Ambasaderi wa Australia mu Rwanda, Geoff Tooth, kuri uyu wa 9/4/2014 yagiriye uruzindiko mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rutare rwo kureba ibikorwa biterwa inkunga n’igihugu ibinyujije mu mushinga wa World Vision.
Undi musirikare wa Congo wari warafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo butemewe n’amategeko, Captain Lupango Rogacien, yashyikirijwe itsinda ry’ingabo zishinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (EJVM) tariki 09/04/2014 ndetse anashimira uburyo yitaweho ari mu Rwanda.
Minisiteri y’umutungo kamere (MINIRENA), Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG) n’ishyirahamwe rirengera inyungu z’abarokotse Jenoside (IBUKA), bikomye Abanyarwanda n’amahanga bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo Abanyarwanda ndetse n’isi yose bibukaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yasobanuye byinshi bijyanye n’amateka ya Jenoside n’ingaruka, aho yagaragaje ko ibyabaye bitajya bihinduka buri wese akaba afite inshingano yo gusobanura amateka uko ateye.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho mu Rwanda, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda muri iki gihe rufite imyumvire isobanutse, bityo rukaba ari icyizere cy’igihugu mu gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka igihugu.
Ubwo yatangaga ikiganiro ku “Gukumira no kurwanya ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi,” mu Karere ka Karongi, Umuyobozi w’inkambi y’impunzi ya Kiziba, yavuze ko abirengangiza imibare nyakuri y’ababpfuye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi na bo baba bayipfobya.
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 utuye mu murenge wa Jenda mu mu karere ka Nyabihu yemera ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ngo yumva uruhare yagize mu gusenya igihugu akwiye kurukuba kenshi mu kucyubaka no guharanira icyateza imbere Umunyarwanda.
Umwe mu musirikare b’Abafaransa bari mu kiswe ‘Operation Turquoise’ mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yatanze ubuhamya bwerekana ko Operation yari igamije gufasha mu kwica Abatutsi mu gihe beshi bari bazi ko igamije kubarinda.
Abayobozi b’igihugu cy’u Bubiligi baje mu Rwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi bavuze ko ubufatanye bw’ibihugu byombi buzahoraho kuko ngo bisangiye amateka ya Jenoside; aho bavuga ko impamvu zatumaga Abatutsi bicwa, ari zo zicishije abasirikare 10 n’abasivili 12 b’ababiligi.
Pasiteri Uwimana Daniel yatanze ubuhamya ku bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Kibuye by’umwihariko kuri Paroisse St Pierre, kuri Home St Jean no kuri Stade Gatwaro yari Stade ya Perefegitura ya Kibuye maze anasobanura ukuntu yarokowe na mayibobo.
Ubuyobozi bw’ikigo cya SOS Village d’Enfants gikorera mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza tariki 07/04/2014 cyaremeye abakecuru batanu bagizwe incike na Jenoside kinabashumbusha abana n’abuzukuru bazajya baba hafi. Abana bashumbushijwe abo bakecuru ni abakozi basanzwe bakora muri icyo kigo, naho abuzukuru bakaba ari (…)
Imbere y’imbaga y’Abanyarwanda n’abanyamahanga barimo abanyacyubahiro batandukanye, Umukuru w’igihugu, Paul Kagame yasobanuye ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rwari kuba rutakiriho ariko ubu ni igihugu kimwe bitewe no gushyira hamwe kw’Abanyarwanda, kwihitiramo ibibabereye ndetse no kureba kure.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, amaze gushwishuriza ibihugu bitekereza ko ubuhangange bwabyo bwatuma buhindura ukuri ku byaranze Jenoside mu Rwanda, kuko ukuri kutajya gupfa.
Gahunda ya Ndi umunyarwanda izongera ireme ry’uburezi n’uburere mu banyeshuri n’abaturage nk’uko bitangazwa n’abarezi n’abayobozi b’ibigo byo mu murenge wa Gishubi bayihuguweho mbere yo gutangira ibiruhuko by’igihembwe cya mbere.
Imiryango 30 y’Abanyarwanda batahutse kuva 2009-2014 bakaba batuye mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ibikoresho by’ubuhinzi, imbuto y’ibirayi n’ifumbire mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka.
