Nyuma y’imyaka ibiri urwunge rw’amashuri rwa Murira ruhagaritswe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kubaka ibyumba by’amashuri rwari rwatangiye runabigeze kure bigatera ubwumvikane buke, byatumye Guverineri w’intara y’uburengerazuba uri mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Rusizi n’inzego zinyuranye basura iki kigo, kuri uyu wa (…)
Hagamijwe gukumira inda zitateguwe mu bana b’abakobwa, mu kagari ka Karenge mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo habereye ubukangurambaga hagamijwe gusobanurira abana b’abakobwa ingaruka bashobora guhura nazo mu gihe batitwaye neza mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Abanyeshuri 27 barangije mu ishuri ry’imiyoborere no guhindura abantu abigishwa ba Kirisitu, School of Leadership and Discipleship (SLD), tariki 17/8/2014, bahawe impamyabushobozi z’amasomo bari bamazemo igihe cy’amezi cyenda.
Mu gihe hasigaye igihe kitari kinini ngo abanyeshuri barangiza amashuri abanza n’ayisumbuye bakore ibizamini bya Leta, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Huye barasabwa kongera imbaraga mu migendekere myiza y’imyigire y’abana kugira ngo bazabashe gutsinda neza muri uyu mwaka.
Gahunda yo gutoza abana umuco wo gukaraba intoki inshuro eshanu ku munsi (The School of Five), nyuma y’amezi atatu itangijwe imaze kugabanya umubare w’abana barwaraga bigatuma basiba ishuri.
Guhera ku itariki ya 13/08/2014 kugeza tariki ya 20/08/2014, itorero Mashirika rizwi ho gutambutsa ubutumwa butandukanye binyuze mu ma kinamico no muri cinema, riri mu gikorwa cyo gukangurira abatuye mu karere ka Rusizi cyane cyane urubyiruko kugana amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.
Bamwe mubasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu mudugudu wa Gakurazo mu akagari ka Musenyi umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera bakura abana babo mu ishuri bavuga ko babangamiwe n’ubukene kuko ngo batabona amafaranga ishuri ribaka.
Ministeri y’uburezi(MINEDUC) ifatanije n’umushinga w’Ababiligi wubaka ubushobozi bw’abashinzwe uburezi(vvob), batangije gahunda yo gushaka abayobozi bashoboye iby’imicungire n’imitegekere y’amashuri abanza, mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’ishuli rya Green Hills Academy, rimwe mu mashuli akomeye mu Rwanda, ryakoze ibirori by ’ubusabane na bamwe mu banyeshuli baryizemo mu myaka yashize bagize icyo bita “Alumni”, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 14/8/2014.
Minisitiri w’uburezi, Prof. Silas Lwakabamba, arasaba abikorera gufatanya na Leta kwita ku mashuri y’imyuga n’ubumenyengiro kugirango leta ibashe kugera ku ntego yihaye yo guhanga imirimo igera ku bihumbi 200 buri mwaka mu gihe cy’imyaka itanu.
Mu itangira ry’igihembwe cya gatatu cy’amashuri abanza n’ayisumbuye, abanyeshuri 82% gusa nibo bageze ku bigo bigaho ku gihe, Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ikaba isaba ababyeyi, abarezi n’inzego zitandukanye zibishinzwe, guharanira ko abanyeshuri bose bagera ku mashuri hakiri kare mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwashyikirijwe, kuwa 12/8/2014, amarerero umunani yubatswe n’umuryango Plan International Rwanda, inyubako n’ibikoresho bikaba byaratwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 245.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (ICPAR), cyatangaje ko abatsinze ibizamini byo gukora uwo mwuga ari 85 muri 205 bari babikoze bahwanye na 40%; ari indi ntambwe yo gukomeza kuziba icyuho cyo kubura ababaruramari b’umwuga mu Rwanda.
Abanyeshuri bitegura kurangiza amashuri yisumbuye basoje icyiciro cya mbere cyo gutozwa cyakozwe muri ibi biruhuko, baratangaza ko kuba barasogongeye ku nyigisho bagenewe n’itorero ry’igihugu bizabafasha kwitwara neza mu bizamini bya Leta, ndetse no kuzakomeza gukurikira inyigisho zinyuranye binyuze mu itorero ry’igihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita atangaza ko abanyeshuri adakwiye guterwa impungenge no kugana itorero mu gihe barangije amasomo abanza, kuko umunyarwanda wese yagakwiye gutozwa indangagaciro.
Kuva kuri uyu wa 7 Kanama 2014 mu Karere ka Karongi bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri y’abazahugura intore zo ku rugerero z’uyu mwaka wa 2014-2015. Aya mahugurwa agamije kubaha ishusho y’umutoza w’intore uko yaba imeze kose, uko yubatse n’uko igenwa n’itorero ry’igihugu noneho ngo na bo bakabatuma kuzatoza abandi.
