Abadepite bagize komisiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo barasaba abaturage gutanga ibitekerezo bazifashisha mu mushinga w’itegeko rirebana n’imitungo, izungura n’impano mu bashakanye kuko bari gushaka uko itegeko ryari risanzweho ryavugururwa.
Bamwe mu bayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke barasaba akarere ko bashyirwa muri gahunda y’abaturage bakwiye guhabwa inka muri gahunda ya girinka kubera ko bagira umwanya munini wo gukorera abaturage kurusha uko bakorera ingo zabo.
Umushinga OIM (Organisation Internationale pour Migrations) wasoje ku mugaragaro ibikorwa byawo wakoreraga mu turere dutandukanye ufasha abantu batahutse bavuye mu buhungiro n’abatishoboye basaga ibihumbi bitanu mu gusubira mu buzima busanzwe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo ngo basanga kuba abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu basigaye bamanuka mu mirenge, mu tugari no mu midugudu , aho baza gukora imiganda bafatanije,bakaza no kumva ibibazo ,byazatuma iterambere ryabo byihuta.
Ikibazo cyo kubura amikoro cyangwa kugira imitungo myinshi, bigaragazwa n’imboni zo kurwanya ihohoterwa mu karere ka Kamonyi, nk’imwe mu mpamvu ituma abashakanye bashyamirana.
Imiryango 36 igizwe n’abantu 134 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kuri uyu wa mbere tariki 31 Werurwe 2014, yashakiwe aho gutuzwa mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rwimbogo.
Urubyiruko rugize umuryango Never Again Rwanda rwifatanije n’urundi ruturutse mu bihugu 30 mu ma site agera kuri 74 aho rwakora ibikorwa byo gufasha abatishoboye ariko banaganiraga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamasheke baje gushaka abayobozi kuri uyu wa mbere tariki 31/03/2014 bavuga ko babangamiwe n’inama y’abakozi b’akarere iba buri wa mbere ikamara umunsi wose kuko bigoye kubona umuyobozi kuri uwo munsi ngo abakemurire ibibazo baba bafite.
Guverineri mushya w’intara y’Iburengerazuba, madamu Mukandasira Caritas, arasaba abaturage b’akarere ka Nyabihu gutandukana n’umuco mubi w’ubuharike kuko kubyara abo umuntu adashoboye kurera, bikurura ingaruka mbi zitandukanye ku mibereho y’umuryango n’abawugize.
Umuvunyi mukuru w’igihugu cya Senegal, Prof. Serigne Diop, aravuga ko u Rwanda rukwiye kubera urugero ibindi bihugu muri Afurika mu kwishakamo ibisubizo aho kurambiriza ku nkunga bagenerwa n’amahanga.
Kuba umugore wo mu Rwanda yarahawe ijambo, agaciro ndetse n’urubuga ashobora gukoreramo, ngo bikwiriye kuba umwanya ku bagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba wo kuba umusemburo w’iterambere n’impinduka nziza aho bakorera.
Mu muganda ngarukakwezi wabaye kuwa gatandatu tariki 29/03/2014, mu karere ka Nyagatare hasijwe ibibanza ndetse hakanatangizwa iyubakwa ry’amazu 25 yagenewe Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bari mu murenge wa Matimba.
Mu gusoza ukwezi kwahariwe umugore ku rwego rw’igihugu mu karere ka Nyamasheke, minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa yasabye abagore guharanira ishema ryabo, bagakunda gukora, bagafatanya mu kwiteza imbere no guharanira imibereho myiza y’imiryango yabo.
Abakozi ba Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga bakora mu Ishami ry’ikoranabuhanga kimwe n’ibigo bikora ibijyanye n’ikorabuhanga bifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Kiniha mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi mu muganda batera ibiti kuri ruhurura iri ku burerbure hafi bwa kilometero ebyiri.
Madame Jeannette Kagame arasaba urubyiruko guharanira ko ibyiza u Rwanda rwagezeho bikomeza aho kuba byasubira inyuma. Ibi yabisabye kuri uyu wa Gatandatu tariki 29/3/2014, ubwo yasozaga ibiganiro by’urubyiruko rwibumbiye mu “runana rw’urungano” mu Karere ka Musanze.
Perezida Kagame atangaza ko gukora umuganda ku Banyarwanda bisobanura ko hari aho bifuza kuva bakagera mu iterambere, babyigiriyemo uruharare ku buryo n’izindi ncuti z’u Rwanda ziza gufasha zisanga hari aho ba nyir’ubwite bageze.