Urubyiruko ruri mu rugaga rw’urubyiruko rwa FPR Inkotanyi ruhagarariye urundi mu Ntara y’Ubungerazuba kuva kuri uyu wa 5 Mata 2014 rwahuriye mu Karere ka Karongi aho rurimo kuganirizwa mu gihe cy’iminsi ibiri ku ngingo zinyuranye zikangurira urubyiruko kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu no kukibungabungira (…)
Mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye tariki 04/04/2014, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yisobanuye ku bihano asabirwa n’umuvunyi aho yagaragaje ko amakosa aregwa atariwe wayakoze ahubwo yakozwe n’abakozi ayobora.
Abaturage bemeza ko insakazamashusho zashyizwe hirya no hino mu mirenge zibafasha kutarambirwa igihe bategereje guhabwa serivisi, no kumenya amakuru abera mu gihugu no kwigira ku bandi bantu biteje imbere.
Itorero rya ADPR ryateye intambwe mu gucyemura bimwe mu bibazo bimaze iminsi birirangwamo, ryiyunga Hon. Edouard Bamporiki, umwe mu bayoboke bari bamaze igihe kinini batarebana neza, biyemeza gukorera hamwe mu guteza iri torero imbere.
Urubyiruko rukora ibijyanye n’ikoranabuhanga rwibumbiye mu muryango Young ICT Enterpreneurs rwatangije igikorwa kizamara iminsi 100, kigamije gukusanya inkunga yo gufata mu mugongo incike zasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu bafite insyo zisya imyaka muri centre ya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinjanya kubangamirana mu bucuruzi, aho bamwe bavuga ko mugenzi wabo yanze ko bimukira ahandi kugira ngo agumane isoko wenyine.
Gereza ya Nyanza izwi ku izina rya Mpanga ikaba iherereye mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abanyamerika biganjemo Abayahudi barokotse Jenoside mu gihe Ubudage n’uburayi byari byigaruriwe na Adolphe Hitler.
Abanyapolitiki baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nabo bazibukwa ukwabo kuko bazize kudashyigikira ibyakorwaga na politiki y’icyo gihe, nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali.
Mu rugendo rw’iminsi umunani abasirikare bakuru 21 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bagirarira mu Rwanda, batangaza ko kuza kwigira mu Rwanda basanga hari byinshi bakunguka mu kwicyemurira ibibazo kurusha uko bajya hanze y’Afurika.
Ishyaka Green Party ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ryamaze kwemererwa kwinjira mu ihuriro ry’imitwe ya politiki ikorera mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 3/4/2014, nyuma yo kubisaba n’ubwo ryari ryabanje kunenga imikorere y’iri huriro.
Habimana Theoneste w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro avuga ko mbere yemeraga Faustin Twagiramungu ndetse akajya agendana ifoto ye, ariko muri iyi minsi akaba amufata nk’ikigarasha kimwe n’abandi bose barwanya Leta y’u Rwanda nyuma yo kumenya amakuru ko Twagiramungu yatangaje ko yifatanyije na FDLR ku mugaragaro.
Nyuma yo gusura umupaka muto uhuza amujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma taliki 2/04/2014, intumwa z’abadepite b’igihugu cy’Ubwongereza bari mu ruzinduko rw’iminsi 4 mu Rwanda batangaje ko FDLR ibangamiye u Rwanda n’akarere ruherereyemo.
Uburyo Inkeragutabara zasannye amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari rarasenyutse buratanga icyizere ko atazasenyuka vuba.
Abakora umwuga w’ubucungagereza barasabwa kurangwa n’umurava, ubushishozi n’ubunyangamugayo mu kazi kabo kugira ngo bashobore inshingano bafite zo gucunga imfungwa n’abagororwa ndetse no kubahuza n’imiryango yabo.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’abibumbye (UN) bashyize hamwe amadolari y’Amerika asaga miliyoni 6.5 USD yo gushyigikira ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta (CSOs), kugirango ibashe gukurikirana ibikorwa bya Guverinoma, kuyigira inama ndetse no gusaba ko hari ibyakosorwa.