Umuyobozi w’ihuriro ry’abayobozi ba Polisi z’ibihugu byo ku isi, Yousry (Yost) Zakhary, yasuye Polisi y’u Rwanda ku cyumweru tariki 02/03/2014 ashima ibyo imaze kugeraho birimo kubungabunga umutekano, kongerera ubumenyi abakozi bayo ndetse n’ubufatanye n’imiryango inyuranye ihuje Polisi z’ibindi bihugu.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga bakomeje gusaba ubuyobozi bw’akarere ko bwajya bubafasha bakamenyeshwa igihe umuriro w’amashanyarazi ugendera kugirango babyitegure ariko ubuyobozi ngo ntibushobora kubivuga ku bw’umutekano wabo.
Abayobozi mu karere ka Nyarugenge barasabwa kumvisha no gufasha ubuyobozi bw’inzego bakuriye kugira igaciro imbere y’abaturage, kugirango babagirire icyizere kugeza no ku rwego rw’umudugudu.
Umuryango nyafurika w’abayobozi b’abanyeshuri muri za kaminuza (Africa Youth Leadership Forum/AYLF) ryitabiriye amasengesho n’inyigisho byabereye i Kigali ku wa gatandatu tariki 01/3/2014; ryigishijwe ko umuntu utagira indangagaciro nzima ahinduka ikibazo ku bantu, yaba ari umuyobozi ho ngo ibintu bikarushaho kuzamba.
Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame arasaba abagore kuba umusemburo w’iterambere, bakorera hamwe, barushaho gukora imishinga minini, bagamije kwihangira imirimo no gutanga akazi ku bandi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza bavuga ko bifuza Radiyo ya Kigali Today Ltd yazarushaho kwegera abaturage mu byaro, aho gukorera mu mujyi wa Kigali gusa nk’uko bagiye babibona kuri zimwe muri radiyo zikorera mu Rwanda.
Bamwe mu banyamakuru bakunze gukorana n’urwego rw’akarere ka Muhanga bahashaka amakuru, bavuga ko bagorwa cyangwa bakimwa amakuru na bamwe mu bayobozi n’abakozi muri aka karere, ariko umuyobozi w’aka karere, Yvonne Mutakwasuku, yemeza ko uzabifatirwamo azakuriranwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje abaturage bo muri Rulindo ubufasha bwo guteza imbere byihuse umusaruro uva muri ako karere, harimo uw’ibihingwa by’ikawa, marakuja, ingano, ibiva ku bworozi ndetse no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Radio y’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd yumvikana ku murongo wa 96.7 FM, kuri uyu wa 01/03/2014, iratangira kubagezaho amakuru acukumbuye, ibiganiro byubaka bigaragaza imiberereho y’abaturage mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ubwo umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yasuraga akarere ka Nyamagabe tariki ya 19/02/2013, yasezeranije abaturage bako ubufasha mu nzira igana ku iterambere ryabo n’akarere kabo, ariko abasaba gushyiraho akabo ngo kuko inkunga iza yunganira abagize icyo bakora.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Ingabo Nyafurika muri Centrafrique (RCA) tariki 27/02/2014, zakoranye inama n’abaturage bo mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui ari na ko zikora amarondo ahitwa Miskine, mu rwego rwo kurushaho kubacungira umutekano nabo babigizemo uruhare.
Ingabo z’u Rwanda zashoje igikorwa cyo gusimburanya abasirikare 850 bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) muri Sudani y’Epfo. Icyiciro cya nyuma cy’izo ngabo ziyobowe na Col David Bukenya Ngarambe bageze ku kibuga mpuzamahanga i Kigali tariki 27/02/2014 ku gicamunsi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yabeshye mu nama mpuzabikorwa y’akarere yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2014 maze bibyutsa andi makosa yakoze, akaba agiye kuzafatirwa umwanzuro hakurikijwe uko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikurikirana.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagomba gutuzwa mu karere ka Nyamagabe bagicumbikiwe by’agateganyo mu murenge wa Gatare, barasaba ko imyiteguro yo kujyanwa gutuzwa hirya no hino mu mirenge yakwihutishwa bakagerayo vuba kugira ngo batangire urugamba rw’iterambere nk’abandi Banyarwanda.
