Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, amaze gushwishuriza ibihugu bitekereza ko ubuhangange bwabyo bwatuma buhindura ukuri ku byaranze Jenoside mu Rwanda, kuko ukuri kutajya gupfa.
Gahunda ya Ndi umunyarwanda izongera ireme ry’uburezi n’uburere mu banyeshuri n’abaturage nk’uko bitangazwa n’abarezi n’abayobozi b’ibigo byo mu murenge wa Gishubi bayihuguweho mbere yo gutangira ibiruhuko by’igihembwe cya mbere.
Imiryango 30 y’Abanyarwanda batahutse kuva 2009-2014 bakaba batuye mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ibikoresho by’ubuhinzi, imbuto y’ibirayi n’ifumbire mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka.
Urubyiruko ruri mu rugaga rw’urubyiruko rwa FPR Inkotanyi ruhagarariye urundi mu Ntara y’Ubungerazuba kuva kuri uyu wa 5 Mata 2014 rwahuriye mu Karere ka Karongi aho rurimo kuganirizwa mu gihe cy’iminsi ibiri ku ngingo zinyuranye zikangurira urubyiruko kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu no kukibungabungira (…)
Mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye tariki 04/04/2014, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yisobanuye ku bihano asabirwa n’umuvunyi aho yagaragaje ko amakosa aregwa atariwe wayakoze ahubwo yakozwe n’abakozi ayobora.
Abaturage bemeza ko insakazamashusho zashyizwe hirya no hino mu mirenge zibafasha kutarambirwa igihe bategereje guhabwa serivisi, no kumenya amakuru abera mu gihugu no kwigira ku bandi bantu biteje imbere.
Itorero rya ADPR ryateye intambwe mu gucyemura bimwe mu bibazo bimaze iminsi birirangwamo, ryiyunga Hon. Edouard Bamporiki, umwe mu bayoboke bari bamaze igihe kinini batarebana neza, biyemeza gukorera hamwe mu guteza iri torero imbere.
Urubyiruko rukora ibijyanye n’ikoranabuhanga rwibumbiye mu muryango Young ICT Enterpreneurs rwatangije igikorwa kizamara iminsi 100, kigamije gukusanya inkunga yo gufata mu mugongo incike zasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu bafite insyo zisya imyaka muri centre ya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinjanya kubangamirana mu bucuruzi, aho bamwe bavuga ko mugenzi wabo yanze ko bimukira ahandi kugira ngo agumane isoko wenyine.
Gereza ya Nyanza izwi ku izina rya Mpanga ikaba iherereye mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abanyamerika biganjemo Abayahudi barokotse Jenoside mu gihe Ubudage n’uburayi byari byigaruriwe na Adolphe Hitler.
Abanyapolitiki baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nabo bazibukwa ukwabo kuko bazize kudashyigikira ibyakorwaga na politiki y’icyo gihe, nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali.
Mu rugendo rw’iminsi umunani abasirikare bakuru 21 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bagirarira mu Rwanda, batangaza ko kuza kwigira mu Rwanda basanga hari byinshi bakunguka mu kwicyemurira ibibazo kurusha uko bajya hanze y’Afurika.
Ishyaka Green Party ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ryamaze kwemererwa kwinjira mu ihuriro ry’imitwe ya politiki ikorera mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 3/4/2014, nyuma yo kubisaba n’ubwo ryari ryabanje kunenga imikorere y’iri huriro.
Habimana Theoneste w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro avuga ko mbere yemeraga Faustin Twagiramungu ndetse akajya agendana ifoto ye, ariko muri iyi minsi akaba amufata nk’ikigarasha kimwe n’abandi bose barwanya Leta y’u Rwanda nyuma yo kumenya amakuru ko Twagiramungu yatangaje ko yifatanyije na FDLR ku mugaragaro.
Nyuma yo gusura umupaka muto uhuza amujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma taliki 2/04/2014, intumwa z’abadepite b’igihugu cy’Ubwongereza bari mu ruzinduko rw’iminsi 4 mu Rwanda batangaje ko FDLR ibangamiye u Rwanda n’akarere ruherereyemo.
