Umuraza Landrada, komiseri muri komisiyo y’igihugu y’itorero arasaba intore zigiye ku rugerero kutazihanganira na rimwe umuntu wese washaka guhungabanya Ubunyarwanda. Ibi yabivugiye mu muhango wo gusoza icyiciro cya mbere cy’urugerero rw’intore zikabakaba 700 zatorezwaga mu ishuri rya APEGA Gahengeri mu karere ka Rwamagana (...)
Umuryango w’abakomoka kuwitwa Busindu barasaba akarere ka Ngororero kubasubiza cyangwa bakabishyura agaciro k’ahubatswe umurenge wa Muhororo muri ako karere, nyuma y’uko uyu muryango utangiye gusubiza ahenshi muho bari bambuwe ubwo bahungaga mu 1959.
Intumwa za rubanda 23 n’izindi mpugucye mu muryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari (CEPGL) kuva taliki ya 12/12/2013 bari mu Rwanda mu kuganira imikorere y’uyu muryango n’ibibazo uhura nabyo mu gushyira mu bikorwa inshingano ufite.
Abayobozi batandukanye bo ku rwego rw’igihugu n’abakirisitu banyuranye bahuriye kuri Paruwasi Regina Pacis yo mu murenge wa Remera mu karere ka Gasabo mu gitambo cya missa cyo gusabira Nyakiwgendera Nelson Mandela, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/12/203.
Depo y’amarangi y’ishyirahamwe ry’abantu babiri ryitwa SOGECORWA na zimwe mu nyubako ziyegereye, imbere y’ahahoze hitwa kuri ETO-Muhima mu mujyi wa Kigali, hazindutse hibasirwa n’inkongi y’umuriro, ahanga saa moya za mu gitondo kuri uyu wa gatandatu tariki 14/12/2013.
Umufasha wa perezida Kagame yifatanyije n’abana b’imfubyi ziba mu kigo cya Noel Nyundo mu mihango yo kwitegura gusoza umwaka wa 2013, ashyikiriza abandi 22 inzu zo kubamo, naho abarenga 50 bashyikirizwa imiryango izabarera kandi asangira nabo ifunguro yabageneye mu bihe byo gusoza umwaka.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe amajyambere UNDP ryahaye u Rwanda igihembo cy’amadolari y’Amerika ibihumbi 75, kubera Video yarushije izindi muri Afurika mu kugira umwimerere yiswe Youth Connekt hangout, yakozwe na minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga MYICT. Ministry of Youth and ICT.
Umuyobozi wungirije w’Itorero ry’Igihugu, Brig. Gen. Bayingana Aimable aravuga ko u Rwanda rukeneye Abanyarwanda bazima mu mitekerereze no ku mubiri kugira ngo babashe kumenya gukora igikiwiye kandi bagikore neza kuko ariyo nzira y’iterambere u Rwanda rukwiye kunyura ngo rutandukane n’amateka mabi yose yaruranze mu bihe (...)
Umushinjacyaha mukuru wa leta mu Rwanda, Richard Muhumuza, aratangaza ko mu gikorwa cyo kugaruza imitungo ya leta yanyerejwe mu buryo budasobanutse ngo hamaze kugaruzwa miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda gusa mu gihe habarurwa ko asaga miliyoni 160 ariyo yanyerejwe n’abantu banyuranye, benshi muri bo bakaba abakozi ba (...)
Ubwo Makoden Negatu uhagarariye Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD, Banque Africaine de Development, mu Rwanda yasuraga akarere ka Rulindo kuwa gatatu tariki ya 11/12/ 2013 yemeje ko iyo banki yiteguye gutanga amafaranga akenewe ngo hubakwe umuhanda uzahuza uturere twa Rulindo mu majyaruguru na Nyagatare mu burasirazuba.
Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire bw’umugabo n’umugore bita GMO, Gender Monitoring Office, ku bufatanye n’ibiro bishinzwe kugira inama abaturage mu by’amategeko mu karere ka Karongi MAJ, Maison d’Accès à la Justice bumvise kandi bakemura bimwe mu bibazo abaturage babagejejeho kuwa, batanga (...)
Itsinda ry’abiga mu ishuri rya gisirikare rya Kenya bari mu rugendoshuri mu Rwanda baravuga ko ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda rikorera i Nyakinama mu karere ka Musanze riri mu nzira nziza izarigira ishuri ry’icyitegererezo mu karere u Rwanda ruherereyemo kose.
Umuturage wo mu mudugudu wa Kinkoronko mu kagari ka Gikaya ko mu murenge wa Nyamirama muri Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akekwaho kuba yarateye igiti cy’urumogi iwe mu gikari.
