Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Kongo –Kinshasa zatangiye gukoresha indege ebyiri zitagira abapilote mu rwego rwo gukusanya amakuru ku bikorwa by’imitwe yitwara gisirikare iri mu Ntara ya Kivu.
Abarwanyi batatu bo mu mutwe wa FDLR bishwe n’ingabo za Kongo-Kinshasa (FARDC) tariki 02/12/2013 mu gace ka Kabulo ahitwa Kalemie kubera ko ibitero byagabwaga na FDLR igasahura abaturage.
Amasezerano ahuje ingabo za Congo, iza Uganda n’ishami ry’umuryango wa bibumbye MONUSCO mu kurwanya umwe w’inyeshyamba ADF NALU yamaze gusinywa taliki 23/11/20013.
Abayobozi b’ingabo za Congo, MONUSCO hamwe n’ingabo za Uganda bakoze inama ngo bategure kurwanya umutwe wa ADF NALU ntuzongere guhungabanya umutekano mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru no muri Uganda.
Raporo ku mibereho myiza y’abana muri Afurika iherutse gushyirwa ahagaragara irerekana ko abana muri Afurika bafite imibereho myiza kurusha mu imyaka itanu ishize.
Nkuko bitangajwe n’ibiro bishinzwe itangazamakuru bya Perezida Museveni, ngo uyu muyobozi yahagurukiye gushishikariza abaturage ayobora harimo n’abayobozi kwipimisha Sida kugira ngo bamenye uko ubwandu bwa Sida buhagaze muri Uganda kandi hagenderwe ku makuru agezweho.
Raila Odinga wahoze ari minisitiri w’Intebe muri Kenya aratangaza ko asanga abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bakwiye gushyiraho itsinda ry’abasheshe akanguhe mu bya politiki bakiga uko umwuka mubi ari hagati ya bimwe mu bihugu bigize EAC wahosha bikarinda na EAC ubwayo gucikamo ibice.
Nyuma y’uko ingabo za Kongo-Kinshasa (FARDC) zifatanyije n’umutwe udasanzwe w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe guhashya imitwe yitwara gisirikare zitsinze urugamba zarwanaga na M23, Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Leta ya Kongo, Lambert Mende atangaza ko bagiye kurwanya FDLR.
Mu gihe, umuyobozi wa M23 yasabye abarwanyi b’uwo mutwe guhagarika kurwana n’abasirikare ba Leta ya Congo, ibiganiro birakomeje mu mujyi wa Kampala aho bamwe mu basirikare ba M23 basabiwe ubuhungiro aho gushyirwa mu ngabo za Leta.
Umuryango wa Charles Taylor wamenyeshe mu kiganiro n’abanyamakuru ko utishimiye na busa uko bwana Taylor afashwe muri gereza itazwi yo mu Bwongereza, ndetse bemeza ko ngo abayeho nabi cyane ashobora no gupfa mu minsi ya vuba.
Nubwo bamwe mu bahagarariye Leta ya Congo bari mu mishyikirano ibahuza na M23 bagasubira Kinshasa, itsinda rya gisirikare n’umutekano rya Leta ya Congo ntiryatashye kuko kuri uyu wa gatatu tariki 23/10/2013 ryakomeje ibiganiro n’abahagarariye M23.
Ibiganiro bigamije amahoro hagati ya Leta ya Kongo n’umutwe wa M23 byahagaze, abavugizi b’impande zombi bakaba bemeje ko bananiwe kumvikana ku ngingo irebana n’uko abahoze barwanira M23 bazamera intambara niramuka ihagaze burundu.
Ingabo 850 zo mu gihugu cya Malawi zageze mu mujyi wa Goma taliki 18/10/2013 zije gufatanya na n’ingabo za MONUSCO kurwanya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo.
Biteganyijwe ko ibiganiro bya M23 na Leta ya Congo byari bimaze igihe bishobora kurangizwa no gusinya amasezerano y’amahoro, kuri uyu wa Gatandatu tariki 19/10/2013, nyuma y’uko zimwe mu nzitizi z’ibiganiro zikuweho.
