Ubushakashatsi bwakoze n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere myiza mu mwaka ushize bwashyizwe ahagaragara kuwa 27/03/2014, buragaragaza ko abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru bishimiye imikorere y’ubuyobozi bwabo n’ubwo hari ahakwiye kongerwa imbaraga ngo birusheho kuba byiza.
Abadepite bashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta ngo bagiye gukora iperereza banakurikirane abafite uruhare mu kuba porogaramu ya mudasobwa yitwa Oracle yaraguzwe miliyoni y’amadolari ariko ikaba itarakoreshwa mu myaka ine imaze ngo inoze icungamutungo mu kigo EWSA.
Mujawamariya Elizabeth Johnson, umunyarwandakazi utuye mu ntara ya Colombie Britanique mu gihugu cya Canada, avuga ko Abanyarwanda bo muri Diaspora bakwiye kugira uruhare runini mu kugaragaza isura nyakuri y’u Rwanda ku baturage bo mu bihugu batuyemo.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke ngo barasanga ari bamwe mu nkingi za mwamba akarere kubakiyeho imiyoborere myiza n’iterambere, bakavuga ko agaciro kabo gakwiye kugaragarira mu buryo bakirwa ku karere ndetse ngo bakajya bahabwa ibyicaro by’imbere mu nama zikomeye ziba zateguwe n’akarere.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abateye ibisasu bya grenades bari mu maboko y’ubutabera, bakaba ngo ari nabo ubwabo bahamya ko ababatumye gutera ibisasu ari abo mu mashyaka ya RNC, FDLR n’abo bafatanyije.
Ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (FARG) n’indi miryango itandukanye barasaba Abanyarwanda kwitabira gufasha no kuba hafi inshike n’abarokotse Jenoside bageze mu za bukuru badafite amikoro.
Ibigo nderabuzima bya Kabuye, Gashongora, Nasho, Murindi, Musaza na Ntaruka mu karere ka Kirehe byahawe ibihembo by’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 700 ngo kuko bitwaye neza muri gahunda yiswe iyo kuzamura ireme ry’ubuzima, mu mihango yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014.
Mu nama yahuje abayobozi bagize umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), Perezida Kagame yasabye ko abarwanyi ba FDLR bashaka gushyira imbunda hasi bafashwa gutaha mu gihugu cyabo, naho abatabishaka hagashyirwaho ubufatanye bwihuse mu bya gisirikare mu kubarwanya.
Umuyoboro w’amashanyarazi wa Musha muri Rwamagana utegerejweho kongera umuriro w’amashanyarazi agera ku baturage kandi ukagabanya gucikagurika kwa hato na hato watashywe kuwa 25/03/2014, ukaba wari umaze imyaka 3 uvugururwa ku nkunga ya leta y’Ubuyapani.
Mu Banyarwanda 32 batahutse tariki 24/03/2014 bava muri Congo harimo abagore 13 batashye basize abagabo babo kuko ngo barambiwe gukomeza kuzerera no kurorongotana mu mashyamba ya Congo kandi mu gihugu cyabo cy’amavuko ari amahoro.
Impamvu itera urubyiruko rw’abakobwa rwiyandarika ntivugwaho rumwe kuko bamwe bashinja abakobwa kwiyandarika, abandi bakavuga ko bashukwa n’abagabo.
Abayobozi b’ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza (PSD) bahagarariye abandi kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere barasabwa kwima amatwi no kwirinda abasebya gahunda ya ndi umunyarwanda bayivuga uko itari.
Abaturage b’akarere ka Nyamagabe ngo barishimira uburyo bahabwa serivisi mu nzego z’ubuyobozi mu karere kabo nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’umuryango uharanira kwimakaza uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa (Initiative pour la Participation Citoyenne).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, hamwe n’abandi bayobozi b’ibihugu bigize umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bitabiriye inama y’iminsi ibiri idasanzwe ibera i Luanda muri Angola.
Kuba Umutwe w’Inkeragutabara warubakiye abarokotse Jenoside bo mu turere twa Nyaruguru na Gisagara amazu n’ibindi bijyana nayo, ngo bizafasha utwo turere kugira imigendekere myiza yo kwibuka ku nshuro ya 20, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri 30 biga mu ishuri rikuru rya Kibogora Polytechnique barahiriye ko ku bwende bwabo biyemeje kuba abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakaba ngo biyemeje gukurikiza amahame, amategeko n’amabwiriza by’uwo muryango.
Abapolisi b’igitsinagore mu Rwanda barishimira ko ubu polisi yabemereye kujya bakorera akazi hafi y’ingo zabo, kuko ngo bizabafasha gukora akazi neza badahangayikiye kuba kure y’ingo zabo ndetse ntibice n’akazi kabo.
