Perezida Museveni yakiriye intumwa za M23 ziri mu mishyikirano i Kampala, zimugezaho ikibazo cy’uko imishyikirano idatera imbere.
Umuryango w’abibumbye waburiye abakozi b’imiryango mpuzamahanga bakorera muri Kivu y’Amajyepfo gukoresha umuhanda w’u Rwanda bajya i Goma kubera ikibazo cy’umutekano.
Minisitiri w’Ingabo muri Uganda akaba n’umuhuza mu biganiro bya M23 na Leta ya Kongo-Kinshasa, yatangaje ko ibihugu by’Afurika byifuza ko umutwe w’ingabo z’inama y’ibihugu by’ibiyaga bigari (ICGLR) ugomba kugarura amahoro ku mipaka y’igihugu cya Kongo utayoborwa na MONUSCO.
Minisitiri Lambert Mende yashyize atangaza ko ko umutwe wa Mai Mai Nyatura ukomeje gukura mu byabo Abanyecongo bavuga ikinyarwanda ubangamiye leta ya Congo. Avuga ko Leta ikomeje guhangana nawo.
Dr. Denis Mukwege wamenyekanye ku isi kubera uruhare agira mu gufasha abagore bafashwe ku ngufu mu Ntara ya zombi za Kivu, yagarutse muri Kongo-Kinshasa nyuma yo guhungira mu Bubiligi mu Kwezi kw’Ukwakira 2012.
Umuhuza w’ibiganiro by’amahoro bihuje Leta ya Congo n’inyeshyamba za M23, Minisitiri Crypsus Walter Kiyonga, avuga ko ibihano byafatiwe abayobozi ba M23 byabaye imbogamizi ku biganiro kuko hari n’abatemerewe kugira aho bajya kandi bagomba kwitabira ibiganiro.
Umutwe w’ingabo zo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) ushinzwe kugarura amahoro ku mipaka y’u Rwanda na Kongo-Kinshasa uzinjizwa mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa (MONUSCO).
Abadepite bo mu gihugu cya Kenya bihaye imperekeza z’akazi zingana n’amadorali ibihumbi 107 (hafi miliyoni zisaga 70 z’amafaranga y’u Rwanda) mu gihe bitegura kurangiza manda muri Werurwe 2013.
Pasitoro Amos Betungula wo mu itorero ry’ubwiyunge mu gace ka Mengo yatawe muri yombi na Polisi yo muri icyo gihugu azira gutwara umugore wari umuyoboke mu itorero rye.
Abanyeshuri bagera kuri 200 bigaga muri kaminuza ya Victoria muri Uganda bari mu gihirahiro nyuma yuko ikigo nterankunga cyo mu bwongereza kigaragaje ko kitakibafashije kubera ko Leta ya Uganda irimo kwiga ku itegeko rihana abantu babana bahuje ibitsina.
Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Kongo watangaje agahenge tariki 08/01/2012 mbere gato yo gusubukura ibiganiro ugirana Leta ya Kongo-Kinshasa bibera muri Uganda mu ntumbero yo gushakira umuti ikibazo cy’intambara zidashira zo mu Ntara ya Kivu.
Abaturage batuye muri centre ya Kibumba muri Congo ahegeranye n’u Rwanda batangaza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki 07/01/2013 batunguwe n’urusaku rw’amasasu rwatewe no guhangana kw’ingabo za M23 n’abarwanyi ba FDLR bari baje gutwara inka z’abaturage.
Imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 03/01/2013, yahitanye abantu 6 i Bukavu muri Kongo ubwo amazu batuyemo yagwaga akonkobotse ku misozi ihanamye akagwa mu mugezi wa Rusizi.
Ubuyobozi bwa M23 burasaba Leta ya Congo guhagarika gukoresha umutwe wa FDLR mu kwitegura kuyitera kuko niterwa izitabara kandi bishobora kugorana guhagarika intambara.
Kimwe mu bibazo by’ingutu bihangayikishije Leta ya Tunisiya iyobowe na Moncef Marzouki, ni imyigaragambyo y’abaturage b’icyo gihugu bavuga ko bakeneye akazi kandi ntagahari, ubu umubare wabo ukaba ukomeza kwiyongera.
