Komiseri muri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, Marie Claire Mukamusonera, avuga ko ibikomere Abanyarwanda bafite bizamarwa no kwicara hamwe bakabiganiraho, dore ko nta Munyarwanda udafite ibyamukomerekeje mu mutima uretse ko bitandukanye.
Ibiganiro kuri gahunda ya « Ndi Umunyarwanda » byatangijwe ku rwego rw’umurenge mu Karere ka Karongi kuwa 25-11-2013 birimo gutanga umusaruro mwiza bijyanishijwe n’icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge.
Uwashema Marie Claire warokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu mwaka wa 1994, agaragaza ko nyuma yo gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, yasabye imbabazi Abahutu ngo kuko yajyaga abafata nk’abagome bose bitewe n’ibibi bamwe mu Bahutu bakoze kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Njyanama z’imirenge n’abaperezida b’amakomisiyo bagize imirenge yose igize akarere ka Rusizi barasabwa gukorera hamwe n’izindi nzego baharanira iterambere ry’abaturage bakanarwanya akarengane akariko kose gakorerwa abaturage bashinzwe.
Ubuyobozi n’abaturage bo mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, baremeza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” izabaha umwanya wo kubohoka ku Banyarwanda kandi abakuru bakabwiza ukuri amateka y’u Rwanda abakiri bato kugira ibyabaye nabo bitazababaho.
Intumwa yihariye y’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari agiye kunzenguruka akarere kugira ngo arebe uburyo ibiganiro hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23 byasozwa.
Kurangwa n’indangagaciro zibereye Umunyarwanda, kuba ikitegererezo no gukunda abayoborwa hagamijwe kugera ku iterambere ryihuse nibyo byasabwe abayobozi batandukanye higanjemo abanyabanga nshingwabikorwa b’imirenge bari mu mwiherero mu kigo cya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.
Ubwo hatangizwaga icyumweru c’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Kirehe, hagaragaye umukobwa wasabye imbabazi mu izina rya musaza we wakoze Jenoside ariko akaba atakiriho.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, yasabye imbabazi z’ibyo Abahutu bakoreye Abatutsi ndetse nawe agaruka ku ruhare rwe mu gushaka gusubiza Abatutsi inyuma mu nzego zitandukanye.
Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma bavuga ko nubwo M23 yatsinzwe, inzego z’umutekano wa Congo zitaborohera mu kubahohotera no kubambura zibashinja gukorana na M23.
Abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko kwitsinda mu mutima ndetse no kwatura bakavugisha ukuri ari byo bizatuma gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ibasha kugera ku ntego yayo yo kubaka Ubunyarwanda nyabwo n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yatangizaga icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu murenge wa Giheke ho mu karere ka Rusizi yibukije abaturage ko kuva mu mateka y’igihugu ari bamwe basangiraga ibyago n’umunezero bityo bakaba bakwiye kureka kwiyumva mu moko.
U Rwanda ruri guhangana n’imbogamizi zo kutagira abacungagereza bafite ubunyamwuga n’ubwo ruri mu bihugu by’ibanze byizewe mu kugira gahunda ihamye yo kurinda umutekano ku isi ndetse rukaba rufite n’intumwa hirya no hino.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri MININFRA, Eng Isumbingano Emma Francoise arahamagarira Abanya-Karongi gushyigikira umuco wo kuganira, gusaba no gutanga imbabazi kugira ngo u Rwanda ruzabashe kwiyomora ibisare by’igihe kirekire.
Umusirikare w’Umunyarwanda wari mu butumwa bw’Amahoro mu Ntara ya Darfour muri Sudani yitabye Imana aguye mu gitero bagabweho n’abarwanyi bataramenyekana ku cyumweru tariki 24/11/2013 mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Gitimbanyi Christophe w’imyaka 47 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro avuga ko we gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yayiyumvisemo kera, kuko imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi atazikoresheje mu bwicanyi, ahubwo zamufashije kurokora Abatutsi 19.
Nyuma y’iminsi itatu abayobozi umunyamabanga nshingwabikorwa, umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi beguye, Njyanama y’akarere ka Rusizi yakiriye ubwegure bwabo.
Mu gikorwa cyo gukemura ibibazo by’amasambu mu karere ka Gisagara hagaragaye abari barumvikanye bagasaranganya ubutaka basubiranyemo nyuma y’aho komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabasobanuriye ko ubutaka bufitweho uburenganzira n’ubufitiye icyangombwa.
Nyuma y’amezi arenga abiri nta muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akarere ka Kayonza gafite, tariki 23/11/2013 Uwibambe Consolee w’imyaka 40 y’amavuko yatorewe uwo mwanya ku majwi 95,8% by’inteko itora yari igizwe n’abajyanama 145.
Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2013, mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, hatangiye umwiherero uhuje abayobozi bashinzwe umurimo mu nzego z’igihugu kuva ku ntara, uyu mwiherero ukazamara ibyumweru 2.
Uwiragiye Pricille niwe watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Aje kuziba icyuho muri nyobozi y’akarere ka Bugesera, yari imaze amezi arindwi ibuzemo umunyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Abanyarwanda 120 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda banyuze mu karere ka Rubavu bavuye mu duce twa Masisi, Ijwi, Kalehe na Rutshuro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013.
Abayobozi batatu b’akarere ka Rusizi barimo umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nirere Francoise , Umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu, Habyarimana Marcel Hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rusizi Ndemeye Albert, beguye ku mirimo yabo, kuri uyu wa Gatanu tariki (...)
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) kirakangurira inzego gukoresha amakuru n’imibare gifite, kandi zikirinda guhimba imibare itajyanye n’ukuri kw’ibikorwa.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu karere ka Kayonza ngo bakwiye guha ijambo abaturage muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo bavuge ibyababaje kubera amateka u Rwanda rwanyuzemo bityo babohoke.
Itsinda rigizwe n’abakora mu nzego zitandukanye zishinzwe abagore muri Cote d’Ivoire ziratangaza ko ziteguye kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu kubahiriza uburenganzira bw’abagore, zikaba zizera ko hari byinshi zizasubirana iwabo.
Ubwo hatangizwaga ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu Karere ka Gakenke, Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yanenze abavuga ko “Ndi Umunyarwanda” ari politiki igamije guhatira Abahutu gusaba imbabazi Abatutsi.
Depite Kankera Marie Josée aragaragaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ari gahunda yubaka Ubunyarwanda nyabwo mu Banyarwanda kuruta kumva ko kuba Umunyarwanda byashingira ku izina gusa cyangwa se aho umuntu akomoka.
Guhera muri uyu mwaka w’imihigo wa 2013/2014 imihigo izajya ikorwa hakurikije ubushobozi n’imiterere y’akarere, kandi ikorwe igamije ibikorwa bigirirwa akamaro, nk’uko byaganiriwe mu nama yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), kuri uyu wa Kane tariki 21/11/2013.
Mu mwiherero kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rulindo, abayobozi benshi bafashe umwanya babwira bagenzi babo amateka y’ubuzima babayemo mu gihe cya Jenoside kimwe na mbere yaho kugira ngo bakire ibikomere byabo nk’uko babivuga.