Ubwo kuri uyu wa kabiri tariki 18/03/2014 yasozaga icyiciro cya 49 cy’ingando z’abari abarwanyi bitandukanyije n’imitwe irwanya Leta y’u Rwanda iri mu mashyamba ya Kongo, Guverineri Bosenibamwe Aime yabijeje ko bazafatwa nk’abandi Banyarwanda bose bafashwa gusubira mu buzima busanzwe.
Umuryango witwa ADTS, Association pour le Developpment et la Transformation Sociale, uvuga ko uharanira inyungu rusange uratangaza ko ugiye gutangiza gahunda yaguye mu karere ka Gakenke igamije kwigisha abatishoboye uburyo bwo kwiteza imbere bahereye kuri bicye bafite iwabo.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bacumbikiwe mu kagari ka Bubazi mu murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi barashimira abaturage b’aho mu kagari ka Gacaca ko babakiriye bakabaha imfashanyo irimo ibiribwa n’imyambaro, ariko bagasaba ubuyobozi kubafasha kubona ibisubizo by’ibibazo bibabangamiye mu buryo (…)
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yaciye mu Rwanda ubucuruzi bw’uruhererekane bwitwa TELEXFREE bwari bumaze iminsi buri gukurura benshi mu Rwanda, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, MINICOM, ikaba ivuga ko bwari buteye imbogamizi zikomeye bugamije guhombya ubukungu bw’u Rwanda.
Abanyamahanga bafite imirimo bakorera mu karere ka Ruhango, barishimira ko bagiye guhabwa icyangombwa cyizabafasha kubona service zimwe na zimwe batabonaga zirimo ubwisungane mu kwivuza n’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Mu murenge wa Bweramana wo mu karere ka Ruhango, hatangijwe imurikabikorwa ry’abafatangabikorwa bakorera muri uyu murenge, iri murika bikorwa rikaba ryaranzwe no kuremera abatishoboye baryamaga kuri nyakatsi bahabwa matela.
Abapolisi barasabwa kumenya ko bafite inshingano ziremereye kandi zikomeye zirenze gucunga umutekano w’Abanyarwanda n’ibyabo gusa, ahubwo bikarenga bikageza no kubaka iterambere ry’igihugu.
Vumulia Innocent, umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Imiyoborere Myiza, RGB aratangaza ko amarushanwa y’ibiganiro-mpaka ahuza abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza bizabatinyuka kuvuguruza ibintu bisebya u Rwanda.
Akarere ka Rutsiro karishimira ko ku ngengo y’imari kari kateguye y’umwaka wa 2013/2014 hiyongereyeho miliyoni zisaga 255, ibi bigatuma iva kuri miliyari umunani na miliyoni zisaga 865 ikagera kuri miliyari icyenda na miliyoni zisaga 121 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ishuri ryisumbuye rya Groupe Scolaire Mater Dei ryegamiye kuri diyosezi Gatulika ya Butare riyoborwa n’ababikira bo mu muryango w’Abenebikira riherereye mu karere ka Nyanza ryatashye inzu mberabyombi yuzuye itwaye asaga miliyoni 132 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abakiristo bo mu Iterero rya ADEPR Paruwasi ya Karongi kuri uyu wa 16 Werurwe 2014 basoje igiterane cy’iminsi ibiri cyaberaga ku Rusengero rw’Umudugudu wa Nyamishaba cyari kigamije guhwitura abantu b’Imana ngo bigaragara ko bagenda barushaho gutwarwa n’iby’isi bakibagirwa gusenga.
Joseph Kagabo utuye mu karere ka Huye, avuga ko atumva impamvu hari abibaza impamvu ya “Ndi Umunyarwanda”, gahunda yibutsa abantu ko ari Abanyarwanda kandi basanzwe babizi, nyamara ntibibaze impamvu abantu bajya gusenga igihe cyose bibutswa ko ari abakirisitu.
Ubwo yatangaga ikiganiro ku mateka y’u Rwanda ku banyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Karongi muri gahunda yo kubasobanurira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, tariki 15/03/2014, Ambasaderi Polisi Denis yasobanuye uburyo abanyapolitiki bagiye boreka u Rwanda mu macakubiri kugera ubwo ava mu moko akagera no mu turere.
Mukangango Beretilida utuye mu Karere ka Huye, avuga ko hari umuntu wari mu bitero byashakaga kumwica mu gihe cya Jenoside yajyaga abona agahahamuka; Ariko ngo nyuma yo kumushaka akamubwira ko nta mutima mubi amufitiye, ubu asigaye atuje no guhahamuka byarakize.
Umusirikare wa Congo wa 14 wafatiwe mu Rwanda yahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko yashyikirijwe itsinda ry’abasirikare bashinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (Extended Joint Verification Mechanism: EJVM) kuri uyu wa gatandatu tariki 15/03/2014.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko (FFRP) bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kobongerera ubumenyi ku kwinjiza ihame ry’uburinganire mu gutegura igenamigambi n’ingengo y’imari.
Umuryango uharanira iterambere ry’umogore no kurwanya ihohoterwa mu karere k’ibiyaga bigari “COCAFEM,” urishimira uko abagore barimo guharanira kwiteza imbere, bakaba basaba n’abandi bogore guhindura imyumvire bakareka guhora bateze amaboko abagabo.
Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade ya Sweden mu Rwanda, Col. Leif Thorin Carison, yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zikora akazi gakomeye mu butumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye, hakaba hari byinshi bakwigira ku Rwanda.
Alphonse Munyantwari, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, atangaza ko ibiganiro bya gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" atari iby’ubwenge gusa ahubwo ari ibyo gufasha mu kubohora imitima.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Sudani y’Amajyepfo mu mujyi wa Juba, kuva taliki ya 12/3/2014, zatangiye igikorwa cyo gutabara abaturage bugarijwe n’ibiza by’amazi menshi yabasanze aho bari bacumbitse.
Ministeri ishinzwe umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (MINEAC) irasaba Abanyarwanda aho baba bari hose kumva ko bahuje isanomuzi, kandi ko Ubunyarwanda burenze imipaka y’u Rwanda.
Mu isoko rirema mu ri santere ya Gakenke uhasanga ubucuruzi butandukanye dore ko abantu baba baturutse impande zitandukanye bitewe n’uko iri soko rirema kabiri gusa mu cyumweru.
Ku nshuro ya mbere, hagiye kubaho Iserukiramuco ry’abari n’abategarugori mu rwego rwo kumurika bimwe mu bikorwa bagezeho mu myaka 20 ishize Jenoside ibaye mu Rwanda.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rufite ibitekerezo by’iminshinga itandukanye ariko rukabura abarutera inkunga kugira ngo rutangize iyo mishinga yarwo bigatuma rurushaho kuba mu bukene.
Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro gereza izajya ifungirwamo abagore gusa mu ntara y’Iburasirazuba, abagore bemerewe ko nibita ku isuku bashobora kuzajya batunga imisatsi mu gihe ubundi uwageragamo yahitaga yogoshwa umusatsi wose.
Itsinda rishinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (Extended Joint Verification Mecanism) kuri uyu wa kane tariki 13/03/2014 ryashyikirijwe Kaporari Ntungamihigo Zakayo wo mu ingabo za Congo wari warafatiwe mu Rwanda yambutse mu buryo budakurikije amategeko.
Abapolisi 74 barimo ba Komiseri ba Polisi babiri, ba ofisiye bakuru na ba ofisiye bato basezerewe muri Polisi y’u Rwanda. Abo ba Komiseri basezerewe harimo Komiseri wa Polisi (CP) Steven Balinda, na Komiseri wungirije wa Polisi (ACP) Yoweri Ndahiro.
Abanyarwanda birukanywe mu guhugu cya Tanzania bakaza basize imitungo yabo, barishimira uko babayeho ngo nubwo ari igisebo kuri Tanzania yabirukanye izi ko bagiye gupfa.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Kigali, kuwa gatatu taliki 12/03/ 2014, basuye imiryango 142 y’Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari kwitegura gutuzwa mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kirehe bayishyikiriza inkunga zifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni.
Sosiyete SAFKOKO yatsindiye kubaka imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) irimo Gisenyi-Goma, Rusizi-Bukavu hamwe na Bukavu- Bujumbura iragawa ko itihutisha ibyo bikorwa.