Muri gahunda yo gukomeza gushimangira umuco w’ubumwe n’ubwiyunge, mu Murenge wa Nzahaha hashizweho intango y’umuco nyarwanda idakorwaho n’umuntu ubonetse wese. Iyo ntango ni inzoga y’umwimerere iri mu kabindi inyobwaho n’abamaze gutera intabwe mu gikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge gusa.
Mu nama yahuje na Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge hamwe n’inzego z’ubuyobozi ndetse n’impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe, byagaragaye ko mu karere ka Muhanga hakigaragara imyumvire mike ituma gahunda ya ndi umunyarwanda idakora neza.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Nirere Madeleine, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwimakaza imiyoborere myiza bumva n’uruhare rwabo mu kurengera uburenganzira bwa muntu kuko imiyoborere myiza ari yo shingiro ryabwo.
Mu gihe byari bimenyerewe ko abubaka nta byangombwa byo kubaka bafite aribo basenyerwa, umugabo witwa Ndamage Sylvin utuye mu mudugudu wa Rutenga, Akagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye yaraye asenyewe kuri uyu wa 17/11/2014 nyuma y’uko yubatse afite ibyangombwa bibimwemerera.
Abamotari bo muri koperative 12 zabyawe na sindika y’abamotari yitwa SYTRAMORWA, kuri uyu wa kabiri tariki 18/11/2014, bakoze urugendo rwo kwamagana igitangazamakuru cya BBC, kubera filime “Rwanda: The Untold story” cyasohoye igaragaramo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inama nyinshi kandi zitunguranye ziri mu bituma bamwe mu bakora mu nzego z’ibanze badashobora guha abaturage serivisi zinoze, bigatuma ikigero cya serivisi zitanga gikomeza kuba hasi, nk’uko ubushakashatsi bw’Ikigo k’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bwabigaragaje.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba intore z’abagize inzego z’urubyiruko kurwanya akarengane batanga amakuru y’abantu bose barya iby’abandi, bakanyereza umutungo w’abaturage, kuko basubiza inyuma Abanyarwanda.
Musabyimana Jacqueline w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza arashinja umugabo we Bigirimana Phocas ko amaze amezi hafi atandatu amutaye amuziza kubyara abana b’impanga.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara baratangaza ko batazemerera umuntu uwo ariwe wese uzashaka kubinjizamo ibitekerezo bibasubiza inyuma mu mibanire, mu bumwe n’ubwiyunge ndetse n’iterambere.
Umunyarwanda Kanyankore Marcel Rudasingwa wari uherutse gushingwa n’Umuryango w’Abibumbye (UN) mu kwezi gushize ibijyanye n’imicungire y’icyorezo cy’indwara ya Ebola mu gihugu cya Gineya Konakiri (Guinée Conakry), basanze yapfiriye muri hoteli yari acumbitsemo muri icyo gihugu cya Gineya.
Komisiyo yashinzwe kugenzura icyihishe inyuma ya filimi BBC yatambukije ipfobya Jenoside yise “Rwanda’s Untold story” izatangira iperereza mu cyumweru gitaha tariki ya 26/11/2014 ibaza abantu batandukanye ndetse ikaba iteganya no kubaza ubuyobozi bwa BBC.
Mu gihe akarere ka Rutsiro ari ko katoranyijwe nk’icyitegerezo mu gushyira Abanyarwanda mu byiciro by’ubudehe bivuguruye, byagaragaye ko abashyize muri mudasobwa amakuru yo mu tugali y’ibyo byiciro bakoze amakosa.
Urugaga rw’amasendika y’abakozi mu Rwanda (CESTRAR) ruratangaza ko itegeko rishya rigena umushahara fatizo (minimum wage) riteganywa kugezwa mu nama y’abaminisitiri ngo baryemeze, rizabafasha kurushaho kuganira n’abakoresha ku bijyanye no guhemba abakozi neza.
Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu karere ka Rusizi barasabwa kuzuza inshingano batorewe bakemura ibibazo by’abaturage ku gihe, ibyo kandi bikajyana no kubashakira imibereho myiza binyuze mu nzira zitandukanye zaba izo kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo n’ibindi.