Uburyo Inkeragutabara zasannye amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari rarasenyutse buratanga icyizere ko atazasenyuka vuba.
Abakora umwuga w’ubucungagereza barasabwa kurangwa n’umurava, ubushishozi n’ubunyangamugayo mu kazi kabo kugira ngo bashobore inshingano bafite zo gucunga imfungwa n’abagororwa ndetse no kubahuza n’imiryango yabo.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’abibumbye (UN) bashyize hamwe amadolari y’Amerika asaga miliyoni 6.5 USD yo gushyigikira ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta (CSOs), kugirango ibashe gukurikirana ibikorwa bya Guverinoma, kuyigira inama ndetse no gusaba ko hari ibyakosorwa.
Umushinga USAID-Higa Ubeho ukorera mu karere ka Kayonza wigishije abaturage uburyo bakora umuti wica udukoko twibasira ibihingwa bifashishije urusenda.
Abasirikare bakuru 21 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda aho baje kwiga ibijyanye n’uburyo ibihugu by’akarere byishyira hamwe hagamijwe iterambere mu bukungu n’imibereho myiza y’abaturage.
Abadepite bagize komisiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo barasaba abaturage gutanga ibitekerezo bazifashisha mu mushinga w’itegeko rirebana n’imitungo, izungura n’impano mu bashakanye kuko bari gushaka uko itegeko ryari risanzweho ryavugururwa.
Bamwe mu bayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke barasaba akarere ko bashyirwa muri gahunda y’abaturage bakwiye guhabwa inka muri gahunda ya girinka kubera ko bagira umwanya munini wo gukorera abaturage kurusha uko bakorera ingo zabo.
Umushinga OIM (Organisation Internationale pour Migrations) wasoje ku mugaragaro ibikorwa byawo wakoreraga mu turere dutandukanye ufasha abantu batahutse bavuye mu buhungiro n’abatishoboye basaga ibihumbi bitanu mu gusubira mu buzima busanzwe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo ngo basanga kuba abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu basigaye bamanuka mu mirenge, mu tugari no mu midugudu , aho baza gukora imiganda bafatanije,bakaza no kumva ibibazo ,byazatuma iterambere ryabo byihuta.
Ikibazo cyo kubura amikoro cyangwa kugira imitungo myinshi, bigaragazwa n’imboni zo kurwanya ihohoterwa mu karere ka Kamonyi, nk’imwe mu mpamvu ituma abashakanye bashyamirana.
Imiryango 36 igizwe n’abantu 134 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kuri uyu wa mbere tariki 31 Werurwe 2014, yashakiwe aho gutuzwa mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rwimbogo.
Urubyiruko rugize umuryango Never Again Rwanda rwifatanije n’urundi ruturutse mu bihugu 30 mu ma site agera kuri 74 aho rwakora ibikorwa byo gufasha abatishoboye ariko banaganiraga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamasheke baje gushaka abayobozi kuri uyu wa mbere tariki 31/03/2014 bavuga ko babangamiwe n’inama y’abakozi b’akarere iba buri wa mbere ikamara umunsi wose kuko bigoye kubona umuyobozi kuri uwo munsi ngo abakemurire ibibazo baba bafite.
Guverineri mushya w’intara y’Iburengerazuba, madamu Mukandasira Caritas, arasaba abaturage b’akarere ka Nyabihu gutandukana n’umuco mubi w’ubuharike kuko kubyara abo umuntu adashoboye kurera, bikurura ingaruka mbi zitandukanye ku mibereho y’umuryango n’abawugize.
Umuvunyi mukuru w’igihugu cya Senegal, Prof. Serigne Diop, aravuga ko u Rwanda rukwiye kubera urugero ibindi bihugu muri Afurika mu kwishakamo ibisubizo aho kurambiriza ku nkunga bagenerwa n’amahanga.