandukanye bagerwaho n’uburezi.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bafashwa n’umuryango Imbuto Foundation bishimira kuba barabonye uyu muterankunga watumye babasha gukomeza amashuri ndetse no kuba bahurizwa mu ngando bagira mu biruhuko.
Umuryango w’abanyarwandakazi b’impuguke mu by’ubumenyi n’ikoranabuhanga witwa Her2voice uri gukangurira abakobwa bakiri mu mashuri gutinyuka kwiga amasomo ya siyansi, ikoranabuhanga, imyuga, ubumenyingiro n’imibare; ubusanzwe yafatwaga nk’ayigwa n’abantu b’igitsina gabo.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye barihirwa amafaranga y’ishuri n’Imbuto Foundation bateraniye mu ihuriro bagenewe n’umuterankunga wabo Imbuto Foundation muri ibi biruhuko, mu ihuriro riri kubera muri rwunge rw’amashuri yubumbuye rwa Butare GSOB.
Abaturage batuye akarere ka Rusizi n’ubuyobozi bw’Akarere basanga ko kuba Hagiye gutangizwa Ishami ry’icyiciro cya gatatu rya Kaminuza y’u Rwanda Mu ntangiro za 2015 ari amahirwe kuribo yaba mu iterambere ry’aka Karere kimwe no guhendukirwa ku bifuzaga gukomeza amasomo yabo dore ko bakoraga ingendo bagana hirya no hino (…)
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Gakenke barangije amashuri yisumbuye batangiye ibikorwa by’itorero, baratangaza ko gahunda y’itorero uretse kuba ngombwa kuri buri Munyarwanda inatuma basobanukirwa byinshi batari bazi ku Bunyarwanda n’indangagaciro zabwo.
Mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2015 Kaminuza ya Mount Kenya University izafungura ishami rizigisha ibijyanye n’ishoramari hamwe n’uburezi mu karere ka Ngororero.
Urubyiruko rumaze umwaka rwiga ubugeni n’ubukorikori mu ishuri rya Coin d’Art mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, ruravuga ko ubumenyi ruhakuye rugiye kubukoresha rwiteza imbere ndetse rukanafasha bagenzi barwo.
Minisitere y’uburezi, Minisitere y’urubyiruko n’ikoranabuhanga hamwe n’impugucye mu kigo cya Intel barimo gukora igenamigambi ry’uburezi mu Rwanda ritegenya ko mu myaka ibiri abanyeshuri bose mu Rwanda bagomba ku bakoresha mudasobwa.
Nyuma y’uko mu mwaka w’amashuri ushize, mu ntara y’Iburasirazuba abarimu bakopeje abanyeshuri, bigatuma ibizamini by’abana basaga 1800 biba imfabusa, muri uyu mwaka wa 2014 irashimirwa ko nta bikorwa nk’ibyo byongeye kugaragara.
Umuryango utari uwa Leta ufasha abafite ubumuga wa Handicap International wishimiye aho usize ugejeje gahunda y’uburezi budaheza mu gihe umaze ukorera mu Karere ka Rutsiro.