Hashize iminsi hagaragara impunzi zitahuka ziva mu mashyamba ya Congo ariko nyuma y’igihe gito bamwe muri bo bakongera bagasubirayo rwihishwa.
Mu gitondo cya tariki 30/4/2013 abagororwa babiri bo muri gereza ya Rilima batorotse ubwo bari bagiye guhinga mu mirima y’iyo gereza bari bafungiyemo.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yabaye tariki 30/04/2013, hagaragajwe ko abagororwa 333 batorotse imirimo nsimburagifungo (TIG) bigira mu ngo zabo abandi bajya gupagasa hirya no hino mu bice bitandukanye by’igihugu ku buryo kubashakisha bitoroheye ababishinzwe.
Abayobozi b’utugali mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare ntibishimira uko Police station ya Gatunda itagira icyo ikora ku bakekwaho ibyaha bayohererezwa kuko ngo bishobora kubaca intege bikongera ukwidegembya kw’abanyabyaha.
Mu mukwabo wabaye ku bufatanye bw’Ingabo na Polisi mu murenge wa Runda no mu wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hafashwe urumogi, inzoga z’inkorano, na bamwe mu bakekwaho guhungabanya umutekano.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye tariki 29/04/2013, hagaragaye ko mu kwezi kwa Mata ibyawuhungabanyije byiyongereye ugereranyije n’uko byari byifashe mu mezi atatu ashize.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, avuga ko abakozi n’abakoresha bakwiye kuganira ku mutekano w’umukozi kugira ngo hirindwe impanuka kuko nyinshi mu ziba bishoboka kuzirinda.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza ibinyujije ku banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize ako karere uko ari 10 yatanze telefoni zigendanwa ku baturage basanzwe bayifasha mu kumenya amakuru y’ibyabereye iwabo mu midugudu batuyemo.
Imvura nyinshi yaguye muri uku kwezi kwa mata 2013 mu karere ka Nyabihu yatumye abana babiri bicwa n’umugezi wa Kanama, umugezi wa Nyamukongoro wasenye amazu 8 ndetse andi 17 urayangiza,wangiza hegitari 5 z’ibirayi n’ibigori, ndetse wangiza ikiraro cyo ku muhanda wa kaburimbo Mukamira-Ngororero.
Umugabo utuye mu kagari ka Gasare umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango yatakaje amafaranga ibihumbi 500 yatwawe n’umusozi waridutse tariki ya 19/04/2013 urimuka ugera ku burebure bwa kilometero imwe n’igice.
Protegene Siborurema utuye mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, afungiye kuri Polisi ya Ruhango guhera tariki 26/04/2013 nyuma yo gufatwa atetse kanyanga ndetse anafite gerenade yo Totase.
Mu nama umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyanza yagiranye n’abamotari bakorera mu gice cy’umujyi w’ako karere tariki 26/04/2013 yasabye abamotari kuyifasha mu kurwanya bamwe muri bo bitwara nabi muri ako kazi.
Abajura binjiye mu biro bivunja byitwa Izere by’uwitwa Semanywa Sylvain biri ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, maze bamwiba Amashilingi y’Amagande miliyoni 13 n’ibihumbi 105 n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 988.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 24/04/2013 yangije ibikorwa birimo amazu agera kuri 50 mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze.
Abagabo babiri bakekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa AG100 y’uwitwa Twagirimama Vedaste ukomoka mu karere ka Karongi, bafatiwe ahitwa kuri Duwani, mu kagari ka Bibungo, umurenge wa Nyamiyaga; ho mu karere Kamonyi mu rukerera rwa tariki 24/04/2013.
Hafi ya buri munsi, nibura umuturarwanda ahitanwa n’impanuka yo mu muhanda, ibintu bibabaje kandi bikwiye guhagarara, bikaba bisaba uruhare rwa buri wese mu barebwa n’iki kibazo; nk’uko bitangazwa na Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 24/04/2013 yongeye gukaza ingamba zo kubungabunga umutekano ku byambu by’Ikiyaga cya Kivu bikunze gukoreshwa n’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahahira muri aka karere.
Mu marembo y’amacumbi y’ikigo cyakira abashyitsi Sainfop mu karere ka Musanze hatoraguwe umurambo w’uruhinja watangiye kwangirika, bigaragara ko yapfuye nyina akimara kumwibaruka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rwoga, Rurangwa Theotime mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, afunganywe n’umwungirije Mbabazi Emile ndetse na Seneza Valens umukuru w’umudugudu wa Gitwa bakekwaho kubaza no gutwika amashyamba ya Leta.
Imibare itangwa n’akarere ka Gakenke igaragaraza ko kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2013, ibitaro n’ibigo nderabuzima byo muri ako karere byakiriye abakobwa n’abagore 41 basambanyijwe ku gahato.
Kuva kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yashingwa mu mwaka wa 1963, ngo ni ubwa mbere umunyeshuri wayo yishe umubyeyi we; nk’uko bitangazwa na Kalisa Egide, umuyobozi w’umuryango rusange w’abanyeshuri biga muri NUR.
Kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye abagabo 4 barimo n’umwarimu wo mu ishuri ribanza rya Nyabaguma mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera, bakekwaho kwiba impombo z’amazi za EWSA ariko zitagikoreshwa.
Ahagana saa yine za mugitondo, kuri uyu wa kabiri tariki 23/04/2013, mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Gashenyi, Akagali ka Nyacyina mu mudugudu wa Mukira, umuturage yataburuye igisasu cyo mu bwoko bwa grenade n’amasasu 40.
Nikuze Cancilde w’imyaka 36 ukomoka mu Mudugudu wa Gicaca Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi Akarere ka Gisagara ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugabo we Murwanashyaka Evariste bakundaga kwita Cyaramye.
Umugore w’umugabo witwa Gapasi Etienne utuye mu murenge wa Nkungu yafashe icyemezo cyo kwisubirira iwabo kubera uyu mugebo we adasiba gufatwa yibye.
Polisi imaze guta muri yombi abantu batanu bakwekwaho urupfu rwa Rurangwa Alexandre wishwe tariki 17/04/2013 mu murenge wa Byumba akagari ka Gisuna, umudugudu wa Gatare bamuteye ibuye muri mu mutwe (muri nyiramivumbi).
Elie Niyonzima uvuga ko akomoka mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Burera yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano tariki 21/04/2013 bamusanganye litiro 10 za kanyanga .
Mukambabazi Clementine w’imyaka 28 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo kwihekura, uruhinja akarushyingura mu mibyare y’insina yarangiza akarenzaho ifumbire y’imborera.
Abantu bataramenyekana bateye gerenade mu rugo rwa Karangwa utuye mu kagali ka Muzingira mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ntawapfuye ariko babiri bakomeretse bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Abagabo babiri bo mu karere ka Nyamasheke, umwe wo mu murenge wa Macuba n’undi wo mu murenge wa Karambi bafungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma y’uko bakoze urugomo, buri wese mu murenge we agakomeretsa umuntu.