Umuryango nyarwanda wita ku rubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994 “Rwanda Youth Healing Center” ukorera mu karere ka Ruhango, uravuga ko wishimira uruhare umaze kugeraho mu gusana imitima y’urubyiruko rwari rwaraheranywe n’agahinda.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Gakenke, tariki 16/11/2014, batashye inzu uwo muryango uzajya ukoreramo ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 48 yavuye mu misanzu y’abanyamuryango.
Abaturage batuye ku kirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro batangaza ko akagoroba k’ababyeyi kabafashije guhindura imibereho n’imibanire mu miryango yabo.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Ngoma bakorera Leta barasaba ko itegeko rigenera umugore wabyaye ikiruhuko ryasubira ku mezi atatu aho kuguma ku kwezi kumwe n’igice.
Abarimu b’ubutabazi bw’ibanze 30 baturutse mu turere twose tw’igihugu kuri uyu wa 14/11/2014 bashoje amahugurwa y’iminsi ine yari agamije kubongerera ubumenyi ngiro mu gukora ubutabazi bw’ibanze no guhugura abakorerabushake ba Croix- Rouge.
Abaturage bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera bahangayikishijwe no kuba hari amavomo amaze umwaka nta mazi ageramo, kandi nyamara amavomo y’abaturage ku giti cyabo yo ageramo amazi.
Mu gikorwa cyo gukangurira abakene kugira imitekerereze n’imigirire yo kwivana mu bukene, abanyamuryango ba Croix-Rouge y’u Rwanda mu karere ka Ngororero banasezeranyije abo baturage ko igihe cyose bari mu bibazo batazatereranwa.
Bamwe mu bakozi ba leta bakorera mu karere ka Gakenke baravuga ko ikiruhuko gisigaye gihabwa ababyeyi mu gihe bibarutse kidahagije, kuko babona ko uretse kuba hari ingaruka bishobora kugira ku mwana ngo bishobora kugira n’ingaruka ku muryango muri rusange.
Mu biganiro kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda abakozi b’akarere ka Nyaruguru bamazemo iminsi ibiri, abari muri ibi biganiro baratangaza ko iyi gahunda ifasha ababana bakora kumenyana, kugirango bafashanye komorana.
Guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni bimwe mu bituma ridacika burundu, nk’uko byatangajwe n’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese ubwo yamurikaga igitabo cy’imfashanyigisho igamije kurushaho gusobanura byimbitse ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.
Mu Karere ka Karongi, muri iki cyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge bari mu biganiro bigamije kureba uko abaturage mu midugudu bumva gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo barebere hamwe ahakiri inzitizi n’icyakorwa kugira ngo Abanyarwanda barusheho kwiyumva nk’ Abanyarwanda aho kwirebera mu ndererwamo z’ibibatandukanya.
Mu ruzinduko Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagiriye mu Karere ka Kirehe kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kwiteza imbere bagera kuri byinshi, abasezeranya ko ibyo bubatse nta muntu abanyarwanda bakwemerera ko abisenya.
Itsinda ry’abasirikare baturutse muri Cote d’Ivoire, Senegal n’u Burundi bari bamaze ibyumweru bibiri bigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda ku guhangana n’icyorezo cya SIDA, bemeza ko batunguwe n’intera kigezeho n’uburyo gahunda z’ubuzima zikorana mu gisirikare.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Burera, Uwambajemariya Florence, arasaba abaturage kurwanya icuruzwa ry’abantu bita ku burezi bw’abana babo kandi batanga n’amakuru y’abo bazi bakora ibintu nk’ibyo.
Abaturage baturiye ikiyaga cya Kibare cyo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bavuga ko bafite ikibazo cy’uko amazi y’icyo kiyaga bari basanzwe bavoma asigaye asa nabi, bagakeka ko biterwa n’isuri imanuka ku misozi ikiroha mu mugezi w’Akagera na wo wakuzura ukisuka muri icyo kiyaga.
Abakozi bagize komite mpuzabikorwa z’uburere mboneragihugu bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kurushaho kwigisha abaturage kumenya inshingano zabo, kuko kugeza ubu hari abaturage batarasobanukirwa neza uko bagomba gukorana n’abayobozi bitoreye bagahora bagendera mu kigare no mu rujijo rwo kudasobanukirwa.