Ubuyobozi bwa M23 burahakana ko ataribwo bwarashe ku ndege ya MONUSCO kuri uyu wa Gatanu tariki 18/10/2013, ubwo yasohakaga hejuru y’ibirindiro bya M23 biri Kibumba igana Goma, by’amahirwe ikaba ntacyo yabaye.
Inyeshyamba za M23 zirwanya Leta ya Congo zatangaje ko ingabo za Leta ya Congo zimaze iminsi zikora ibikorwa by’ubushotoranyi kugera aho zifashe imisozi yagenzurwaga na M23.
Perezida Charles Taylor wahoze ari perezida wa Liberiya yamaze gusaba ko yazoherezwa gufungirwa mu Rwanda, akazahamara imyaka 50 yakatiwe n’urukiko rwihariye rwashyiriweho gucira imanza abakekwaho ibyaha n’ubwicanyi mu gihugu cya Sierra Leonne, aho gufungirwa mu Bwongereza.
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) urasaba Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’i La Haye (ICC) kwigizayo urubanza rwa Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, mu gihe rwari ruteganyijwe mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka.
Nubwo bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika bamaze kugaragaza ko badashyigikiye imikorere y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), imwe mu miryango mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu igera kuri 130 ikorera mu bihugu 34 by’Afurika irahamagarira abayobozi b’ibihugu kudafata umwanzuro wo kwitandukanya n’uru rukiko.
Abantu 67 basize ubuzima mu gitero bagabwe n’ibyihebe mu nyubako ya Westgate iri mu Mujyi wa Nairobi, iminsi ine ishira Ingabo za Kenya zihanganye n’ibyihebe ariko ngo nta na kimwe bishe.
Ibiro by’ubushinjacyaha mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) byandikiye perezida Uhuru Kenyatta w’igihugu cya Kenya bimusaba kwegura ku mirimo ye mbere y’uko urubanza rwe rutangira kuburanishwa muri urwo rukiko.
Umuryango w’ubukungu mu bihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) ugiye kugabanya ibibazo abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo hubakwa amasoko azaborohereza ingendo.
Umwana witwa Elliott Prior ufite imyaka ine ari kuvugwa mu bitangazamakuru binyuranye nyuma y’aho ahagaze bwuma agahangana mu maso n’ibyihebe byateye inzu y’ubucuruzi ya Westgate i Nairobi muri Kenya mu mpera z’icyumweru gishize.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Amina Mohamed, yatangaje ko ibyihebe byagabye igitero mu isoko rya kijyambere ryitwa Westgate mu Mujyi wa Nairobi tariki 23/09/2013 kigahitana abantu 62 abandi 62 bagakomereka harimo n’umugore.
Nyuma y’icyumweru, umutwe wa M23 hamwe na Leta ya Congo bari Kampala ariko batarabasha guhura imbonankubone, bashyize barahura bagezwaho gahunda bagomba kuganiraho mu gihe cy’iminsi 5 isigaye ngo igihe bahawe cyo kuganira kirangire.
Abasirikare ba Tanzaniya badukiriye umugabo witwa Matendo Manono ukora akazi k’ubucamanza mu Ntara ya Kagera mu Karere ka Karagwe barakubita kuko asa n’Abanyarwanda bageza n’aho bamukomeretsa.
Nyuma y’amezi ane Abanyecongo bakoresha ururima rw’Ikinyarwanda batwikiwe urusengero rwabo rwa Methodiste Libre ruherereye i Bukavu , tariki 10/09/2013, polisi yoherejwe kugota ikibanza basengeramo.
Umuyobozi w’ingabo za ICGRL zigenzura imipaka y’igihugu cy’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Gen. Geoffrey Muheesi, yasabwe na Congo gusubira mu gihugu cye ashinjwa kuba inshuti y’inyeshyamba za M23 hamwe n’u Rwanda.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo- Kinshasa (MONUSCO) zirashinjwa urupfu rw’abanyekongo babiri bitabye imana barashwe mu myigaragambyo yabaye tariki 24/08/2013.
Abanyamurenge bari mu Rwanda ndetse no mu Burundi bakomeje kurega Agatho Rwasa washinze ishyaka FNL PALIPEHUTU ryo mu gihugu cy’u Burundi ko aribo bishe Abanyamurenge bari barahungiye i Gatumba muri iki gihugu gihana imbibi n’u Rwanda.