Nelson Mandela wabaye Prezida w’Afurika y’Epfo yasezerewe mu bitaro kuwa gatatu tariki 26/12/2012 nyuma y’iminsi 18 yari amaze mu bitaro yivuza indwara y’ibihaha.
Abatuye umujyi wa Goma batangiye kuba mu bwoba nyuma y’aho abantu bagera ku munani bamaze gutwikwa bashinjwa ibikorwa by’ubujurua kuko ubuyobozi budashobora kubafunga. Urubyiruko nirwo rukaze muri ibyo bikorwa, kubera ijambo Perezida Joseph Kabira aherutse kuvuga.
Nyuma y’igihe batemeranya ku ngingo bagomba kuganiraho, abahagarariye Leta ya Congo na M23 bemeranyijwe ko mubyo bazigaho harimo gusuzuma amasezerano Leta ya Congo yagiranye na CNDP taliki 23/03/2009 hamwe no kurebera hamwe imicungire y’igihugu.
Majoro Bertin Chirumana waje ayoboye Polisi yaje gucunga umutekano mu mujyi wa Goma taliki 31/11/2012 ubwo ingabo za M23 ziteguraga kuva muri uyu mujyi yatoraguwe yishwe arashwe amasasu arenga 9 aho yari atuye taliki 15/12/2012 .
Abanyafurika y’Epfo bemeza ko Nelson Mandela niyitaba Imana igihugu cyabo kitazasubira inyuma nk’uko benshi babikeka kandi ngo kuvuga ko Africa y’Epfo yasenyuka Mandela aramutse atabarutse ari ukumusuzugura no kudaha agaciro ibyo yaharaniye.
Itangazo ryo mu biro bya Perezida Jacob Zuma ryatangaje ko umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo arwaye igihaha kimwe ariko ngo arimo kwitabwaho.
Umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo yajyanywe mu bitaro kubera ikibazo cy’uburwayi ariko nyuma yo kumusura, Perezida Jacob Zuma yavuze ko atarembye.
Indege ya kompanyi ya EgyptAir yahagaze ku kibuga cy’indege mu buryo butari buteganijwe kubera ko umugenzi umwe mu bari bayirimo yari arumwe n’inzoka yari yinjiranye mu ndege yayihishe mu gakapu ko mu ntoki.
Ikibuga cy’indege cya Goma cyongeye gukoreshwa tariki 05/12/2012, nyuma y’umutekano mucye wagaragaye mu mujyi wa Goma ubwo cyafatwaga n’ingabo za M23 tariki 20/11/2012. Indege ya nyuma yaherukaga kuri icyo kibuga tariki 18/11/2012.
Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CSAC), yahanishije Radio Okapi ikorera mu mujyi wa Goma, igihano cyo guhagarika ibiganiro mu gihe cy’iminsi ine, izira icyo iki kigo kise kutagira gahunda ngenderwaho no kutubahiriza amabwiriza.
Ingabo za M23 zirwanya Leta ya Congo zamaze gusohoka mu mujyi wa Goma hamwe n’ibikoresho byazo byose, ziwusigira igpolisi cya Leta ya Congo, nk’uko zari zabitangaje.
Umuyobozi w’ingabo za M23, Br.Gen Soultan Makenga, yatangaje ko ingabo ze zizava mu mujyi wa Goma tariki 30/11/2012 nyuma yo kwitegura kuko hari ingabo ziri kure y’umujyi wa Goma.
Inama y’abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), yari itaraniye Kampala yiga ikibazo cy’intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo, yasoje isaba ko abari abapolisi bakoreraga mu mujyi wa Goma basubizwa ibikoresho bagasubira mu kazi.
Ubuyobozi bwa M23 bwagaragaje aho uyu mutwe ukura ubushobozi bwo kurwanya ingabo za leta ya Congo. Ibikoresho ingabo za Leta ya Congo ziba zataye, nk’uko babitangarije itangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki taliki ya 23/11/2012.
Minisitiri Bernard Membe ushinzwe Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane muri Tanzaniya yemeje ko igihugu cye cyiteguye kohereza ingabo kurwanya umutwe wa M23 muri Congo igihe LONI yaba itanze uburenganzira.