Ubwo hasozwaga igihembwe cya kabiri cy’urugerero mu karere ka Nyamaga kuwa 28/03/2014, ababyeyi bashimiye ibikorwa abana babo bari ku rugerero bakoze haba iwabo mu miryango ndetse n’ibifite inyungu rusange.
Inama njyanama y’akarere ka Ruhango yungutse abajyanama bashya ubwo kuwa 28/03/2014 yakiraga madamu Uwineza Béatrice na Ntakirutimana Josée batowe mu cyiciro cy’abahagarariye abagore na Rutayisire Rulinda Jean uhagarariye icyiciro cy’abikorera muri iyo nama.
Umunyamategeko w’Umunyarwanda witwa Evode Uwizeyimana wari umaze iminsi atahutse mu Rwanda yahawe akazi ko gukora muri Komisiyo y’u Rwanda yo kuvugurura Amategeko, aho azaba yungirije umuyobozi wayo bwana John Gara.
Imibare mishya yashyizwe ahagaragara irerekana ko abantu miliyoni imwe n’ibihumbi magana atatu na mirongo itandatu na bine n’abantu makumyabiri (1.364.020) aribo bishwe hirya no hino mu gihugu mu gihe cy’amezi ane Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yamaze.
Isesengura ryakozwe na minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi mu Rwanda (MIDIMAR) riremeza ko Abaturarwanda 16 bitabye Imana, naho abandi 26 barakomeretse n’amazu agera kuri 371 arangirika cyane kubera imvura nyinshi ivanze n’umuyaga n’urubura.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka (Special Guarantee Fund/SGF) kiravuga ko hari abantu benshi bagira impanuka y’ibinyabiziga cyangwa bagahohoterwa n’inyamaswa, ariko bakaba batavurwa cyangwa ngo bishyurwe ibyo bangirijwe. SGF ikaba isaba inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugihagurukira.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko abagore n’abagabo kwiga gutanga icyo muri iki gihe bita “care” (kwita kuri mugenzi wa we) kugira ngo ubuzima bwiza n’umudendezo bisagambe mu ngo zabo.
Abagize Inteko Nshingamategeko ya Koreya y’Epfo bashimiye ko inkunga igihugu cyabo gitera u Rwanda ikoreshwa mu bikorwa byiza biteza abaturage imbere ubwo basuraga akarere ka Nyamagabe kuwa 27/03/2014 bakirebera ibikorwa iki gihugu gitera inkunga muri ako karere.
Ubushakashatsi bwakoze n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere myiza mu mwaka ushize bwashyizwe ahagaragara kuwa 27/03/2014, buragaragaza ko abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru bishimiye imikorere y’ubuyobozi bwabo n’ubwo hari ahakwiye kongerwa imbaraga ngo birusheho kuba byiza.
Abadepite bashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta ngo bagiye gukora iperereza banakurikirane abafite uruhare mu kuba porogaramu ya mudasobwa yitwa Oracle yaraguzwe miliyoni y’amadolari ariko ikaba itarakoreshwa mu myaka ine imaze ngo inoze icungamutungo mu kigo EWSA.
Mujawamariya Elizabeth Johnson, umunyarwandakazi utuye mu ntara ya Colombie Britanique mu gihugu cya Canada, avuga ko Abanyarwanda bo muri Diaspora bakwiye kugira uruhare runini mu kugaragaza isura nyakuri y’u Rwanda ku baturage bo mu bihugu batuyemo.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke ngo barasanga ari bamwe mu nkingi za mwamba akarere kubakiyeho imiyoborere myiza n’iterambere, bakavuga ko agaciro kabo gakwiye kugaragarira mu buryo bakirwa ku karere ndetse ngo bakajya bahabwa ibyicaro by’imbere mu nama zikomeye ziba zateguwe n’akarere.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abateye ibisasu bya grenades bari mu maboko y’ubutabera, bakaba ngo ari nabo ubwabo bahamya ko ababatumye gutera ibisasu ari abo mu mashyaka ya RNC, FDLR n’abo bafatanyije.
Ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (FARG) n’indi miryango itandukanye barasaba Abanyarwanda kwitabira gufasha no kuba hafi inshike n’abarokotse Jenoside bageze mu za bukuru badafite amikoro.