Nizeyimana Festo na Manirafasha Mico bakomoka mu karere ka Musanze bafatiwe mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, tariki 18/09/2013, bafite inka bibye mu murenge wa Nyange ho mu karere ka Musanze.
Ngezamaguru Matayo w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Gatare mu Kagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yitabye Imana mu gitondo cya tariki 18/09/2013 nyuma y’uko mu minsi ibiri ishize yari aherutse gukubitirwa ku kabari n’abagabo babiri bari kumwe nawe bahasangirira inzoga.
Abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo koruta mu Murenge wa Busengo, Akagali ka Birambo ho mu Mudugudu wa Gitwa bikaba bikekwa ko bombi bitabye Imana.
Ubwo bari bavuye mu matora y’Abadepite, abaturage bo mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Gahengeri muri Rwamagana basanze umuturanyi wabo Niyonzima Shadrack n’umwana we Nibeza bahimbaga Tuyisenge bamanitse ku gisenge cy’inzu bashizemo umwuka.
Bugingo Manase utuye mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba, akarere ka Ngoma, yaraye yambuwe amafaranga arenga miliyoni n’abantu bari bitwaje imbunda banarasa amasasu menshi ubwo yari atashye ageze hafi y’urugo rwe.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Mazinga, Akagali ka Rusagara ho mu Murenge wa Gakenke avuga ko bafite ikibazo cy’abasore babyukira ku Gasentere ka Nyabutaka bagakina urusimbi bakaba bafite impungenge z’uko mu gihe gito bazishora mu bikorwa by’ubujura n’urugomo.
Umurambo w’umugore utamenyekanye umwirondoro, tariki 16/09/2013, wataruwe mu gice cy’Ikiyaga cya Kivu giherereye mu mudugudu wa Kabuyaga mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ku Bitaro Bikuru bya Kibuye harwariye umumotari watewe ibyuma mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, ubwo umuntu yamutegaga ngo amujyane i Rubengera amuvanye mu mujyi wa Kibuye, bagera mu nzira akamuniga akamutera n’icyuma mu mugongo.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki 16/09/2013, inkongi y’umuriro yibasiye umusozi uriho ishyamba mu mudugudu wa Gatandaganya mu kagari ka Kibibi mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe.
Nsengumuremyi Jyuma utuye mu murenge wa Gatumba wakoreraga kompanyi yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) aravuga ko yahohotewe n’abakozi ba sosiyete yitwa RGL maze bakamuvuna akaboko ubu akaba yivuza atabasha gukora.
Bayisenge Claire wari utuye mu murenge wa Mwurire muri Rwamagana acumbikiwe na polisi y’u Rwanda kuri station ya polisi ya Kigabiro azira kuba yaraye abyaye umwana akamuta mu musarani aho yari acumbitse kwa nyinawabo mu kagari ka Cyimbazi muri Mwurire.
Umugabo witwa Bimaziki wo mu mudugudu wa Ruzizi Akagari ka Tanda umurenge wa Giti wo mu karere ka Gicumbi yakubise umugore we maze bamumukijije yadukira ihene ye ayiteragura ibyuma irapfa.
Umugore witwa Musabyimana Beatrice wo mu mudugudu wa Matyazo akagari ka Bikumba umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi mu ijoro rishyira tariki 16/09/2013 yiyahuye akoresheje ikinini cy’imbeba nyuma yo gusanga atwite.
Icumbi rya Mathias Van Dis wigisha icyongereza mu rwunge rw’amashuri rwa Congo Nil mu karere ka Rutsiro ryibasiwe n’abajura mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 09/09/2013 bamutwara ibikoresho bitandukanye bifite agaciro k’amadorali ya Amerika 840, ni ukuvuga asaga ibihumbi 500 uyavunje mu manyarwanda.
Umuforomo mu ivuriro rya Butansinda riri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yafashwe na polisi akurikiranwaho gufasha umukobwa wiga muri College de Kigoma gukuramo inda y’amezi atanu.
