Abajura bitwikiriye ijoro maze bacukura inzu y’uwitwa Maniraho Jean Baptiste utuye mu mu Kagari ka Murama ho mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera maze bararicucura karahava.
Muhire James w’imyaka 25 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga nyuma yo gutabwa muri yombi mu ijoro rishyira tariki 13/08/2013 ashaka kwiba Koperative Umurenge SACCO ya Shangi yo mu karere ka Nyamasheke.
Uwitwa Bizimungu Daniel, utuye mu mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe ho mu murenge wa Nyamiyaga, yakurikiranye umugore we bari batonganye akamuhungira kwa Nyirabukwe, agezeyo baramucika, ahicira undi mugabo wari uhacumbitse, ahita atoroka.
Mu ijoro rishyira tariki 12/08/2013, Gashugi Charles w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Gikombe mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatwikiye umugore we n’umwana bareraga mu nzu biturutse ku makimbirane bari bafitanye.
Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro rishyira tariki 12/08/2013 bajya guhakura mu mizinga y’abandi bibaviramo kuba bari bagiye gutwika ishyamba riri mu mudugudu wa Gakamba, akagari ka Muringa, umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo batatu ibakurikiranyeho ubucuruzi bw’ibishyitsi by’ibiti byitwa imishikiri bari bakuye mu ishyamba rya Gako bashaka kubyambutsa umupaka bakabijyana mu gihugu cya Uganda.
Gaparata Nzabagwira Elias w’imyaka 41 y’amavuko wo mu mudugudu wa Katabaro, akagari ka Cyimpindu mu murenge wa Kilimbi wo mu karere ka Nyamasheke yiyahuje umugozi mu ijoro rishyira tariki 09/08/2013 nyuma y’uko yari amaze kurwana n’umugore we.
Abantu 6 harimo n’abanyeshuli 2 nibo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana, bazize impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yabereye mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare.
Vestine Nyirantezimana w’imyaka 42 y’amavuko yari atuye mu mudugudu wa Rusisiro, mu kagari ka Kabujenje mu murenge wa Kivumu yishwe n’abantu bamusanze iwe tariki 08/08/2013 mu ma saa moya z’umugoroba bamuhora ko ari umurozi.
Hagenimana Flora w’imyaka 20 arwariye mu Bitaro by’i Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 09/08/2013 nyuma yo gukuramo inda y’amezi atandatu biturutse ku makimbirane yagiranye na se aramusunika yikubita hasi.
Umusore w’imyaka 23 wari umukozi wo muvrugo mu Kagali ka Karambo, Umurenge wa Karambo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke tariki 09/08/2013 akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 9.
Umucungamali w’ikigo Nderabuzima cya Mucubira kiri mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akurikiranweho kunyereza amafaranga y’abajyanama b’ubuzima ndetse n’ay’ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA asaga ibihumbi 260.
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo haragaragara amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango, guta ishuli kw’abana n’inda zititeguwe bivugwa ko biterwa n’inywa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge muri iyi nkambi.
Ndushabandi Joseph w’imyaka 80 wo mu kagari ka Ruganda mu murenge wa Rwimbogo yarokowe na Polisi ubwo abaturage bamuhigaga bukware bamuziza ko ngo yabiciye abantu benshi akoresheje amarozi.
Ingabire Freddy w’imyaka 30 yatoraguwe ahitwa Rwagitugusa ni mu murenge wa Mutendeli kuwa 08/08/2013 saa yine za mugitondo, yanizwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya munsi y’umuhanda bazi ko yapfuye.
Nyuma y’uko umwana w’umuhungu w’imyaka 12 witwa Tuyishime Eric, arohamye mu kiyaga cya Kivu tariki 06/08/2013, umurambo we ukaburirwa irengero, waje gutarurwa tariki 08/08/2013, uhita unashyingurwa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarutovu, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bibwe urutsinga rw’amashanyarazi rupima metero zigera ku 150, baguze bishyize hamwe ngo bagezweho umuriro aho batuye.
Nzeyimana Anicet w’imyaka 21wacururizaga mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma yahishije iduka rye ku nshuro ya kabiri saa mbiri n’igice z’ijoro tariki 06/08/2013 ahita aburirwa irengero.
Mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano tariki 08/08/2013, wataye muri yombi inzererezi esheshatu, babiri bigometse kuri gahunda za Leta ndetse hanafatwa inzoga z’inkorano “ibikwangari” bingana na litiro 320.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi Virunga Express yagonze abantu batatu mu mujyi rwagati wa Gakenke, Akarere ka Gakenke barakomereka bidakomeye cyane.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imicungire y’umutungo mu bitaro bya Ruhengeri acumbikiwe na polisi y’umurenge wa Muhoza akurikiranyweho ibyaha birebana no gukoresha nabi umutungo. Abandi babiri ntibabashije kuboneka ubwo polisi yabashakaga.
Sahabu w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Rugeregere mu kagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri ho mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gufatanwa imashini ikurura amazi yari yibwe muri sosiyete y’Abashinwa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihango bufatanyije na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, bwamennye litiro 1190 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu ngo z’abaturage babiri bo mu murenge wa Gihango tariki 07/08/2013.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari ajyanye n’abandi bana kuvoma amazi.
Ishuri ribanza rya Shyogo n’irya Kayonza Modern Secondary School yo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza yibwe ibikoresho by’ishuri n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira tariki 07/08/2013.
Abakobwa babiri n’umusore umwe bafungiye mu karere ka Nyanza bazira ko indangamuntu , ikarita y’ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ umuganda rusange w’abaturage bifite aho bihuriye n’imibare 666 bivugwa ko ari iya satani.
Abantu batandatu batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu Kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo bafatanwe urumogi ndetse n’inzoga itemewe ya Kanyanga mu mukwabo wabaye kuri uyu wa 07/08/2013.
Abasore batatu bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bateranye ibyuma barwanira umukobwa babiri barahagwa undi arwariye mu bitaro.
Kuwa gatandatu ushize tariki 03/08/2013, imodoka yari itwaye abageni mu karere ka Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari bagiye kwiyakira maze umushoferi arwana no kuyizimya no kubwira abageni kwihutira kuva mu modoka.
Nyuma y’iminsi ibiri ishyamba rya Nyungwe ryibasiwe n’inkongi y’umuriro, kuri uyu wa 06/08/2013, abaturage bo mu murenge wa Bushekeri, akarere ka Nyamasheke babyutse bajya kuzimya umuriro wongeye kwaduka muri iryo shyamba ariko kugeza ubu umuriro uracyaka.