Mu giterane gisoza umwiherero w’iminsi itatu abashumba bakuru bo mu itorero ADEPR bakoreye mu karere ka Rwamagana, umuvugizi w’iryo torero, Pasitori Sibomana Jean yavuze ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” baganiriyeho izatuma amacakubiri yaranzwe mu itorero ADEPER avugutirwa umuti.
Senateri Niyongana Gallican, umwe mu bagize biro politiki y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD), aratangaza ko kuva iri shyaka ryashingwa mu mwaka wa 1991 ryaharaniraga ubumwe bw’Abanyarwanda bose, agasaba abayoboke baryo gushyigikira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Mu nama z’inteko rusange bita Kongere abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakorete mu mirenge yose igize akarere ka Karongi kuwa 23 Werurwe 2014, abayobotse uyu muryango n’abaturage benshi bamuritse ibyo bagezeho mu bice bitandukanye by’ubuzima bwabo bwa buri munsi harimo umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, ubukorikori, imihigo yo (…)
Mu midugudu yegereye umupaka wa Congo ariyo Gasutamo n’Iyobokamana mu kagari ka Mbugangari umurenge wa Gisenyi, taliki 22/3/2014, hagaragaye impagarara n’abasirikare benshi ku ruhande rwa Congo bavuga ko u Rwanda rwigabije ubutaka bwabo.
Mu gihe mu gihugu hamaze iminsi humvikana ubwumvikane buke mu miryango itandukanye, itsinda ry’abagore b’ibyiringiro bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko kuri ubu bahagurukiye gukemura ibibazo by’abagabo n’abagore bibera mu ngo.
Umuyobozi w’Akarere ka Korongi Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Isimbi Dative arasaba abakirisito bo mu iterero rya ADPR muri Paruwasi ya Gacaca kubaka Ubunyarwanda bahereye ku bukirisito, kuko ngo Ubunyarwanda bwasenyutse.
Abapolisi 50 barimo abayobora sitasiyo za Polisi n’abakuriye ubugenzacyaha mu gihugu, bashishikarijwe gukora akazi kabo neza no kwegera buri gihe abo bayobora, bakabaha ubumenyi utandukanye, bubafasha gushyira mu bikorwa ibyo bashinzwe, nk’uko babihuguwe mu mahugurwa bari bamazemo iminsi basoje kuri uyu wa Gatanu tariki (…)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kwimuka aho yakoreraga mu ntara y’Amajyepfo, ikaba yimukiye mu nyubako yahoze ari iy’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA, Rwanda Revenue Authority mu karere ka Nyanza kugira ngo yegere kandi yorohereze abaturage uburyo bwo kubaha serivisi nziza z’umutekano n’ubundi bufasha (…)
Koperative yo kubitsa no kuguriza yitwa Coopec Dukire yakoreraga mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro, itagikora iki gihe, irashishikariza abo yagurije amafaranga hamwe n’abahamwe n’icyaha cyo kunyereza umutungo wayo kuyishyura kugira ngo na yo ibone uko isubiza abari abanyamuryango bayo amafaranga yabo bari (…)
Sgt. Banzirabose Jean Bosco wari umurwanyi wa FDLR aricuza ko hafi ya kimwe cya kabiri cy’ubuzima bwe yakimaze mu mashyamba ya Congo akanakurizamo ubumuga, avuga ko yataye igihe cye mu bintu bidafite umumaro none ageze mu zabukuru ntacyo yigejejeho.
Mu karere ka Kayonza hatangijwe imirimo yo kubaka umuyoboro w’amazi uzageza amazi meza ku baturage bagera ku bihumbi 30 bo mu mirenge ya Mwili na Rwinkwavu. Muri uyu mushinga wiswe Migera hazubakwa umuyoboro mushya, ndetse hanasanwe indi miyoboro yatangiye kwangirika, ndetse imwe muri yo yamaze gusanwa.
Umurenge wa Mururu uhana imbibi n’umujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku mipaka ya Rusizi bita RusiziI na Rusizi II niwo uza ku isonga mu karere mu gucuruza mu buryo butemewe n’amategeko ariko ngo iyi mikorere iragenda igabanuka.
Professor Michelle L. Buck, umwarimu mu Ishuri ry’icungamutungo rya Kellogg ryo muri Kaminuza ya NorthWestern iherereye muri Leta ya Chicago muri Amerika, yemeza ko iterambere u Rwanda rumaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo rikwiye kubera isomo n’abandi babyifuza.