Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko ibituma ihohoterwa muri aka karere rikigagara ari uko umugoroba w’ababyeyi utakitabirwa.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (MINEAC), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, arizeza abakoresha umupaka wa Cyanika mu karere ka Burera ko gukoresha gasutamo imwe bizatangira mu gihe kitareze icyumweru.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafunze Medi Motel iherereye mu murenge wa Kimironko, nyuma yo kuyigenderera bitunguranye bagasanga isuku iharangwa idakwiye kugaburira abantu.
Kuba abajyanama b’utugari n’imirenge bakora nabi biri mu bihembera ruswa cyane bikozwe n’abayobozi b’utugari cyangwa ab’imirenge mu karere ka Nyamasheke.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gédéon, avuga ko akarere ayoboye kadakeneye abakozi n’abayobozi baseta ibirenge mu kuzuza inshingano zabo, bityo ababifitemo imbaraga nkeya bakaba basabwa kugira ubutwari bwo kubivuga bagahindurirwa imirimo.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Abakundana” ikorera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi baravuga ko batumva impamvu abayobozi bayo bashaka ko iseswa abayihombeje miliyoni 24 batagaragaye ngo babibazwe.
Abanyamadini n’abandi bafatanyabikorwa bo mu Murenge wa Gicumbi mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye kugira uruhare mu bikorwa bya Leta bafasha abaturage ndetse bafatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa bimwe mu byo biyemeje mu mihigo ya 2014-2015.
Mushimiyimana Ephrem wari usanzwe ari umukozi mu biro by’ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta ni we wemejwe n’inama njyanama y’Akarere ka Rusizi nk’umunyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’ako karere.
Bamwe mu baturage bavuga ko kuba bagenzi babo bagiheza ababana n’ubwandu bwa SIDA ari bimwe mu bituma bigorana kugira ngo ubwandu bwayo bugabanuke.
Bamwe mu bayobozi b’ingabo mu gihugu cya Malawi, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda mu rwego rwo kunoza umubano no kubaka igisirikare cy’umwuga mu bihugu byombi.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abaturage bako kurwanya ibikorwa biganisha kuri ruswa, batanga amakuru y’aho babonye ibikorwa nk’ibyo.
Senateri Mukasine Marie Claire aranenga uburyo hari bamwe mu baturage batita ku mashyamba yabo kandi ariyo afatiye runini ibinyabuzima byinshi nabo ubwabo.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Rugwiza Umurenge wa Rugendabari barinubira kuba ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG (Rwanda Energy Gorup), cyarabakupiye umuriro w’amashanyarazi kandi barawushyiriweho n’abakozi b’icyo kigo.
Perezida wa Sena n’abandi basenaeri bifatanyije n’abaturage mu muganda usoza Ugusyingo batera ibiti kuri hegitari 20 mu kagali ka Terimbere mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro.
Gahunda yo guha impunzi amafaranga zikajya zirwanaho aho gukomeza kuziha ibiribwa ntizakorwa mu Nkambi ya Kiziba ahubwo impunzi ziyirimo zizakomeza guhabwa ibiribwa kuko ngo bigagaragara ko hari ikibazo cy’ibiribwa mu Karere ka Karongi.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa tariki 29/11/2014, abaturage bo mu karere ka Bugesera ahatangirijwe icyo gikorwa ku rwego rw’igihugu bagaragaje ko na bo bamaze kumenya ububi bwa ruswa.
Imiryango 245 y’abatishoboye bo mu mirenge ya Ruhango na Byimana mu karere ka ruhango mu ntara y’amajyepfo, yagabiwe ingurubezo korora na Croix-Rouge y’u Rwanda, mu rwego rwo kuyifasha kwivana mu bukene kuri uyu wa gatanu tariki 28/11/2014.
Abakorerabushake ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu turere twa Rwamagana na Bugesera, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28/11/2014, bafashije imiryango 15 y’abatishoboye yo mu karere ka Rwamagana bayishyikiriza umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’abantu 40 y’uyu mwaka wa 2014-2015.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Mu karere ka Gakenke mu ntara y’amajyaruguru, batoye komite nshya ihagarariye abafatanyabikorwa b’akarere (JADF), yasimburaga iyari imaze imyaka ibiri iyobora ikaba yari icyuye igihe.
Masozera Pierre niwe watorewe kuba umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Gasabo mu matora yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 28/11/2014.
Urwego rw’Umuvunyi rurasaba abaturage gukomeza kugaragaza ubufatanye narwo batunga agatoki aho bakeka icyaha cya ruswa, bakanatangira amakuru ku gihe aho baba babonye yagaragaye kugira ngo ikoneze icike mu Rwanda.
Minisiteri y’imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) yatangije igikorwa cy’umuganda mu nkambi z’impunzi mu rwego rwo kuzifasha kubugabunga aho ziri no gukora bimwe mu bikorwa byazifasha kwiteza imbere.
Abarwanyi 26 ba FDLR n’abagize imiryango yabo 19 bagejejwe mu nkambi i Kisangani ahagomba gutuzwamo abarwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi ku bushake basabye abasigaye mu mashyamba kurambika intwaro hasi.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera baba bafite bene wabo cyangwa se n’abandi bazi bakiri mu mashya ya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, mu mutwe wa FDLR, kubahwiturira bagataha bakaza gufatanya n’abandi kubaka u Rwanda.
Ahitwa i Kibeho mu karere ka Nyaruguru hari kubera imihango yo kwibuka ku nshuro ya 33 Bikira Mariya nyina wa Yezu abonekeye abakobwa b’Abanyarwandakazi.
Ababana na virusi itera SIDA mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya amakimbirane ndetse no gukumira icuruzwa ry’abantu, ngo kuko biri ku isonga mu bikomeza gukwirakwiza virusi itera SIDA.
Ingabo z’u Rwanda zivuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfour muri Sudan zirashimwa ibikorwa byiza zisizeyo birimo kurihira abana amashuri, guhuza impande zombi zishyamiranye n’ibikorwa by’umuganda byose byiyongera ku nshingano nyamukuru yazijyanye yo kirinda umutekano.
Abasore bane bari abarwanyi ba FDLR n’abana babiri bakoranaga na bo, kuri uyu wa 27/11/2014 bahisemo gutahuka mu Rwanda aho kujya Kisangani aho abandi barwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi bajyanwe mu nkambi yabateguriwe.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu Mudugudu wa Mukamba mu Kagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba, kuwa 26/11/2014 basinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umurenge wa Byumba mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere no guhindura imyumvire ikirangwa muri iyi miryango.