Umusore witwa Muhire Juvenal wakoraga akazi ko mu rugo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gihango, nyuma yo gufatanwa no kwemera ko ari we wibye mudasobwa ebyiri zo ku biro by’umushinga w’icyayi zari ziherutse kuburirwa irengero.
Ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze amasaha 20 ku isoko rya Kicukiro hongeye guterwa gerenade yica umuntu umwe ikomeretsa abandi umunani. Iki gikorwa kije gikurikira ikindi cyabaye mu ijoro ryashize kigahitana undi muntu umwe hagakomereka 14.
Mukamurenzi Beatrice, Yandokoreye Speciose n’umugabo witwa Hakizimana Deni bo mu murenge wa Gitambi bakekwaho kwivugana umusaza Nyirinkwaya Rudoviko ngo kuko bamukuye mu kabari ku ngufu bagenda bamukurura bavuga ko bashaka kumujyana mu rugo kuko ngo yari yasinze cyane .
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2013, uwitwa Niyonshuti yafatanywe inka y’injurano agiye kuyigurisha mu isoko ry’amatungo mu karere ka Ruhango rirema buri wa Gatanu wa buri cyumweru.
Impunzi z’Abanyecongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi zegerejwe ishami rya Polisi rizazifasha guhabwa serivisi biboroheye ndetse no gucungirwa umutekano ndetse bareba inkangu ziterwa n’amazi aturuka ku mazu y’inkambi.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye urusengero rwari rumaze kuzura rwa ADEPR Gahurire, paruwase ya Kibungo, uyu muyaga unagusha igiti mu muhanda kirawufunga kuri uyu wa 11/09/2013 mu masha ya saa kumi n’igice.
Nyirangizwenimana Claudine uvuka mu kagari ka Biruyi, umurenge wa Mushonyi, akarere ka Rutsiro, yashyikirijwe umuryango we tariki 07/09/2013, kandi uwo muryango wari uzi ko yitabye Imana.
Abantu batanu bose bo mu karere ka Nyagatare bapfuye bazize impanuka ya moto zari zikoreye ibiti byitwa Kabaruka mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Nzeri 2013.
Sezikeye Vincent utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, ngo atewe agahinda no kuba abajura baribye inka ye y’inzungu ihaka maze bakayibaga inyama bakazigurisha kandi yari imufatiye runini umuryango we.
Umwana w’imyaka itandatu wo mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza wishwe n’umukozi wo mu rugo rw’iwabo yasezeweho bwa nyuma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 10/09/2013.
Nyuma y’aho abaturage batuye akagari ka Rubona, umudugudu wa Rushagara umurenge wa Gisenyi akarere ka Rubavu intara y’uburengerazuba bagaragarije ikibazo cy’amazi y’imvura abasenyera amazu bitewe n’imigende yasibamye ntihagire igikorwa, na n’ubu bakomeje gutakamba ngo inzego z’ubuyobozi zihwiture abo bireba ariko abo (…)
Nyakwigendera Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yaraye ashyinguwe mu karere ka Bugesera nyuma yo kurohorwa yashizemo umwuka n’abapolisi bo mu mutwe wihariye ukorera mu mazi bita Marines.
Nyuma y’uko ibiganiro hagati ya Leta ya Kongo n’umutwe wa 23 bihagaze igihe kigera ku mezi icyenda, biteganyijwe ko bisubukurwa uyu munsi tariki 09/09/2013 mu Mujyi wa Kampala.
Abantu barindwi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano mu mukwabu wabaye mu karere ka Ruhango kuwa 07/09/2013, aho abantu bane bazize kuba benga banacuruza ibiyobyabwenge mu Ruhango bita ibikwangari, naho abandi batatu bakazira ko batagira ibyangombwa bibaranga.
Mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Ngarama, mu murenge wa Kabacuzi ho muri Muhanga haravugwa urupfu rw’umugabo wiyahuye amaze gutema umugore we ariko utapfuye.