Mu masaha ya mugitondo kuri uyu wa Kabiri tariki 20/05/2014 mu Isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo inzego zishinzwe umutekano zitaye muri yombi umusore ufite gerenade imwe mu gikapu agiye kuyigurisha.
Umutaliyanikazi Giovanna Libur Moro yishimiye ko taliki 19/05/2014 yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda nyuma yo kubusaba kuko yifuza kubusangira n’umuryango we uba mu Rwanda.
Ubuyobozi bushinzwe inyamaswa muri Pariki y’ibirunga mu Rwanda bwasubije igihugu cya Kongo ingagi yari imaze imyaka irenga 3 mu Rwanda nyuma yo gufatanwa ba rushimusi bashaka kuyigurisha aho yakuwe muri Kivu y’amajyepfo.
Mu nama mpuzamahanga yateguwe na Banki nyafurika itsura amajyambere(AfDB) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke mu by’ubukungu zavuze ko ibyashingirwaho mu guteza imbere ibihugu, harimo kuzamuka k’ubukungu, imiyoborere n’imibereho myiza by’abaturage; u Rwanda ngo rurabifite.
Ubwo Paruwasi nshya ya Butete, muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatahwaga ku mugaragaro tariki 17/05/2014, abakristu basabwe guharanira kubungabunga umutekano w’igihugu kandi bakora cyane kugira ngo bihaze mu biribwa banirinda ibihuha bityo bakomeze gutera intambwe bajya imbere.
Urubyiruko ruri muri FPR rwo mu karere ka Rwamagana n’urw’ahandi mu gihugu rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere kandi rukarangwa no kutihanganira ubukene ahubwo rugafata umwanzuro wo gukora no kwizera ko ibisubizo biri mu maboko yabo.
Abaturage bo mu murenge y’ibyaro yo mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwa EWSA ko bwabafasha bakajya bakwishyurira inyemezabuguzi zabo z’amazi hafi batabanje kuza kwishyurira ku biro bikuru bya EWSA i Nyamata.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu gihugu cya Sudan muri Kaminuza Mpuzamahanga Nyafurika, IUA, ku wa 16 Gicurasi 2014 bamurikiye bagenzi babo amateka y’u Rwanda n’umuco nyarwanda banabasobanurira by’umwihariko amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ndetse n’aho igihugu kigeze cyiyubaka nyuma y’imyaka 20 gihuye (…)
Nyuma yogushyirwaho ikiguzi cya Visa ku Banyarwanda bajya muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo mu gice cya Bukavu, ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL butangaza ko bwamaze kwandikira igihugu cya Kongo kugira ngo gisuzume ko icyemezo cyafashwe n’abayobozi ba Kivu y’amajyepfo (…)
Umuryango TEARFUND, uravuga ko amahame ugenderaho n’imiyoborere yawo bitawemerera gukorana n’umuntu wese witwaje intwaro, ukongeraho ko ari umuryango wa gikristo udashobora gushyigikira cyangwa gukorana n’uwo ariwe wese ukora ibikorwa byo kugirira nabi abantu.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Kangwagye Justus, yasabye abagore ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” iteganywa mu mirenge, bakwiye kuyitegurana akarusho. Yabibasabye mu nama yahuje abagore bahagariye abandi n’inzego zitandukanye zikorera mu karere ka Rulindo kuwa kane tari 14/5/2014.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) mu mwaka ushize wa 2013 bugamije kumenya icyo abaturage b’akarere ka Rutsiro bavuga kuri serivisi bahabwa mu byiciro bitandukanye muri gahunda za Leta zibagenerwa bugaragaza ko muri rusange akarere ka Rutsiro kadahagaze nabi cyane.
Abakristu basengera muri santarari Butete, iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, barishimira ko begerejwe Paruwasi hafi yabo dore ko ngo hari hashize imyaka myinshi bakora ingendo ndende bajya kuri Paruwasi Kinoni.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, aratangaza ko ingaruka za Jenoside zikigaragara mu Rwanda bitewe n’abantu bakibona mu moko, ariko akemeza ko bidakwiye ko ahashize h’u Rwanda hibagirana kugira ngo Abanyarwanda batazahura n’ingaruka zo kwibagirwa.
