Congo: Abakozi b’imiryango mpuzamahanga ikorera Bukavu bategetswe gukoresha inzira y’u Rwanda bajya i Goma

Umuryango w’abibumbye waburiye abakozi b’imiryango mpuzamahanga bakorera muri Kivu y’Amajyepfo gukoresha umuhanda w’u Rwanda bajya i Goma kubera ikibazo cy’umutekano.

Aya mabwiriza aje nyuma y’uko abakozi bakorera imiryango mpuzamanga bamburiwe ibyabo n’abagizi ba nabi bitwaje imbunda mu kiyaga cya Kivu tariki 19/01/2013 ubwo bari bavuye i Bukavu berekeza i Goma.

Ubu bwato bwarimo abakozi b'imiryango mpuzamahanga bwatewe n'abagizi ba nabi tariki 19/01/2013 ubwo bwavaga Bukavu bugiye i Goma.
Ubu bwato bwarimo abakozi b’imiryango mpuzamahanga bwatewe n’abagizi ba nabi tariki 19/01/2013 ubwo bwavaga Bukavu bugiye i Goma.

Ubwo bwato bwavaga i Bukavu bujya i Goma bwarimo abagenzi 50, abenshi muri bo bakaba ari abakozi b’iyo miryango mpuzamahanga; nk’uko tubikesha Radio Okapi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ironiquement, le même pays ( Rwanda) qu’eux accusent de déstabiliser le Congo est le plus sur quoi!
Espéront que cela va leur permettre ( si ils le veulent) de comprendre que la situation politico-sécuritaire de l’est du Congo est si complexe qu’ils le pensent.

yanditse ku itariki ya: 8-02-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka