Mu gihe gutwara twara abantu n’ibintu ku magare mu muhanda wa kaburimbo byaciwe, abatsimbaraye bagikora uwo murimo bavuga ko bahohoterwa bakagongwa cyangwa bagakoreshwa impanuka.
Mu kiganiro ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwagiranye n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ku byerekeye ibikorwa by’ihohoterwa rikorerwa mu mirenge basange ibikomeje kwiganza mu gutuma byiyongera ari ibinyobwa bitemewe hamwe n’amakimbirane yo mu miryango.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibiyobyabwenge aribyo biteza umutekano muke muri ako karere ku buryo ngo bafashe ingamba zo kubihashya ndetse barwanya ubusinzi mu baturage.
Uwimbabazi Fortunée w’imyaka 39 y’amavuko bamusanze ku mbuga yo mu rugo iwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, mu rukerera rwo mu gitondo tariki 22/03/2013 bigaragara ko yishwe bamunigishije umwambaro wa karuvati.
Umwarimu umwe wigisha ku kigo cy’amashuri GS Kirwa mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya Polisi ya Kibungo, abandi bagabo ikenda nabo bari gushakishwa nyuma yuko kuri iki kigo abanyeshuri icumi batwariye inda zitateguwe.
Munyemana Eliphase w’imyaka 30 y’amavuko yagwiriwe n’urukuta rw’urusengero rwa EAR Hanika ruri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ahita apfa tariki 20/03/2013 ubwo barimo bacukura umusingi bashaka kurusana.
Umusaza Hakuzimana Anicet utuye mu murenge wa Butare, tariki 20/03/2013, yakubiswe n’abaturanyi be yenda gushiramo umwuka bamushinja kuroga abaturage bagenzi babo.
Nyirihene Stephanie, Muyoboke Athanase, Nteziryayo Simeon na Musabyimana Julienne bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango bakekwaho guteka ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Mutangana Tite w’imyka 30 yaketse ko umugore we Mukarugira Clementine atwite inda itari iye ahitamo kwiyahura akoresheje umugozi yihambiriye mu ijosi.
Umusore utazwi yateje akavuyo muri gare ya Kayonza tariki 19/03/2013 ahagarika imodoka mu gihe cy’iminota itanu zibura uko zisohoka. Uwo musore yabikoze asa n’ushaka kwiyahura kuko yavugaga ko n’ubundi nta buzima afite, agasaba ko imodoka zamunyura hejuru.
Nyirabatambiyiki Devotha w’imyaka 28 arakekwaho kwivugana umwana yari amaze kubyara. Uyu mugore wari ubyariye mu rupagasirizo, ari mu bitaro kuko kwibyaza byamugizeho ingaruka; akaba yemera icyaha, yiteguye no kwirengera ingaruka za cyo.
Abana babiri b’abahungu bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi bakurikiranyweho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 22 utuye Murenge wa Gihundwe ariko bo barabihakana.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Burera, ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda hakunze kugaragara imiryango cyangwa abagore batawe n’abagabo babo maze bakigira muri Uganda.
Mu Murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Gatsibo, haravugwa urupfu rw’uwitwa Turimumahoro Felix w’imyaka 28 watemwe hakoreshejwe umuhoro n’abo mu muryango we.
Abacuruzi n’abatuye muri santire ya Kibingo mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano muke baterwa n’abanyeshuri biga mu ishuri rya Ecole Secondaire Sainte Trinite Ruhango.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 18/03/2013, Imvura nyinshi ivanzemo umuyaga n’urubura yasambuye amazu 20, ibiti bigwira insinga z’umuriro w’amashanyarazi bituma abaturage bo mu Mujyi wa Gakenke barara mu icuraburindi.
Ntibigirwa w’imyaka 45 na mugenzi we Nayirwanda w’imyaka 39 hamwe n’abana babo babiri baguwe gitumo n’abacunga pariki ya Nyungwe tariki 18/03/2013 aho babasanze bari gusarura umurima w’urumogi bari bahinze mu ishyamba rya Nyungwe.
Icyuzi gifata amazi ajyanwa mu mirima y’umuceri mu gishanga cya Ntende kiri mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo kivuganye umwe mu bakozi bakuramo ibikangaga mu gitondo cya tariki 16/03/2013.
Barayavuze Kalimunda w’imyaka 19 y’amavuko n’undi witwa Mukundabantu Saveri w’imyaka 16 y’amavuko bagejejwe kuri sitasiyo ya Polisi ikorera mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, nyuma y’uko abo basorebafatanywe bimwe mu byo biyemerera ko bibye birimo ihene eshatu, inyama z’ihene babaze, umufuka w’ibigori n’igitoki.
Umugore witwa Clémentine Nyiracumi afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, akurikiranyweho kwica nyirabukwe amutemye ijosi.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Burera yabaye tariki 14/03/2013, hagaragajwe ko mu gihe cy’iminsi 60 ishize abana barindwi, bo mu mirenge itandukanye yo muri ako karere, bamaze gufatwa ku ngufu.
Abakozi b’ibitaro n’ababyeyi babyarira mu bitaro bya Nyagatare no mu bigo nderabuzima bikorana barasabwa kurushaho kwita ku mutekano w’abana babyaye, bakirinda gupfa kubaha uwo babonye nyuma y’aho umubyeyi witwa Murekatete Donata yibiwe uruhinja yaramaze icyumweru abyaye.
Mu mvura yaguye tariki 14/03/2013, mu mudugudu wa Gasiza, akagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi karere ka Ruhango, imbwa zatatse ihene z’abaturage zirazirya 9 muri zo zihita zipfa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu rwego rwo gukomeza guhashya ikiyobyabwenge cya kanyanga hafashwe ingamba ko umudugudu uzajya ufatirwamo kanyanga abawutuye bazajya babibazwa.
Umugore witwa Mukandutiye Drocella uri mu kigero cy’imyaka 50 yabonetse mu mugezi wa Rwebeye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 14/03/2013.
Umuturage witwa Deo Musabyimana wo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yashizemo umwuka nyuma y’impanuka yabaye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Umusore utamenyekanye imyirondoro ye yakubiswe kugeza abaye intere ku mugoroba tariki 13/03/2013 akekwaho kwiba ipantaro yo mu bwoko bwa Jeans mu iduka riri mu gikari cy’aho abagenzi bafatira imodoka za Volcano Express mu mujyi wa Nyanza.
Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi zifasha kurinda inkuba ndetse no kwangiza ibyuma bituma umuriro utajya mu mapoto (isolateurs) bikomeje kudindiza ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Nyagatare na Gatsibo.
Mu rwunge rw’amashuri rwa Buye mu murenge wa Nyamiyaga hibwe mudasobwa z’abana 22 muri 510 bari barahawe, kandi ubuyobozi bw’ikigo bukaba bataramenye igihe izo mudasobwa zibiwe. Hashize icyumweru bimenyekanye, polisi y’igihugu imaze gutahura abatwaye enye.
Ku rwibutso rushyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwo mu Murenge wa Kiziguro ho mu Karere ka Gatsibo hafatiwe abagabo batatu barimo kwiba amakaro yubakishijwe uru rwibutso hamwe n’andi yateganwaga kuzakoreshwa.