Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba ko inzego zose zishinzwe uburezi mu Ntara y’Iburasirazuba zongera ubukangurambaga mu babyeyi mu rwego rwo kugira ngo ibibazo bigaragara hari abana bamwe barya ku ishuri naho abataratanze umusanzu ntibarye bikemuke.
Ishuli ryisumbuye rya Islam riri i Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ryungutse umubano n’igihugu cy’Ubudage rinaterwa inkunga yo kuzubakirwa laboratwari izatwara amafaranga asaga miliyoni icumi mu rwego rwo gufasha imyigishirize myiza y’amasomo ya siyansi ahatangirwa.
Ikigo cy’ikoranabuhanga Victory Technologies cyahaye impamyabushobozi abakozi 33 cyahuguraga mu gihe cy’amezi atatu muri porogaramu z’ikoranabuhanga, zidasanzwe zigirwa mu Rwanda. Aba bakozi bakemeza ko bibafunguriye imiryango yo guhangana n’abanyamahanga bihariye isoko mu Rwanda.
Mu karere ka Ngororero haracyari ababyeyi badafasha abana babo gukurikirana amasomo yabo mu mashuri y’isnhuke abandi bakayabakuramo imburagihe, mu gihe Minisiteri y’uburezi ivuga ko abana bose bagomba kwiga amashuri y’incuke mbere yo gutangira abanza.
Nicodeme Hakizimana wo mu Murenge wa Gashaki, akarere ka Musanze wavukanye ubumuga bw’uruhu bakunda kwita ‘nyamweru” avuga ko byamugoye kwiga kuva yatangira amashuri abanza kugeza arangije kaminuza ahanini bitewe n’ubumuga yavukanye.
Ku nshuro ya kane, mu Rwanda hatangiye ibizamini ngiro, ku banyeshuri basoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, aho umuhango wo gutangiza ibi bizamini wabereye mu ishuri ryitiriwe mutagatifu Kizito riherereye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara tariki 11/09/2014.
Kuva aho gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 itangiriye, ababyeyi bagasabwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo, abana basaga 116 mu murenge wa Muganza bamaze kuva mu ishuri kubera gudatanga amafaranga yo kurya.
Ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe guca ubujiji uba buri tariki 08 nzeri, Minisiteri y’Uburezi yasabye ko Abanyarwanda nibura kujya bafata iminota icumi ku munsi yo gusoma ibitabo mu rwego rwo guca ubujiji.
Ushinzwe uburezi mu karere ka Rutsiro aratangaza ko inda zidateganyijwe mu mashuri zagabanutse mu gihe hari igihe zari zarabaye nk’icyorezo aho wasangaga yakira raporo y’ibigo byinshi bivuga ko bifite abana b’abakobwa batwite.
Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda, Carolyn Turk, hamwe n’uhagarariye itsinda SDP, Skills Development Project rishinzwe guteza imbere ubumenyingiro mu mashuri y’imyuga mu Rwanda, bwana Hiroshi Saeki baragaragaza icyizere ko imirimo yo kubaka amashuri y’imyuga mu ntara z’Iburasirazuba no mu majyaruguru izarangira nk’uko (…)
Abanyeshuri b’abakobwa bo mu rwunge rw’amashuri rwa Gasagara mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara bibumbiye mu matsinda yo kwizigama, barahamya ko bituma badata amashuri ku mpamvu zo kubura ubushobozi.
Muri gahunda y’uburezi budaheza, abafite ubumuga biga mu mashuri abanza ndetse n’ayisumbuye bo mu karere ka Rutsiro boroherejwe kwiga bitabagoye n’umushinga utegamiye kuri Leta Handicap International.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bikorera mu karere ka Rusizi badatangira ku gihe imibare y’abana bafite mu mashuri yabo cyangwa bagatanga imibare igoretse ku nyungu zabo bwite, ntibazongera kwihanganirwa,ahubwo bazajya bafatirwa ibihano bikaze birimo no kuba bavanwa kuri iyo myanya.
Mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana hatashwe ishuri ry’inshuke ryo mu rwego rwo hejuru ryubatswe n’umuryango “Gira Impuhwe” ku nkunga y’ambasade y’Ubuyapani mu Rwanda.
Nubwo bamwe mu banyeshuri bashima gahunda ya Leta yo kugaburira abana ku mashuri, hari abatarabashije kwishyura imisanzu ibahesha uburenganzira bwo kugaburirwa ku ishuri kimwe n’abandi, ku buryo ngo iyo bagenzi ba bo bagiye kurya bo basigara mu mashuri bigatuma biga amasomo ya nyuma ya saa sita bibagoye kuko abatariye baba (…)
Umushumba wa Diocese Gatolika ya Butare na Gikongoro, Musenyeri Phillipe Rukamba, arasaba ababyeyi kuganira no kuba hafi y’abana babo kuko iyo bataganirijwe ariho bahura n’ibishuko binyuranye bishobora no kubangiriza ubuzima.
