Rwamagana: INILAK yatanze impamyabumenyi ku mfura zayo 100

Ishuri rikuru ry’Abalayiki b’Abadiventisiti rya Kigali (INILAK) ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 100 basoje icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelor’s degree) mu mwaka wa 2013-2014 mu ishami ryaryo riri i Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, kuwa Kane tariki ya 15/01/2015.

Ni ubwa mbere abanyeshuri biga mu ishami rya INILAK rikorera mu Karere ka Rwamagana rigize abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza, aho abahawe impamyabumenyi ari 100 barimo ab’igitsina gore 68 ndetse n’abagabo 32.

Byari ibyishimo ku banyeshuri barangije bwa mbere muri INILAK/Rwamagana.
Byari ibyishimo ku banyeshuri barangije bwa mbere muri INILAK/Rwamagana.

Mutagoma Benoit, umunyeshuri wiyandikishije bwa mbere muri iri shami ubwo ryatangiraga mu mwaka wa 2011 i Rwamagana, yavuze ko muri icyo gihe hari ikibazo gikomeye mu Turere twa Rwamagana na Kayonza cyo kutabona amashuri ya kaminuza bugufi bwabo, ariko ngo kuva iri shuri ritangiye baryakiranye ubwuzu kandi ubumenyi bahakuye ntibazabupfusha ubusa.

Umutesi Carine na we uhasoje amasomo yemeza ko ubumenyi yahakuye ndetse n’impanuro yahawe bigiye kumufasha kwihangira umurimo aho guhanga amaso akazi atazi aho kazaturuka.

Mutagoma wiyandikishije bwa mbere muri INILAK/Rwamagana avuga ko byari ikibazo kubona aho wiga Kaminuza mu Turere twa Rwamagana na Kayonza.
Mutagoma wiyandikishije bwa mbere muri INILAK/Rwamagana avuga ko byari ikibazo kubona aho wiga Kaminuza mu Turere twa Rwamagana na Kayonza.

Umuyobozi Mukuru wa INILAK, Dr Ngamije Jean, yasabye aba banyeshuri kuzaba intangarugero mu kazi bazakora hirya no hino, kandi abasaba gukoresha ubumenyi bakuye muri iri shuri kugira ngo bafate iya mbere mu kwihangira imirimo.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, wifatanyije na INILAK, yongeye kwibutsa abanyeshuri basoje amasomo ko ibyo bize bakwiriye kubisanisha n’ubuzima busanzwe kugira ngo bibashe gukemura ibibazo bihari.

Guverineri Uwamaliya yasabye abarangije gukoresha ubumenyi bahawe mu gukemura ibibazo bihari.
Guverineri Uwamaliya yasabye abarangije gukoresha ubumenyi bahawe mu gukemura ibibazo bihari.

Abanyeshuri barangije muri iri shami rya INILAK rya Rwamagana bigaga ibijyanye n’ibaruramari ndetse n’icungamutungo.

Ishuri Rikuru rya INILAK ryatangiye mu mwaka wa 1997 rikorera i Kigali gusa. Mu mwaka wa 2010, ryafunguye Ishami i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo naho mu mwaka wa 2011 ritangiza irindi shami i Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ubuyobozi bwa Kaminuza n'ubw'Intara y'Iburasirazuba bishimiye uruhare INILAK igira mu guteza imbere Uburezi.
Ubuyobozi bwa Kaminuza n’ubw’Intara y’Iburasirazuba bishimiye uruhare INILAK igira mu guteza imbere Uburezi.
INILAK ngo yateje imbere uburezi mu Rwanda.
INILAK ngo yateje imbere uburezi mu Rwanda.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

congratulations ku barangije amasomo yabo

danny yanditse ku itariki ya: 15-01-2015  →  Musubize

tubizeyeho umusanzu ufatika mu iterambere dukeneye, baze kandi bazanye ingamba zo guhanga imirimo aho kyitegereza kuri Leta

rwesa yanditse ku itariki ya: 15-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka