Munezero Ngayabarambirwa w’imyaka 28 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyamagabe yishwe arasiwe mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro (EWSA) ishami rya Nyanza akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi mu bubiko bw’icyo kigo.
Inkuba yakubise inka ebyili zihita zipfa, abantu babili nabo bagwa igihumura mu murenge wa Mututu nyuma y’imvura yari imaze kugwa hafi ya hose mu karere ka Karongi hagati ya saa munani na saa kumi n’imwe tariki 13/02/2013.
Eric Ngabonziza w’imyaka 23 ukomoka mu murenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, yiturikirijeho grenade ahita yitaba Imana mu ijoro rishyira tariki 13/02/2013 ubwo yashakaga kuyitera Inkeragutabara zishinzwe gucunga umutekano kuri uyu murenge wa Gishubi.
Ibiro 133 by’urumogi byamurikiwe abaturage mbere y’uko Polisi ibitwika mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ubufatanye bw’abaturage n’inzego za Polisi mu kwicungira umutekano “Community Policing Week” mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Usabyemariya Angelina, umugore w’imyaka 53 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano yiyahuje umugozi maze ahita ahasiga ubuzima aho yari yaraje gusura umukwe we utuye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Mukamirwa Eugenie w’imyaka 48 wari utuye mu mudugudu wa Bisambu akagari ka Munini mu murenge wa Ruhango, abaturage basanze yitabye Imana naho Sindayigaya Emmanuel w’imyaka 20 babanaga ari indembe.
Nyuma yuko abaturage baturiye ikiyaga cya Birira mu murenge wa Rukumberi bari batewe ubwoba n’ingona yabicaga umusubizo, abarobyi barayivuganye tariki 12/02/2013.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Community Policing tariki 12/02/2013, uturere dutandukanye tugize intara y’Amajyaruguru twakoze igikorwa cyo gukwika no kumena ibiyobyabwenge byafashwe ndetse bikorerwa imbere y’abaturage mu rwego rwo kubakangurira ububi bwabyo.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Muhanga, CIP Celestin Gatamba, yatangaje ko hari abaturage babiri bo muri ako karere bafashwe barahinze urumogi mu ngo zabo bavuga ko ari umuti w’inka uvura ikibagarira.
Imvura yaguye tariki 11/02/2013 ahagana saa munani mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yakomerekeje umuntu umwe ajyanwa mu bitaro, isakambura amazu 179 naho hegitari zigera kuri 27 z’imyaka zirangirika.
Umukecuru witwa Nyiramuzungu Talaka yafunze amazu akodeshwa n’abantu batandukanye mu mujyi wa Rusizi kubera ko atabona ku mafaranga ava mu bukode bw’ayo mazu kandi nawe ari mu bo ayo mazu yarazwe.
Umurambo w’uruhinja rukivuka watoraguwe saa 16h00 tariki 11/02/2013 ku kimoteri cy’isoko rya Bushenge mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ariko uwarutaye ntaramenyekana.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 11/02/2013 yahitanye umuntu umwe abandi babiri bajyanywa mu bitaro mu karere ka Nyamasheke. Mu karere ka Ruhango ho yasenye amazu atandatu.
Mbakenge Aloys utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro avuga ko afite impungenge z’umutekano we kuko amaze kurandurirwa kawa zirenga ijana mu bihe bitandukanye, hakaba ngo hari n’abantu bigeze kuburana amasambu bakunze kumubwira ko bazamugirira nabi.
Polisi yataye muri yombi abantu batandatu mu Turere twa Kayonza na Ngoma two mu Ntara y’Iburasirazuba ibasanganye ibiyobyabwenge birimo kanyanga n’urumogi.
Ibibazo by’amakimbirane bikunze kugaragara, ahanini usanga bishingiye ku mitungo; aho bamwe mu bagomba kuyifatanya baba bashaka kuyikubira. Ibyo bitera ingaruka zirimo inzangano, gutandukana kw’abashakanye ndetse no guhora mu manza.
Umurambo w’umusaza witwa Ushizimpumu Evariste watoraguwe ku mugezi wa Koko, bikavugwa ko yahanutse ku kiraro cy’uwo mugezi akituramo agahita ashiramo umwuka, kuwa Gatandatu tariki 09/02/2013.
Umugabo witwa Fidele Gashema utuye mu mudugudu wa Kabajoba mu kagali ka Mushaka mu murenge wa Rwimbogo, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kamembe akekwaho gufata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 12 y’amavuko.
Hakuzimana w’imyaka 17, utuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, yibye ubwatsi mu baturanyi, maze ategekwa kubwishyura atanga inka ye y’ikimasa.
Gatare Christophe w’imyaka 30, akanaba umwalimu ku kigo cy’amashuri cya Ndora, afungiye kuri station ya Polisi ya Gisagara akurikiranyweho gusambanya no gutera inda umunyeshuri w’imyaka 17 wiga muri iki kigo cy’amashuri cya Ndora giherereye mu karere ka Gisagara.
Umurambo w’umugabo witwa Munyantore Athanase wabonetse ahagana saa mbiri za mu gitondo cyo kuwa 07/02/2013 mu mudugudu wa Ndaberewe, akagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Mu nama yagiranye n’abayobozi b’inkeragutabara ku nzego zose zigize akarere ka Gatsibo, Brig Gen Murokore Eric ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’intara y’iburasirazuba yazishimiye umurava zagize mu gucunga umutekano hakaba haravuyemo umusaruro ushimishije.
Heka Francois w’imyaka 32 na Habiyaremye Rudomoro w’imyaka 26 bazwi nk’abakuriye itsinda ry’abantu bacucura abaturage utwabo baje kurema isoko rya Gakenke bakoresheje umukino uzwi nka kazungunarara bari mu maboko ya Polisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 08/02/2013
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagabo batatu aribo Daniel Habumuremyi, Emmanuel Nshimiyimana na Jean Pierre Maniriho bakekwaho gutwara forode y’inzoga ya Chief Waragi.
Nyirandababonye Dative utuye mu mudugudu wa kabiri, akagari ka Gikatsa, umurenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, arasaba ubuyobozi kumufasha mu bibazo afitanye n’umugabo we kuko yamubwiye ko azamukubita agafuni, kandi ngo afite ikibazo cy’uko yazabikora.
Nyiramvuyekure Petronile wayoboraga akagari ka Gasheke, mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke afunzwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 1 yari yishyuwe imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside ariko we ntayashyikirize bene yo nyuma yo kuyishyuza.
Ubwo hizihizwaga umunsi wo kurwanya SIDA mu rwego rw’akarere ka Ngoma, tariki 06/02/2013, ibiyobyabwenge byashyizwe mu majwi mu ituma ubwandu bushya bwiyongera.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramagana abakoresha ibikoresho bisakuza nk’indangururamajwi n’ibindi bikoresho by’umuziki, kuko nubwo buri wese yemerewe kwisanzura mu myidagaduro n’amakoraniro, agomba kubikora mu buryo bwubaha uburenganzira bw’abandi.
Abantu 12 bafungiye kuri stasiyo ya polisi mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bakekwaho guhiga mu buryo bunyuranye n’amategeko muri pariki y’Akagera.
Nyiramagambo Petronile uri mu kigero cy’imyaka 55, utuye muri Mubona umurenge wa Muhoza, akarere ka Musanzwe, yagonzwe na moto mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 06/02/2013, ubwo yambukiranyaga umuhanda, ava guhaha.