Urubyiruko ruri mu itorero mu karere ka Gisagara rurahamagarirwa gufata iya mbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kugira ngo amateka mabi yaranze u Rwanda atazongera kandi hanaranduke ibitekerezo bibi yaba yarasize muri bamwe.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board, bwagaragaje ko Abaturarwanda bishimira ko hari intambwe igaragara yatewe mu kubagezaho serivisi nziza ariko hakaba hari ibikwiye gushyirwamo imbaraga kurushaho kuko bitaragerwaho ku buryo buhagije.
Mu karere ka Nyabihu habaye impinduka zizatuma abaturage babona abayobozi n’abakozi bashya mu nzego zinyuranye nko mu mirenge no mu bigo nderabuzima hose mu karere, nk’uko tubicyesha amakuru yamenyekanye kuwa 11/12/2013.
Abanyeshuri bo muri kaminuza yigisha iby’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC) baratangaza ko inyigisho zitandukanye bahabwa n’ubuyobozi bw’igihugu zibafasha gusobanukirwa inshingano zabo n’urubyiruko kwirinda abashaka gusubiranishamo Abanyarwanda.
Abarwanyi ba FDLR baherutse gutaha mu Rwanda babwiye Kigali Today ko kubasha kugaruka mu Rwanda bakabona bahakandagije ibirenge ari amahirwe kuko nta wakwifuza kugumam muri FDLR dore ko ngo na benshi mu bakiyirimo baba batabishaka.
Ngo Abanyarwanda bakwiye kumenya no kujya bahora bazirikana ko icyo bahuriyeho atari ubwoko ahubwo ari igihugu gituma bose bitwa Abanyarwanda kandi bikaba bikwiye kubafasha kuba bamwe no guharanira imibereho myiza n’iterambere rusange nk’Abanyarwanda.
U Rwanda rwifatanije na Afurika y’Epfo kimwe n’ibindi bihugu ku isi, mu guha icyubahiro Nelson Mandela akaba ari muri urwo rwego ku biro by’ubuyobozi butandukanye n’ahandi hari ibendera ry’igihugu n’andi, usanga yururukijwe agezwa hagati.
Sergent Nzeyimana Pierre witandukanyije n’umutwe wa FDLR aratangaza ko anenga bagenzi be batsinzwe bakanga kugaruka ngo bubaka igihugu cyabo. Uyu musirikare atangaza ko yagiye muri FDLR kubera amaburakindi naho ngo ubundi ntiyari ayobewe ko batsinzwe.
Abagore batatu bamaze icyumweru baranze kwakirwa nk’impunzi zitahutse mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse mbere bakongera gusubira muri Congo bakagaruka bavuga biyita impunzi bagamije guhabwa ibyo abatahutse babona.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ubushakashatsi n’ububiko-shakiro kuri Jenoside, aravuga ko urubyiruko rukwiye kwitabira ibikorwa byo kurwanya Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, nk’Abanyarwanda bazaba bafata ibyemezo mu bihe biri imbere.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, aratangaza ko kubaka Ubunyarwanda nyabwo ari inkingi ikomeye irwanya gutonesha n’ivangura kandi bukaba buvura ibikomere by’Abanyarwanda.
Inzego zitandukanye za Leta na Guverinoma zagiranye ibiganiro n’Abanyarwanda baba mu mahanga (Diaspora) mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kugira ngo nabo bazayisobanurire abo babana mu bihugu babamo bayumva neza.
Abagize Ishuri rikuru rya gisirikare mu gihugu cya Kenya (Kenyan National Defense College), barimo gusura inzego za Leta, iza gisirikare, ubukerarugendo n’inganda byo mu Rwanda, mu rwego rwo kwiga uburyo ngo bajya kuvugurura amasomo batanga, nyuma yo kwegeranya ibyo bazabona mu bihugu byose bazageramo.
Itsinda ry’abagore bagera kuri 30 bo mu karere ka Muhanga bibumbiye mucyo bise “Club Soroptimist” bishatse kuvuga itsinda ry’ibyiza by’umugore, riravuga ko rigiye guhangana n’ikibazo cy’abana b’abakobwa bacikisha amashuri bagatangira guhura n’ingorane cyane cyane izo gutwara inda zitateguwe.
Abanyarwanda 129 biganjemo abagore n’abana batahutse mu Rwanda taliki 6/12/2013 bavuye muri Kivu y’amajyaruguru aho bavuga ko igihe kigeze ngo batahe bave mu buhungiro n’imihangayiko baterwa n’intambara za buri munsi.
Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bukomeje gushyira ingufu mu kwimura abaturage batuye mu manegeka babatuza aheza, hari bamwe muri bagenzi babo bavuga ko basanga uburyo iguranwa ry’ibibanza rikorwa bitabanogeye.
Umushinga w’Iterambere Ridaheza (Projet de Développement Local Inclusif) ukorera mu karere ka Nyamasheke urasaba ko abateganya kubaka ibikorwa remezo batekereza uburyo bwo korohereza abafite ubumuga ndetse n’abandi bantu bafite intege nke, bityo babashe gutera imbere icyarimwe n’abandi nta we usigaye.