Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza yo mu karere ka Gakenke, bavuga ko ibitabo by’imfashanyigisho bategetswe gukoresha n’Ikigo k’igihugu cy’Uburezi (REB), harimo ingero zikomeye ku buryo bigora umwana kubyumva bikanagora umwarimu kubimwumvisha.
Ishuri ry’ubumenyingiro (IPRC) ryazanye uburyo bushya bwo gukora amatafari mu gitaka bakongeramo umucanga na sima nke, ku buryo azajya yubaka amazu akomeye kandi adashobora gutwarwa n’ibiza.
Abanyeshuri bagera kuri 915 barangije kwiga imyuga mu mashami atandukanye mu ishuri rya Emeru Ikirezi de Ruhango mu Karere ka Ruhango bashyikirijwe impamyabumenyi zabo ku wa 14 Kamena 2015.
Abaturage bakoranye n’umurenge mu kubaka amashuri n’inzu ya mwarimu mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bamaze imyaka igera kuri itatu batarishyurwa kandi baratanze fagitire zishyuza mu buyobozi.
Bamwe mu babyeyi bo mu Kagari ka Mishungero mu Murenge wa Nyabimata bafite abana biga mu ishuri ry’inshuke n’iribanza rya Mishungero baratangaza ko kuva muri 2008 aho umushinga Global Health to Hill utangiriye kubagaburira inshuro ebyiri ku munsi ngo byatumye nta mwana wo muri ako gace ugita ishuri cyangwa ngo asibe yagiye (…)
Ikigo k’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) kirakangurira ababyifuza bose batuye mu karere ka Huye ko Ikigo cy’ubumenyingiro cya IPRC-South gishobora guhugura ababyifuza bose cyangwa kikabahugurira abakozi.
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rulindo na Gakenke Lt Col Alex Ibambasi, arahamagarira abaturage kugira umuco wo kwigisha abana babo kuko muri kino gihe utigishije umwana wawe nta murage uba umusigiye.
Abanyeshuri b’abakobwa biga ku bigo bitandukanye byo mu Karere ka Gakenke bemeza ko icyumba cy’umukobwa ku bigo by’amashuri hari byinshi kimaze guhindura kuko mbere bahuraga n’imbogamizi mu gihe batunguwe n’imihango kandi akenshi hakaba hari n’abo byabagaho batazi ibyo ari byo bityo ngo hakaba hari n’abo byateshaga amasomo yabo.
Christine Mukakarisa ababajwe n’uko umwana we ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, adahabwa ishuri kandi afite ubushobozi bwo kumutangira ibisabwa n’umwana akaba aho yigaga mbere bamusezereye ngo kuko atsinda cyane atagikeneye kuhiga.
Kuba mu Kagari ka Gishamashayo mu Murenge wa Rubaya nta shuri ryari rihari ngo biri mu byadindizaga imyigire y’abanyeshuri kubera gukora urugendo rurerure.
Abahagarariye umushinga wo gufasha ibigo byigisha imyuga ku bufatanye na Leta z’u Bubiligi n’u Rwanda baragaragaza ko hari intambwe imaze guterwa mu bigo byigisha iby’ubumenyi ngiro mu Ntara y’amajyepfo aho ububiligi bubitera inkunga.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ishuri rizajya rihugura abarimu bigisha ubumenyingiro, ikicaro kiri shuri kizaba giherereye mu karere ka Kicukiro mu ishuri rya IPRC/Kigali, ahanashyizwe ibuye ry’ifatizo ku nyubako yaryo igiye gutangira kubakwa.
Abatuye mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma, umurenge ufatwa nk’uw’icyaro barasaba ubuyobozi kubegereza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, kugira ngo nabo bibafashe kwiteza imbere nyuma y’uko bigaragaye ko abize aya mashuri batakabura.
Mu gihe muri Kaminuza yigenga “Rusizi International University” havugwa amakimbirane ngo akomoka ku bwumvikane buke hagati y’abayishinze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burabasaba kurangiza ibibazo bafitanye kuko ngo byangiza ireme ry’uburezi bikanatuma abarimu badahembwa.
