Sergent Havugimana Bertin witandukanyije na FDLR yatangaje ko imyumvire yo mu mashyamba yamugaje benshi ku buryo ngo uje wese abasukamo ibihuha bibabuza gutahuka mu gihugu cyabo. Avuga ko we yafashe ingamba z okwitandukanya n’uwo mutwe kuko ngo asanga nta terambere yageraho akiri muri iyo myumvire.
Mu rwego rwo kongerera ubushobozi urwego rwa Polisi, kuri uyu wa kane tariki 5/12/2013 abapolisi bakuru 36 barangije amasomo ku kuyobora abandi n’akazi ko mu biro ‘Intermediate Command and Staff Course’, mu ishuri rikuru rya polisi riherereye mu karere ka Musanze.
Bikomeje kugaragara ko hari Abanyarwanda bamaze gucengerwa na gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" batagifata amoko nk’ibibatanya ahubwo barabirenze biyemeza kubana neza nk’uko Mukamana Ruth na Mbabazi Jean Claude bo mu karere ka Rutsiro babigezeho.
Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yatangije umushinga wo gukora ubushakashatsi mu twose tw’igihugu, mu rwego rwo kumenya ibiza bishobora kuhaba n’ingaruka byatera kugira ngo bishakirwe umuti.
Urwego rw’umuvunyi rwashimye uburyo urubyiruko rwitabiriye kwamagana ruswa mu rugendo, mu ndirimbo n’imikino itandukanye, kuko ngo bitanga icyizere cyo kuzagira igihugu kitagira ruswa, ubwo urwo rubyiruko ruzaba ruyobora igihugu mu gihe kizaza, kandi ari narwo rugize igice kinini cy’abaturage.
Nsengiyuma Theogene w’imyaka 33, avuga ko kubera urwango yangaga Abatutsi yagiye muri FDLR ngo asubize ubutegetsi Abahutu cyakora nyuma yaje kumenya ko u Rwanda rutagiha agaciro umuntu kubera ubwoko agaruka mu gihugu none ubu ashinzwe umutekano mu mudugudu.
Mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo inama y’igihugu y’umushyikirano yongere iterane ku nshuro ya 11, Kigali Today yaganirye n’Abanyakarongi bayigaragariza icyo bifuza ko cyaganirwaho mu nama y’umushyikirano izatangira tariki 06/12/2013.
Rwiyemezamirimo wahawe isoko ryo kubaka amazu 15 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yananiwe kuyuzuza maze abubakiwe ayo mazu bafata icyemezo cyo kuyajyamo atuzuye aho gukomeza gusembera batagira aho barara.
Intumwa yihariye y’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Russell Feingold, taliki ya 4/12/2013 yakiriwe na Perezida Kagame baganira ku buryo ikibazo cy’umutekano mucye mu karere cyabonerwa ibisubizo.
Bumwe mu butumwa bwatanzwe mu gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu Rwanda, igikorwa cyabereye i Huye ku wa 4/12/2013, ni uko nta terambere ryagerwaho hariho ruswa.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose igize igihugu n’abashinzwe umurimo mu nzego zitandukanye z’abakozi kugendera ku ndangagaciro no guharanira ubumwe bw’abanyagihugu kuko aribyo bizubaka igihugu.
Bamwe mu baturage mu karere ka Rulindo bakaba bavuga ko inama z’imishyikirano zahise hari byinshi zagezeho bityo bakaba bifuza ko mu Mushyikirano w’uyu mwaka hari ibyakwigwaho bigakosorwa kuko bibabangamiye.
Abatuye umudugudu w’ubumwe n’ubwiyunge baravuga ko inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bayigeze kure, kuko ubu bafite ibikorwa byinshi bahuriyeho hatitawe ku moko ya buri umwe, ndetse bakaba basigaye babanye kivandimwe.
Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’igihugu y’itorero, Brig. General Emmanuel Bayingana, arasaba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero kubaka Ubunyarwanda bwa bo bashingiye ku ndangagaciro zaranze umuco gakondo w’Abanyarwanda kandi bagaharanira kuwuhesha agaciro aho bazaba bari hose.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero, gukunda umurimo baharanira kwihesha agaciro kuko ariko shingiro rya byose.
