Intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye akaba anakuriye ubutumwa bw’uwo muryango bushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Martin Kobler, yijeje ko agiye gushakira umuti ibibazo bya cy’umutekano muke mu Ntara ya Kivu.
Perezida w’igihugu cya Cameroun, Paul Biya, yetegetse ko insengero zikabakaba 100 zo mu mijyi ikomeye y’icyo gihugu zifungwa kubera ko ngo abapasitoro b’abapantekote babangamira umutekano w’igihugu cya Cameroun.
Nubwo kitwa igihugu ndetse gifite umurwa mukuru witwa Antananarivo, Madagascar nicyo kirwa kinini kurusha ibindi ku isi nzima. Iki kirwa giherereye mu burengerazuba bwo hagati bw’inyanja y’abahinde (Ocean Indien) mu majyepfo y’umurongo ugabanya isi mo kabiri.
Umujyi wa Johannesburg wasabye imbabazi uwabaye Prezida w’Afurika y’Epfo, Nelson Mandela nyuma yo kumwihanangiriza mu nyandiko ko bazamufungira amazi n’umuriro kubera inyemezabuguzi zitishyuwe, byabaye biturutse kwibeshya ku muntu bitiranwa.
Dr. Wilbroad Slaa, Umunyamabanga w’ishyaka rya CHADEMA (Chama cha Demokarasia na Mandeleo) ritavuga rumwe na Leta ya Jakaya Kikwete, avuga ko Perezida adakwiye gusaba u Rwanda ko rushyikirana n’Umutwe wa FDLR ugize ahanini n’abantu bakekwaho gukora Jenoside.
Robert Mugabe umaze imyaka 33 ku butegetsi bw’igihugu cya Zimbabwe yatangaje ko igihe cyose azatsindwa amatora arimo guhatana na mukeba we muri politiki w’igihe kirekire Morgan Tsvangirai azegura.
Umuyobozi wa Banki Nyafurika y’Iterambere BAD, Donald Kaberuka ukomoka mu Rwanda, ari i Washington, DC muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva tariki 24-27/07/2013, aho agomba gushyikirizwa ibihembo bigenerwa abanyantu bitangira ibikorwa bigamije iterambere (Development Awards).
Nyuma y’iminsi micye hatumvikana amasasu menshi mu nkengero z’umujyi wa Goma, tariki 22/07/2013 habyutse urusaku rw’imbunda rwumvikana mu nkengero z’ikirunga cya Nyiragongo aho ingabo za FARDC zanyuze zitera abarwanyi ba M23 bafashe uduce twa Kibati, Mutaho na Kanyarucinya mu ntambara yabahuje na M23 taliki 17/07/2013.
Umuryango w’Abibumbye wemeje ko ingabo zawo ziri muri Kongo (MONUSCO) zigiye gutangira kurwanya imitwe yitwaje intwaro irwanya Leta ya Kongo ngo kuko zidafashije ingabo za Leta kurwana abigometse ku butegetsi bashobora kugeza imirwano mu baturage basanzwe.
Umuvugizi w’ingabo za leta ya Congo muri Kivu y’amajyaruguru, Col. Hamuli Olivier, yatangarije itangazamakuru mpuzamahanga ko umwe mu basirikare bagaragaye mu gushinyagurira imirambo y’abarwanyi ba M23 yatawe muri yombi aho ari guhatwa ibibazo n’inzego zibishinzwe.
Kuri uyu wa Kane tariki 18/07/2013, Abafurika y’Epfo by’umwihariko bizihije isabukuru y’imyaka 95 y’umukambwe Nelson Madiba Mandela ariko ari mu Bitaro bya Pretoria muri Afurika kubera uburwayi bw’ibihaha.
Ingabo za Tanzaniya ziri mu butumwa bw’amahoro (MINUAD) mu Ntara ya Darfur muri Sudani zagabweho igitero n’umutwe urwanya Leta ya Sudani utaramenyekana, barindwi bahasiga agatwe, abandi 17 barakomereka tariki 13/07/201.
Abatsindiye isoko ryo gukora imihanda ihuza ibihugu bigize CEPGL bavuga ko bagize mbogamizi zituma ibikorwa batangiye bitihuta zirimo kubura aho bashyira ibikoresho no kuba hamwe abaturage batarahabwa ingurane cyane cyane muri Congo n’u Burundi.
Intumwa ziyobowe n’umufasha wa Peresida w’igihugu cy’Ubufaransa Valerie Trierweiler zambitse umudare w’ishimwe Dr Denis Mukwe kubera akazi akora ko kuvura abagore bafashwe ku ngufu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo.
