Itsinda ry’abasenyeri ba Kiriziya Gatorika bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bahuye n’abayobozi b’umutwe wa M23 tariki 19/09/2012 kugira ngo baganire ku ntambara ibera muri kivu y’Amajyaruguru.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) riratangaza ko ricyeneye nibura miliyoni 40 z’amadolari yo gufasha impunzi z’Abanyecongo ziri mu bihugu bya Uganda n’u Rwanda.
Kuva mu kwezi kwa Kanama igisirikare cya Congo kiri kwinjiza urubyiruko mu gisirikare mu rwego rwo kuvugurura igisirikare cya Leta kinengwa imikorere.
Kiliziya Gatorika yo mu mujyi wa kabiri muri Nigeria witwa Zinder yasenywe yose tariki 14/09/2012 biturutse ku myigaragambyo y’abayisilamu yamagana filime yasohotse isebya intumwa y’Imana ku Basilamu, Mohamed.
Inyeshyamba umunani z’umutwe witwara gisirikare wa FDLR na Mai-Mai Nyatura, tariki 16/09/2012, zafatiwe mu nkambi ya Kanyarushinya iri mu birometero birindwi uvuye mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Roger Lumbala wahungiye mu Bufaransa atinya gutabwa muri yombi na Leta ya Congo imushinja gushyigikira M23, yatangaje ko nta mishikirano yari asanganywe agirana na Leta y’u Rwanda cyangwa umutwe wa M23 urwanya Leta ya Congo.
Perezida mushya wa Somaliya, Hassan Sheikh Mohamud na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Kenya, Sam Ongeri, barusimbutse ubwo umwiyahuzi yiturikirizagaho igisasu i Mogadiscio iruhande rwa Hoteli bakoreragamo inama tariki 12/09/2012.
Ambasaderi wa Amerika muri Libiya, Christopher Stevens, yivuganywe n’intagondwa z’abayisiramu tariki 11/09/2012 ubwo zarasaga ku nyubako akoreramo i Benghazi muri Libiya.
Kuri uyu wa mbere tariki 10/09/2012, abadepite batoye Hassan Sheik Mohamud kuba Prezida w’igihugu cya Somaliya. Aya matora afatwa nk’intambwe yo guhagarika intambara yayogoje iki gihugu mu myaka isaga 20.
Abatwara abagenzi kuri moto muri Uganda bagera kuri 290 bamaze kugwa mu mpanuka kuva uyu mwaka wa 2012 watangira. 60% by’abaguye muri izo mpanuka bari munsi y’imyaka 18 kandi mu bapfuye bose 196 bari abagenzi.
Urupfu rw’umunyamakuru Daudi Mwangosi w’imyaka 42 wakoreraga televiziyo yitwa Channel Ten wishwe n’umupolisi rwateje amahane hagati y’itangazamakuru na Leta ya Tanzaniya.
Kuva aho umutwe udasanzwe w’ingabo z’u Rwanda zari kumwe n’iza Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) zitahiye, uduce zari zirimo ubu twamaze kwigabanywa n’imitwe yitwaje intwaro ariyo M23, FDLR na Mai mai.
Mu mujyi wa Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Abanyeshuri basaga 4000 biga ku bigo bya Institut Maele na Lycée Mapendano» mu mujyi wa Kisangani muri Kongo ntibabashije gutangira amasomo nk’abandi kuwa mbere tariki 03/09/2012.
Abagore bo muri Togo bibumbiye mu mpuzamashyirahamwe itavuga rumwe n’ubutegetsi yitwa ‘Sauvons le Togo’ biyemeje kutongera kuryamana n’abagabo niba ntacyo bakoze ngo habeho impinduka muri politike.
Umutwe wa FDLR na Mai-Mai bashyizeho umusoro ku barobyi bakorera mu Kiyaga cya Edouard mu karere ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru ungana n’ibihumbi 10 by’amafaranga akoreshwa muri Kongo-Kinshasa.
Kuwa gatatu tariki 23/08/2012, igihugu cya Senegali gicumbikiye Hissene Habre wabaye Perezida wa TChad cyasinye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika azashyiraho urukiko rwihariye ruzamuburanisha.
Meles Zenawi wari Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Ethiopia yitabye Imana mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 21/08/2012 aho yivurizaga hanze y’igihugu azize uburwayi butatangajwe.
Icyorezo cya Ebola cyageze muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, aho abagera kuri 12barindwi namaze guhitanwa nacyo, nyuma ya Uganda aho icyorezo cyahitanye abantu 16 mu kwezi kwa Karindwi.
Inama y’abaminisitiri b’ingabo, abagaba b’ingabo n’impugucye mu bya gisirikare bo mu bihugu bihuriye mu nama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari (CIRGL) banzuye ko hashobora kuzakenerwa ingabo zigera ku 4000 zo kubungabunga amahoro ku mupaka w’u Rwanda na Kongo.
Minisitiri wari ushinzwe iyobokamana mu guhugu cya Sudani yahitanywe n’impanuka y’indege yabereye ahitwa Kordofan mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru tariki 19/08/2012.
Indege zo mu bwoko bwa kajugujugu z’igisirikare cya Uganda zari zazimiye zabonetse tariki 14/08/2012 ku musozi wa Mount Kenya muri Kenya. Abatabazi bo muri icyo gihugu batangaje ko babonye imibiri ibiri y’abazize iyo mpanuka.
Mu cyumweru gishize FDLR yashimuse abantu 18 barimo abagore bane n’abana batanu bakoraga mu mirima yabo mu nkengero y’ishyamba rya Byonga mu karere ka Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo.
Perezida wa Ghana mushya, John Mahama wagiyeho asimbura Atta Mills witabye Imana mu kwezi gushize yashyizeho visi Perezida witwa Amissah-Arthur wari guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu ya Ghana.
Abanyafurika y’Epfo bizihije imyaka 50 ishize Nelson Mandela ashyizwe muri gereza na Leta ya gashakabuhake. Mandela yafunguzwe tariki 05/08/1962.
Ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje kuba agatereranzamba. Mu gihe Leta ya Congo yahakanye ko itazagirana ibiganiro n’abarwanyi ba M23, abahanga mu bya politiki bo baravuga ko ariwo muti ushobora kurangiza ikibazo.
Kuva kuwa kane tariki 26/07/2012, uruganda rukora ibinyobwa mu Burundi (BRARUDI) rwazamuye ibiciro by’ibinyobwa.
Professor John Evans Atta Mills wari Perezida wa Gahana yitabye Imana, kuri uyu wa Kabiri tariki 24/07/2012, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi y’iki gihugu ryabitangaje.
Abarwanyi ba Mai Mai Mutomboki bateye abaturage bo mu gace ka Ngungu mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bica abantu 15, bashimuta n’inka zigera kuri 600 z’abaturage bavuga Ikinyarwanda ku cyumweru tariki 22/07/2012.
Itegekonshinga rishya riri gutegurwa mu gihugu cya Zimbabwe rirateganya ko muri icyo gihugu bavanaho igihano cyo kwicwa ku bagore bose.
Abahanga mu binyabuzima bavumbuye ibisigazwa by’inyoni yo mu bwoko bwitwa Pic (inyoni zikunda kurira ibiti) mu gihugu cya Afurika y’Epfo bayitirira izina rya Nelson Mandela.