Urubyiruko rurimo kujya kwiga mu Buyapani muri gahunda icyo gihugu cyemeye gufashamo Leta y’u Rwanda, ngo rwitezweho kuzagaruka rushoboye imirimo isaba ubuhanga buhanitse, ubusanzwe ikorwa n’abanyamahanga ngo baza bakishyurwa akayabo, nk’uko byatangajwe na Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana.
Murwanashyaka Jean d’Amour, umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’Indimi n’Ubuvanganzo mu Kigo cy’Amashuri yisumbuye cya Bisesero mu Karere ka Karongi ahamya ko kureka ibiyobyabwenge byamufashije kuba umuntu mushya kandi akaba ngo asigaye ari umunyeshuri mwiza dore ko ngo yagize amanota 75% akaba uwa kabiri kandi ubundi (…)
Nyuma y’uko Intara y’Iburasirazuba igaragaye ku isonga mu buriganya n’imikorere mibi y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka ushize wa 2013, abashinzwe uburezi muri iyi Ntara bose barasabwa kurwanya iyi sura mbi yabagiyeho, baharanira ubunyangamugayo mu gufasha abana gukora neza ibizamini.
Abanyeshuri biga mu bigo byigisha imyuga kimwe n’abarimu babo, bavuga ko Abanyarwanda batari bakwiye gukomeza kwibwira ko ibikoresho byiza ari ibikorerwa hanze y’u Rwanda gusa, kuko ngo no mu Rwanda hari ibihakorerwa kandi byiza kurusha n’ibitumizwa mu mahanga.
Mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri byo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, azubakwa mu mezi ane kuko azigirwamo mu mwaka w’amashuri wa 2015.
Ababyeyi bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko gahunda y’uburezi kuri bose yaje ikenewe kandi izarushaho kuzamura ireme ry’uburezi no guca ubujiji. Kuri ubu imibare igaragaza ko muri uyu mwaka mu karere ka Nyabihu hari amashuri 31 y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 yigamo abana barenga ibihumbi 13.
Icyumweru cyo kurwanya ibiyobyabwenge cyari cyatangijwe na IPRC East cyasojwe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu tariki ya 29/8/ 2014, inzego zitandukanye zirimo polisi zitanga ubutumwa bwo kureka ibiyobyabwenge no gukora kugira ngo urubyiruko rugere ku iterambere rirambye, hanatwikwa ibiyobyabwenge byafashwe imbere y’imbaga (…)
Minisitiri w’ingabo mu Rwanda, General James Kabarebe, arasaba abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kugira ubuyobozi bwiza bubitaho n’igihugu gitekanye bityo bagaharanira gukora bagiteza imbere bakazakiraga abazabakomokaho kimeze neza.
Kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014, Umushinga Plan international Rwanda washyikirije akarere ka Bugesera ishuri wubakiye abatuye ako karere rifite agaciro ka miliyoni 362 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, bashyizeho uburyo bwo kuzajya bahuza amasaha bigishirizaho amasomo, bakaba bavuga ko ubu buryo buzabafasha kwita kimwe ku banyeshuri kuko hari abigaga amasomo amwe n’amwe mu masaha adakwiye cyangwa se bamwe bagakora amakosa yo gutira amakayi (…)
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-East) ryatangije ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko kuko bigira ingaruka ku myigire n’imibereho by’urubyiruko ndetse no ku gihugu muri rusange.
Mu kigo cyigisha imyuga n’ubumenyingiro cyo mu ntara y’amajyepfo (IPRC-South) hari kubera imurikabikorwa ahanini ryatumiwemo amashuri ndetse n’abandi bantu bakora ibikorwa by’imyuga n’ubukorikori guhera ku itariki ya 23 kugeza ku ya 31/8/2014.
Ikibazo cy’ubushomeri kizarangizwa no kwiga imyuga nk’uko bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri y’imyuga rubivuga.
Nyuma y’imyaka ibiri urwunge rw’amashuri rwa Murira ruhagaritswe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kubaka ibyumba by’amashuri rwari rwatangiye runabigeze kure bigatera ubwumvikane buke, byatumye Guverineri w’intara y’uburengerazuba uri mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Rusizi n’inzego zinyuranye basura iki kigo, kuri uyu wa (…)