Mu Rwanda hagiye kuba inkera y’imihigo y’urubyiruko “YouthConnekt Convention” izahuza urubyiruko rusaga 3000 aho bazicara hamwe bagasasa inzobe bagendeye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga byizihirijwe mu karere ka Huye ku rwego rw’igihugu tariki 3/12/2013 akarere ka Nyanza kabyegukanyemo igikombe cyo kuba korohereza abafite ubumuga mu kukabonamo akazi.
Mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka ushize mu Turere twa Gakenke, Gatsibo, Ngororero na Nyabihu bugaragaza ko abagore n’abagabo bafatanya mu guhinga ariko umusaruro uvuyemo ukikubirwa n’abagabo, bikaba intandaro z’amakimbirane mu muryango.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baganiriye na Kigali Today bifuza ko Inama y’Umushyikirano iteganyijwe tariki 06-07/12/2013 yagaruka ku bikorwaremezo nk’amashanyarazi n’imihanda kimwe n’imibereho myiza nka mitiweli n’ibyiciro by’ubudehe.
Abazitabira Inama y’umushyikirano iteganijwe kuva ariki 06/7/2013 barasabwa kutavuga ku bibazo byabo bwite, ahubwo ngo bagomba gushingira ku byafasha abafata ibyemezo kugena gahunda zo kongera umusaruro w’ibyo igihugu gikeneye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo, Izabiliza Jeanne, arasaba urubyiruko rwitabiriye urugerero, igice kibanza cyo gutozwa kuzabyaza umusaruro amahirwe bagize yo gutozwa ngo kuko agirwa na bake.
Raporo ya 2013 y’Umuryango mpuzamahanga urwanya akarengane na ruswa, Transparency International (TI), yongeye gushyira u Rwanda mu bihugu bya mbere ku isi bifite ruswa nke, aho rwaje ku mwanya wa 49 ku rwego rw’isi, uwa kane muri Afurika, ndetse n’uwa mbere mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Mu gihe mbere bari batunzwe no guca incuro, abatuye mu mudugudu wa Kirebe akagali ka Kirebe umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bitiriye zone yabo umukuru w’igihugu kuko iterambere bamaze kugeraho barikesha ubutaka bahawe igihe cy’isaranganya.
Mu rwego rwo kuzamurira abayobozi b’ibanze ubushobozi bwo gusobanura gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’, mu ntara y’Amajyaruguru hagiye gufatwa ingamba nshya, kugirango Abanyarwanda bumve neza ko iyi gahunda ari intambwe bagomba gutera mu nzira y’ubwiyunge.
Ku kigo cy’amashuli cya TTC Rubengera mu karere ka Karongi hateraniye abasore n’inkumi basaga 550 baje gutangira Itorero ryo ku rugerero rihuje abarangije amashuri yisumbuye muri uyu mwaka.
Sebera Charles w’imyaka 18 y’amavuko, nyuma y’imyaka 5 ari inzererezi “mayibobo” mu mujyi wa Ruhango, yafashe icyemezo cyo kubihagarika ahubwo yiyemeza gufasha n’abandi bakibirimo.
Politiki ya Leta yo gukumira ruswa mu gihugu ibangamirwa na bamwe mu bayobozi bahutaza abaturage cyangwa abakozi bamenye ko babatanzeho amakuru ku ihohoterwa cyangwa ruswa babaketseho.
Abasirikare 21 baturuka mu bihugu umunani bigize urwego rw’ibihugu byo mu burasirazuba bw’Afurika rushinzwe gutabara aho rukomeye EASF(Eastern Africa Standby Force) bahuriye i Nyakinama mu karere ka Musanze ngo bamare iminsi itanu biga uko batanga ubutabazi mu mazi manini nk’inyanja n’ibiyaga.
Umuyobozi wa Komisiyo y’amatora mu Rwanda, Prof. Kalisa Mbanda, aremeza ko uburyo iyo komisiyo ifasha Abanyarwanda kwihitiramo ababayobora neza mu buryo bw’amatora adafifitse bikwiye kubatera ishema kuko ngo hari ibihugu byinshi abaturage batajya bagira uruhare na ruto mu kwihitiramo ababayobora, ndetse ngo hakaba n’ahandi (...)
Itorero “Revival Temple” riri i Remera ku Giporoso rivuga ko imbuga iri imbere y’urusengero yagaragaye mu mabonekerwa ko ari isoko y’amazi ibihugu biza kuvomaho amazi yo gukiza ababituye. Ngo niyo mpamvu habera igiterane ngarukamwaka n’ubu kirimo gukorwa, nk’uko Umuyobozi w’iryo torero yabitangaje.