Padiri Kulumbi Faustin yitabye Imana imbere y’abakirisitu ubwo yasomaga misa taliki 07/07/2013 muri Paruwasi ya Karambi ahitwa Jomba muri Rutchuro.
Côte d’Ivoire ngo nicyo gihugu muri iki gihe kiganwa cyane na benshi mu Banyafurika baba bahunga gutotezwa bazira gukorana imibonano mpuzabitsina n’abo bahuje ibitsina mu bihugu bakomokamo.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, kuri icyi cyumweru tariki 30/06/2013, yatangaje ko afite umushinga ugamije kugeza amashanyarazi ku Banyafurika benshi batuye munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Akimara kugera muri Senegal kuwa kane tariki 27/06/2013, Perezida Barack Obama aherekejwe n’abo mu muryango we, bahise bajya gusura ikirwa cya Goree cyubatseho inzu ndangamurage w’ubucakara.
Impugucye z’ibihugu zigaga ku cyegeranyo cy’igenamigambi rya CEPGL 2013-2020 zasuye u rwibutso rwa Gisozi taliki 24/06/2013 zagaragaje ko zibabajwe n’amarorerwa yabaye mu Rwanda.
Urubanza Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta aregwamo ibyaha by’ubwicanyi bwakurikiye amatora y’umukuru w’igihugu yabaye mu mwaka w’2007 rwagombaga kuba muri Nyakanga uyu mwaka rwashyizwe mu Gushyingo kugira ngo ashobore kurushaho kwitegura.
Umwe mu buzukuru ba Nelson Mandela, Mandla Mandela yatangarije itangazamakuru kuwa Gatandatu tariki 15/06/2013 nyuma gato yo gusura sekuru ko ubuzima bw’umukambwe Nelson Mandela bugenda buba bwiza nyuma y’icyumweru amaze mu bitaro i Pretoria.
Nyuma y’impaka z’urudaca n’imyigaragambyo mu mujyi wa Nairobi, abadepite ba Kenya bashyize bemera kugabanya umushahara wabo ho 40% ariko bahabwa amafaranga y’imodoka agera ku bihumbi 58 by’amadolari.
Ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) urahamagarira urubyiruko rwo muri uyu muryango kwitabira ibikorwa byubaka amahoro n’umutekano aho kwihugiraho kubera ibibazo by’ubukene byatuma rwishorwa mu bikorwa by’imitwe yitwaza intwaro.
Mu isozwa ry’inama ngaruka mwaka za Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) zari zimaze iminsi itanu zibera Marrakech, muri Maroc zasojwe tariki 31/05/2013 hemejwe ko inama nk’izo z’umwaka utaha zizabera i Kigali tariki 19-23/05/2014.
Umuvugizi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) yemeza ko inshingano z’umutwe udasanzwe w’ingabo zoherejwe kurwanya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo (brigade d’intervention) ari ukurwanya imitwe yitwaza intwaro harimo na FDLR.
Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013 imirwano yongeye kubura mu burasizuba rwa Kongo aho ingabo za Leta ya Kongo-Kinshasa zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR bagabye igitero ku ngabo za M23.
Ubuyobozi bwa FDLR bwamaze kumenyesha Leta ya Congo ko igomba kuyishyura umwenda w’amadolari ibihumbi 150 (miliyoni 96 z’amanyarwanda) mu rwego rwo kuzuza amasezerano Leta ya Congo ifitanye na FDLR.
Kuva taliki 12/05/2013 muri Kivu y’amajyaruguru mu gace ka Masisi hongeye kwaduka intambara hagati y’imitwe yitwaza intwaro irimo Nyatura na FDDH umutwe uvuga ko uharanira uburenganzira bwa muntu ; intambara imaze gukura mu byabo abantu bagera ku 4000.
Nyuma y’uko ingabo za Tanzaniya zisaga 1200 zerekeje mu Burasizuba bwa Kongo mu cyumweru gishije, Umutwe wa M23 uvuga ko witeguye kurwana na bo kuko batandukanye n’ingabo za Id Amin bigeze gutsindwa n’abasirikare ba Tanzaniya.
Banki y’umuryango wa CEPGL (BEDGL) yari yarafunze kuva 1994 kubera umutekano muke wabaye mu karere ndetse n’amafaranga yari ifite atwarwa n’igihugu cya Congo ariko ubu yongeye gukora kandi ngo iri hafi kugaragaza inyigo igaragaza imikorere yayo mu guteza imbere akarere.