Umuriro ushobora kuba watewe n’amashyarazi wibasiye inzu y’umuturage maze utwika “amajyambere” (ibikoresho by’umukobwa witegura kurushinga) mu mujyi wa Nyamagabe ahitwa mu Kiyovu.
Abagabo babiri bazwi ku izina ry’Abarembetsi bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba bazira gufatanwa Kanyanga bari bavanye mu gihugu cya Uganda.
Mbonyinzira Jean Bosco, Uwimana Jean Claude, Ntabyera Saleh na Rurangwa Charles bafungiye kuri station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza, bakurikiranweho gushaka kwiba Banki y’abaturage y’u Rwanda n’umurenge wa SACCO, biherereye mu murenge wa Kibilizi.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki RAA 153 M yakoze impanuka irangirika cyane, abantu babiri barimo barakomereka byorohereje na ho umushoferi avunika imbavu enye ziratana.
Nyiraneza Justine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza muri Musanze, akomeje kwibasirwa n’abantu bataramenyekana, aho mu ijoro ryo kuri uyu wa 09/04/2013 baje bagakura ihembe ry’inka ye, maze inyana bakayizirikanya n’imbwa.
Habyarimana Frederic w’imyaka 32 yatwaye umugenzi amugejeje i Shyorongi ahitwa ku Muyenzi mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge amwishyura amafaranga aburaho igiceri 100 maze ahita amwadukira aramukubita.
Imvura yaguye ku gicamunsi taliki 10/04/2012 mu karere ka Rubavu yasenye amazu 9 mu murenge wa Kanama isenya n’ikiraro gihuza umurenge wa Kanama ujya Gishwati na Rutsiro.
Nyuma y’uko umugore witwa Mugiraneza Ernestine warokotse Jenoside mu murenge wa Gatumba atemewe inka, undi muntu witwa Kagame Theogene nawe wacitse ku icumu yasenyewe urugo.
Ku cyumweru tariki 07/04/2013, undi muturage yasenyewe n’amazi aturuka muri GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro ya colta ka gasegereti mu murenge wa Gatumba, akarere ka Ngororero.
Athanase n’uwo bita Tunga barwaniye mu mudugudu wa Bigega mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu ijoro rishyira tariki 10/04/2013 bapfuye umugore birangira umwe akuye undi iryinyo ndetse n’urugi rw’inzu barushinguzamo.
Mu gihe u Rwanda rwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu ntara y’uburengerazuba hamaze gutabwa muri yombi abantu icyenda bashinjwa ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo butandukanye.
Wizeyimana Bernadette warokotse Jenoside utuye mu mudugudu Ituze, akagari ka Pera mu murenge wa Bugarama yagiye hanze kwihagarika mu ijoro rya tariki 08/04/2013 maze amaze kwika hasi umuntu amuturuka inyuma amupfuka igitambara mu maso ikindi ikimusyira mu kanywa atangira kumukubita umuhini.
Mu rucyerera rwa tariki 08/04/2013, abantu bataramenyekana batemaguye inka y’umugore witwa Mugiraneza Ernestine wo mu kagali ka Cyome mu murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero maze bayisiga ivirirana barigendera.
Ndayisaba w’imyaka 29 na Iyakaremye Thomas w’imyaka 31 bo mu Kagali ka Muhororo, Umurenge wa Mataba bafatanwe hafi ikiro cy’urumogi tariki 08/04/2013, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke.
Bamwe mu baturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya II mu kagali ka Gahogo mu mujyi wa Muhanga bahangayikishijwe n’ubujura bukorerwa mu ngo nijoro bwongeye gufata intera ikabije muri iyi minsi.
Alexis Nzamwitakuze w’imyka 29 utuye mu kagari k’Amahoro umurenge wa Muhima ari mu maboko ya polisi akurikiranywe kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside mu buturage avuga ko kwibuka jenoside ari iby’Abatutsi gusa.
Imwana w’imyaka itandatu yitabye Imana, nyina umubyara arakomereka kubera imvura nyinshi yateye inkangu yagwiriye inzu babagamo kuri iki cyumweru tariki 07/04/2013. Iyo mvura nyinshi yanangije amazu 13 mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke.
Birasa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kavumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana yatawe muri yombi tariki 07/04/2013 akurikiranyweho amagambo ashinyagurira Abatutsi bishwe muri Jenoside no kuyipfobya.
Niyitegeka Emmanuel na Gatera Emmanuel bafungiye kuri Station ya Polisi ya Gahunga mu karere ka Burera, nyuma yo gufatanywa imifuka 97 y’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda.
Ndagijimana Irene w’imyaka 20 wari utuye mu kagali ka Cyabayaga, mu ijoro rya tariki 05/04/2013, yahiriye mu ikontineri yacururizwagamo essence bakanayiraramo. Abandi babiri bari kumwe barwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Abagize komite y’ijisho ry’umuturanyi mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyanza bakoze amahugurwa y’umunsi umwe biga uburyo barushaho guhangana n’abakora abacuruza, abakwirakwiza n’abanywa ibiyobyabwenge, tariki 05/04/2013.
Abantu babiri bitabye Imana mu murenge wa Kanama akarere ka Rubavu bahitanwe n’imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 04/04/2013.
Imanishimwe James w’imyaka 18 wo mu murenge wa Mururu, akagari ka Gahinga, mu mudugudu wa Birogo yatwawe n’umugezi wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wa tariki 03/04/2013.
Abantu bataramenyekana, tariki 03/04/2013, bateze abakozi ba sosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu karere ka Ngororero maze babambura amabuye avugwa ko ari mu biro 300.
Umugabo w’imyaka 30 witwa Faustin yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali akurikiranweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 ku gahato.
Ku gicamunsi cya tariki 03/04/2013 mu Kagali ka Nyarutarama Umurenge wa Byumba, mu Karere ka Gicumbi habereye impanuka y’ikamyo yahitanye umuntu umwe maze ikomerekeramo bikabije abandi bane.
Bamwe mu baturage baturiye ahacukurwa amabuye y’agaciro na sosiyete yitwa New Bugarama Mining, mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, ndetse n’abahacunga umutekano, bagiranye ubushyamirane bwabyaye imvururu maze zituma hakomereka abantu bane barimo babiri bakomeretse bikomeye.
Mu ijoro ryo kuwa 13 Werurwe inka y’umukecuru witwa Cyabatuku Judith utuye mu murenge wa Tabagwe mu kagali ka Nyabitekeri, yishwe n’imvubu iyisanze mu kiraro.
Umugore utuye mu mudugudu wa Nyarushinya, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo arasaba ubuyobozi kumwakira umugabo we itike akisubirira iwabo i Burundi nyuma y’imyaka umunani bamaranye ariko kumvikana bikaba byarabananiye.
Umukecuru Uwigiriyeneza wo mu murenge wa Nkaka mu karere ka Rusizi yagonzwe na moto ubwo yari yiviriye ku isoko tariki 03/04/2013. Uwamugonze witwa Dusabimana Emmanuel yashatse kwiruka abaturage baramufata arinako bahise bamushikiriza inzego z’umutekano.