Mu gitaramo kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda cyahuje abantu babarizwa mu matorero n’amadini anyuranye akorera mu mujyi wa Butare tariki 26/2/2014, Minisitiri w’umutekano Musa Fazili Harerimana yasobanuye ko iyo gahunda ari ingabo y’umutamenwa y’u Rwanda.
Inama y’umutekano yo mu karere ka Rusizi yafashe icyemezo ko bitarenze tariki 15/03/2014, ku bigo by’amashuri n’ahandi hantu hahurira abantu benshi hazaba hageze imirindankuba mu rwego rwo kugabanya ipfu n’inkomere bya hato nahato biterwa n’izo nkuba.
Ntabanganyimana Yohani w’imyaka 61 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibaruwa yandikiye FDLR ikubiyemo intashyo, izina rishya yifuza ko FDLR yakwitwa, ndetse ayemerera n’ubufasha burimo kuyishakira abayoboke.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi barishimira ko ubwato bahawe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubu bukora neza nyuma yo gushyirwaho moteri ijyanye na bwo nk’uko byari mu masezerano y’uwabwubatse.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, muri iki cyumweru zatangije igikorwa cy’umuganda aho zasukuye uduce dutandukanye tw’aho zikorera muri icyo gihugu.
Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) n’abafatanyabikorwa bayo bari kwiga uburyo bunoze bwo gukurikirana no gukemura ibibazo bijyanye n’abantu binjira mu Rwanda cyangwa basohoka mu kivunge kandi batunguranye.
Minisitiri w’imari w’Igihugu cya Suwede, Anders Borf, aratangaza ko igihugu cye kigiye kongera kurekura amafaranga y’inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda umwaka ushize.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje ukwezi kwahariwe imiyoborere ari na ko hakorwa ibikorwa bitandukanye birimo no gukemura ibibazo by’abaturage, ubu hari no kugenzurwa uburyo imitangire ya service imeze mu bigo bya Leta ndetse n’abikorera.
Mukarumongi Frida utuye mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza arahumuriza Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya, abizeza ko bazabaho neza kuko inzira banyuzemo na we yayinyuzemo ariko ubu akaba afite imibereho myiza nyuma yo kugera mu Rwanda.
Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, na ba bamwe mu basirikare bakuru b’ingabo z’u Rwanda tariki 25/02/2014 basuye uruganda rwa Nyanza Dairy Plant rutunganya ibikomoka ku mata mu rwego rwo kureba imikorere yarwo ndetse n’aho imirimo yo kurwagura igeze ishyirwa mu bikorwa.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’umushinga wa HELPAGE wari umaze imyaka 10 ukorera mu karere ka Rusizi no kurebera hamwe uko ibyagezweho bibungwabungwa, umuyobozi w’akarere ka Rusizi yasabye abayobozi b’imirenge gukangurira abagenerwabikorwa gufata neza ibikorwa uyu mushinga wabagejejeho.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), bagiranye ibiganiro byari bigamije kubasobanurira gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" no kubasobanurira amateka nyakuri y’u Rwanda.
Dr. Nkurunziza Joseph wagize uruhare mu gushinga umuryango Never Again Rwanda yemeza ko nubwo hari uruhare abakoroni bagize mu gutuma Jenoside iba, uruhare runini ari urw’Abanyarwanda kuko hari Abanyarwanda bishe bene wabo kandi batabitumwe n’abakoroni.
Inama y’abaministiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku wa mbere tariki 24/2/2014 yagize Lt Gen Charles Kayonga, ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa; ikaba kandi yashyizeho Umunyamabanga uhoraho mushya muri Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), n’abayobozi bashya mu bigo bitandukanye.
Urwego rw’Igihugu rugenzura uburinganire (GMO) rugaragaza ko hari ibyiciro bigenga ubuzima bw’igihugu bitaraha amahirwe angana ibitsina byombi; rukaba rwatangiye kugirana amasezerano n’inzego zitandukanye, ruhereye ku ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 akaba atuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu avuga ko nubwo yagize uruhare mu kurwanya abacengezi mu mwaka w’1997-1998 yemera ndetsa akanasaba imbabazi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri komini Mutura ubu ni muri Rubavu.