Nyuma y’ibiganiro bimaze umwaka bitangiye hagati y’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’ubwa Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), iyi kaminuza yashyize itangira ibikorwa byo kwakira Abanyangororero bashaka kwiga mu mashami atandukanye ryigisha.
Kuva mu mwaka wa 2009, mu Karere ka Kamonyi hatangiye gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bigana n’abatabufite, abana bafite ubumuga bitabiriye kugana ishuri bishimira ubusabane bagirana n’abandi kuko ngo bubakura mu bwigunge.
Ku nkunga y’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) muri porogaramu yacyo ya Ejo Heza abantu 412 bo mu murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza bigishijwe gusoma, kwandika no kubara bakuze.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Imyuga, Musanze Polytechnic, buravuga ko bugiye gutera ikirenge mu cy’ayandi mashuri makuru yigisha imyuga ritanga ubumenyi-ngiro bufatika ndetse bazagira akarusho kuko bafite ibikoresho bihagije.
Abanyeshuri umunani biga mu mwaka wa gatandatu muri ETO Mibirizi baraye bagenda kubera amakimbirane bafitanye n’umuyobozi w’ishuri ryabo, kuko yanze kubajyanira ibyangombwa bazakoreraho ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye hamwe n’iby’abandi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA).
Abakora umwuga w’ubukanishi bwa moto mu Mujyi wa Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bafite amahirwe menshi yo kubona akazi kurusha abize amashuri asanzwe kuko bahorana impapuro zisaba akazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, avuga ko umwana w’umunyarwanda akwiye kuba yigira ahantu hamufasha kwiga neza, agakura afite imishinga izubaka igihugu cyamubyaye.
Perezida Kagame mu biganiro n’urubyiruko ruri i Dallas muri Texas, kuri uyu mugoroba tariki 23 Gicurasi 2015 yatangaje ko kwishyurira amashuri abana b’Abanyarwanda bakajya kwiga hanze nta gihombo kirimo kabone nubwo bamwe muri bo bagenda barangiza amashuri ntibahite batahe mu gihugu cyabo.
Umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta, Save the Children hamwe n’Urwego rushinzwe uburezi mu Rwanda (REB), bishimiye ko abanditsi n’abashushanya b’ibitabo by’abana bahuguwe ngo basigaye bandika ibitabo bifite ireme; ndetse n’abana babihawe nabo ngo bagaragaje itandukaniro ryo kuba bamaze kumenya gusoma no kwandika neza (…)
Mu gihe hari ibigo by’amashuri biha umwanya abana wo kugaragaza impano zirimo siporo, kuririmba, imivugo ndetse n’ubundi buhanga bushingiye ku muco, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi burasaba ibigo by’amashuri kongera imbaraga mu guteza imbere impano z’abana.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Bumba ruherereye mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro bavuga ko babangamiwe n’ubuyobozi bw’ishuri kubera ko bubogosha umusatsi bukawumaraho.
Urugendo rurerure abana bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza bakora bajya kwiga, rutuma hari abanga ishuri bakiga basiba. Abagerageje kujya kwiga na bo ngo hari igihe bananirirwa mu nzira bakicara bategereje ko abandi batahana.
Hagiye gutangwa amahirwe ku bantu bose bafite udushya batekereza ko twateza imbere uburezi mu Rwanda kugira ngo batugaragaze, utuzahiga utundi tukazashyirwa kuri gahunda y’ibizigwaho byajya mu mfashanyigisho y’uburezi kandi banyiratwo bagahembwa.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yagaragarije abafatanyabikorwa bayo barimo amashuri n’imiryango nterankunga, integanyanyigisho nshya ishimwa kuba izashoboza umunyeshuri guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo(Competence-based Curriculum).
Ku bufatanye bw’Imbuto Foundation n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, binyuze mu mushinga "Mubyeyi tera intambwe initiative", mu myaka ibiri umaze muri aka karere, abana ibihumbi bitatu bari barataye ishuri barisubijwe mo hifashishishijwe abajyanama b’uburezi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) igiye gutangiza imfashanyigisho nshya igamije guha umunyeshuri ubushobozi ikazasimbura iyari isanzweho yahaga umunyeshuri ubumenyi gusa ariko ntimuhe ubushobozi buhagije.