Abanyeshuri 260 barangije mu mashami atandukanye bigaga mu ishuri rikuru rya ISPG (Institut Superieur Pédagogique de Gitwe) mu karere ka Ruhango, bashyikirijwe impamyabumenyi kuri uyu wa kane tariki ya 07/08/2014, maze basabwa kwitwara neza mu buzima bundi bagiyemo, bibuka ko Abanyarwanda babategereje kugirango bababere (…)
Nyuma y’uko urubyiruko 696 rurangije amasomo mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, ababyeyi bo mu karere ka Bugesera bafite abana bari baroherejwe muri icyo kigo barishimira inyigisho zihabwa abana babo kandi baravuga ko zizabafasha kugaruka ku murongo.
Ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Bushenge kiri mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, gikomeje guhangayikishwa no kutagira amazi meza mu gihe bamaze gutangira gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza kuzamura, abarezi bakavuga ko haramutse nta gikozwe mu maguru mashya bashobora kugira ibibazo bituruka ku (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ay’isumbuye yo mu karere ka Rutsiro bafatanyije n’abashinzwe uburezi mu karere n’imirenge bari mu gikorwa cyo gukusanya imibare nyayo igaragaza abana bataye ishuri muri uyu mwaka wa 2014 kugira ngo ayo makuru yifashishwe mu gufata ingamba zo guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri (…)
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi b’ibigo by’amashuri batanga imibare y’abanyeshuri iri hejuru y’abo bafite ku bigo bagamije guhabwa amafaranga menshi bagenerwa na Leta kuri buri mwana, buri muyobozi arasabwa kwishyura ikinyuranyo cy’amafaranga yakiriye ahwanye n’umubare w’abanyeshuri yongereye ku rutonde kandi atabafite.
Ubuyozi bw’akarere ka Gicumbi ngo ntibuzihanganira umuyobozi wese w’ikigo cy’amashuri abanza wagaragayeho gucunga nabi imikoreshereze ya mudasobwa (One Laptop per Child) nyuma y’aho bigaragariye ko hari zimwe muri laptop zahawe abana ngo bazikoreshe mu myigire yabo nyuma zikaza kuburirwa irengero.
Amakosa y’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu gukora raporo zirebana n’imibare ngo atuma mu karere ka Ngororero abanyeshuri benshi baburirwa irengero mu mibare nyamara batarataye amashuri nkuko byitwa iyo hari abanyeshuri batagaragara mu mibare.
Mu bihe byo hambere byari bimenyerewe ko bamwe mu bafite ubumuga batirirwa bagana ishuri, abagize amahirwe bakajya kwiga mu bigo byabugenewe, ariko muri iki gihe hariho gahunda yo kwigishiriza hamwe abanyeshuri bafite ubumuga n’abatabufite, ku buryo iyo gahunda nko mu karere ka Rutsiro imaze kugera ku ntera ishimishije.
Abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 bo mu karere ka Gisagara, baratangaza ko gahunda yo kubagaburira ku ishuri n’ubwo ari nziza ikigaragaramo ibibazo, aho bitoroshye kuri bose kubona amafaranga batumwa kugirango babashe kurya bitewe n’uko n’ubusanzwe aya mashuri yigamo abana benshi baturuka mu (…)
Nyuma y’aho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ifatiye icyemezo cyo kwishyuza visa Abanyarwanda bose bambuka bajya muri icyo gihugu banyuze ku mupaka wa Rusizi ya mbere, abanyeshuri n’ababyeyi bafite abana biga i Bukavu muri icyo gihugu bakomeje kugaragaza impungenge z’icyo cyemezo.
Nyuma y’uko minisiteri y’uburezi ishyizeho amabwiriza yo guhagarika kwaka ababyeyi amafaranga y’agahimbazamusyi k’abarimu, bamwe mu bayobozi b’amashuli basanga kubyumvisha abarimu bizagorana kubera ko n’ubundi basanzwe bavuga ko bahembwa amafaranga make. Gusa ngo kubera ko ababyeyi nabo bagaragaza ikibazo cy’amikoro macye, (…)
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryatangije itorero ku banyeshuri baryigamo maze basabwa kurangwa no gukunda umurimo unoze birinda kuzavamo abanyamwuga basondeka.
Ubwo kuri uyu wa 24 Nyakanga 2014 abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bo mu karere ka Gakenke batahaga iwabo mu biruhuko by’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri basabwe kutagenda ngo birare nkaho kwiga birangiye ahubwo ko bakomeza kuzajya basubira mu masomo yabo banafasha ababyeyi.
Mu gihe abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bagiye kujya mu biruhuko bisoza igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2014, mu karere ka Nyamagabe abanyeshuri bataha kure bazahabwa umwihariko wo gutaha mbere y’abandi.