Ubwo Komisiyo ya Sena y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano yagiriraga uruzinduko mu karere ka Gicumbi, abaturage bayisabye ubufasha mu kurwanya itsinda ry’abantu biyise “Abarembetsi” binjiza ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko aricyo kiza ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Ubwo Polisi y’Igihugu yashyikirizaga bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare na Gatsibo impushya zabo zo gutwara ibinyabiziga batsindiye yongeye kwibutsa ko abantu bakwiye kwirinda inzira zitemewe mu kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Kuri uyu wa kane tariki 15 Mata, abakozi bo muri Perezidansi n’abo mu biro bya Minisitiri w’Intebe, baje gukemura ibibazo bamwe mu baturage b’i Muhanga bagejeje kuri Perezida wa Repubulika.
Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR witandukanyije na bo afata icyemezo cyo gutaha mu rwamubyaye atangaza ko umutwe wa FDLR udafite imbaraga zo gufata igihugu kuko intambara urwana zigamije ko abayobozi bakuru bayo bacuma iminsi ngo bazageze igihe cyo gupfa bataryojwe ibyaha bakoze.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) bugaragaza ko abaturage b’Akarere ka Karongi bishimira by’umwihariko serivisi z’ubuzima ariko na none bakaba batishimira by’umwihariko serivisi zitangwa n’Ikigo cy’igihugu cy’amazi, ingufu n’amashanyarazi (EWSA).
Mu gihe Lata y’u Rwanda ishyize imbere ko umusore n’inkumi bagiye kurushinga bagomba kubanza gusezerana imbere y’amategeko, mu kagali ka Kamashangi, umurenge wa Kamembe, akaba ari na ko kagali kari mu mujyi rwagati wa Rusizi, harabarurwa ingo zigera ku 167 zibana zidaseseranye byemewe n’amategeko.
Angola nk’igihugu kiyoboye inama y’akarere k’ibiyaga bigali (ICGLR) cyanatagiye no kubaka ubucuti bwihariye n’u Rwanda, gishyigikiye ko ibihugu bigize uyu muryango byiyemeza gutahiriza umugozi umwe mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba muri aka karere irimo FDLR.
Abaturage batuye akarere ka Ngoma bari ku kigereranyo cya 97% bemeza ko bishimira uruhare rwabo bagira mu itegurwa ry’imihigo; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) mu mwaka wa 3013.
Mu gihe habura iminsi ine gusa ngo u Rwanda rwakire inama ngarukamwaka ya banki Nyafurika y’Iterambere (African Development Bank Annual Meeting) imyiteguro igeze kure mu mpande zose harimo no gutegura imodoka zizatwara abazitabira iyi nama.
Kuri uyu wa gatatu tariki 14/5/2014, akarere ka Rulindo kasuwe n’abahagarariye abanyamuryango ba RPF bo mu mirenge igize akarere ka Gatsibo, aho basobanuriwe banerekwa ibikorwa by’iterambere aka karere kamaze kugeraho gafatanije n’abaturage.
Uwamahoro Sarah washakanye na Hitimana Dieudonne wari umurwanyi wa FDLR mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa Gatatu tariki 14/05/2014 yakiriwe mu Karere ka Musanze, avuga ko babanje kuba i Nyabyondo mu Karere ka Masisi umugabo aza kumwimurira mu Mujyi wa Goma kuko hari hafi y’aho FDLR yakoreraga ibikorwa byayo.
Buri Munyarwanda wese ukunda kandi wifuza amahoro arasabwa kugira uruhare muri “Peace Marathon” izaba kuri iki cyumweru tariiki 18/5/2014, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Imikino ngororangingo mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere myiza (RGB) kuri uyu wa kabiri tariki 13 Gicurasi 2014, cyagaragarije Akarere ka Gatsibo uko abaturage bavuze aka karere mu mitangire ya service mu mwaka wa 2013, muri gahunda yiswe Citizen Report Card 2013.
Ubugenzuzi bwakozwe n’inzego zinyuranye zirimo ubugenzuzi bw’umurimo mu karere, ubugenzuzi bw’ubucukuzi muri minisiteri y’umutungo kamere n’inzego z’umutekano zagaragaje ko mu masosiyete acukura amabuye y’agaciro mu Karere ka Ngororero hakomeje kugaragara abakoresha batubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Abakuru b’imidugudu bose bo mu Karere ka Huye uko ari 508, ku itariki ya 12/5/2014 bahawe telefone zo kwifashisha mu kazi kabo ka buri munsi. Ibi ngo bizatuma imigendekere y’akazi kabo irushaho kuba myiza kuko hari igihe ababakuriye babakeneraga ntibabashe kubabonera igihe.
Mu karere ka Rusizi niho hatangirijwe igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’uturere tw’intara y’uburengerazuba mu rwego rwo kubahiriza amasezerano bagiranye na Police y’igihugu hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu muri rusanga n’abagituye.