Mu gihe Abanyarwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside y’akorewe Abatutsi, abarokotse Jenoside mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, barasaba ko hagira igikorwa kugirango Abarundi bagize uruhare runini mu kwica Abatutsi mu gace k’Amayaga bashyikirizwe ubutabera nabo baryozwe ubugome bagaragaje.
Ubwo Abanyagakenke bakiraga urumuri rutazima rw’icyizere tariki 01/03/2014, bijejwe ko ubuyobozi bubi bwakanguriye abenegihugu gukora Jenside butazongera kubaho mu Rwanda.
Minisitiri w’uburezi, Dr. Vincent Biruta, atangaza ko Urumuri Rutazima rw’icyizere ari urumuri rumurikira Abanyarwanda mu rugendo rwo kwiyubaka, bimika Ubunyarwanda kandi bubaka u Rwanda rwiza bazasigira abazabakomokaho.
Imibiri ibihumbi 60 yari yarajugunywe mu cyobo bise CND cyiri ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yose yamaze kuhimurwa ijyanwa ku biro by’umurenge wa Kinazi.
Mu gihe akarere ka Rubavu kakiriye urumuri rutazima rw’icyizere mu mpera z’icyumweru dusoje, Kigali Today irabagezaho amateka ya Ngeze Hassan uvuka muri ako karere akaba yarashinze ikinyamakuru KANGURA cyagize uruhare runini mu gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi.
Mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22/02/2014, abantu basaga ibihumbi 5000 bahuriye mu gikorwa cyo kwimura imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 itarashyingurwa mu cyubahiro yari mu cyobo cy’ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango.
Kuri uyu wa Gatanu 21/2/2014, akarere ka Nyabihu kabaye aka 15 kagejejwemo urumuri mu turere 30 tugize u Rwanda, kandi twose tukaba tugomba kuzagezwamo uru rumuri rutazima. Aka karere ni nako gaherutse uturere tw’Intara y’Iburengerazuba mu kwakira uru rumuri.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba muri Sudani bifatanyije n’Abanyarwanda ku isi yose muri gahunda yo kwakira no kugaragariza abandi urumuri rw’icyizere muri gahunda yo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu, Juru Anastase, avuga ko bahisemo kwakirira urumuri rutazima rw’icyizere muri Maiserie Mukamira kubera amateka yaranze Mukamira muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo akarere ka Rubavu kakiraga urumuri rw’icyizere rutazima, tariki 20/02/2014, umuyobozi wako yavuze ko nyuma y’amahano yagwiriye u Rwanda kubera politiki mbi yaciyemo Abanyarwanda ibice bagatozwa kwicana, avuga ko urumuri bakiriye ruzakomeza kubafasha kwiyubaka.
Kuri uyu wa 20/2/2014 akarere ka Rubavu nibwo kazakira urumuri rw’ikizere, uru rumuri rukaba ruzakirirwa ku rwibutso rwa Komini Rouge ahiciwe imbaga nini y’abantu bagashyirwa mu cyobo kimwe kiswe Komini Rouge mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Mu gihe byari byitezwe ko akarere ka Rubavu kazakira urumuri rw’ikizere taliki ya 19/2/2014, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko iyi taliki yamaze guhinduka ahubwo kazakira uru rumuri taliki ya 20/2/2014.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/02/2014 mu karere ka Nyanza hagejejwe imurika ryimukanwa (Expo mobile) ryateguwe na AEGIS Trust ku bufatanye n’ibindi bigo bigamije kubaka amahoro nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, avuga ko nubwo Abanyarwanda bakoze amarorerwa bakicana, hari intambwe ishimishije bamaze gutera mu kuvugurura imibanire yabo, hakaba hari n’icyizere ko iyo ntambwe izakomeza ijya imbere aho gusubira inyuma.
Abanyarwanda baba mu Buholandi bifatanyije n’Abaholandi kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994. Uwo muhango wabaye tariki 15/02/2014 waranzwe n’imurika n’ibiganiro ku mateka ya Jenoside.
Dominiko Mukeshimana; ukomoka mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, atangaza ko nyuma ya Jenoside yashatse kwiyahura inshuro zigera ku 10 kubera amashusho y’Abatutsi yishe yamugarukaga mu mutwe.
Ubwo mu karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, hageraga urumuri rw’icyizere, kuri uyu wa 13/02/2013, abayobozi bibukije ko inkomoko ya politike mbi zageze aho gusenya igihugu zakomotse muri aka karere, maze basaba ko bahindura paji y’ayo mateka.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke basanga Urumuri rutazima ari ikimenyetso cy’icyizere kigaragaza ko u Rwanda rwabonye umucyo kandi ko rutazongera kugwa mu icuraburindi ry’amacakubiri n’ivanguramoko, nk’ibyagejeje u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 20 itambutse.
Ubwo Abanyarusizi bakiraga urumuri rw’ikizere rutazima tariki 07/02/2014, abitabiriye uwo muhango batangaje ko rugaragaza ko igicu cy’umwijima Abanyarwanda babayemo igihe kirekire cyavuyeho.
Mu gihe mu karere ka Rusizi hitegurwa kwakira urumuri rutazima kuwa 07/02/2014, abaturage bose barasabwa kuzitabira uwo muhango kandi bagatanga ubuhamya bw’ibyo babonye mu gihe cya Jenoside.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 03/02/2014, akarere ka Nyamagabe kakiriye urumuri rw’ikizere rutazima ruri kuzenguruka uturere twose tw’igihugu, urumuri rwageze muri aka karere ruturutse mu karere ka Nyaruguru.
Nyuma y’igihe kirekire hatari kumvikanwaho ku nyito ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, Umuryango w’Abibumbye washyize eemeza ku mugaragaro ko izina ryitirirwa aya mahano ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi.’
Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’akarere ka Gisagara kwakira urumuri rw’icyizere rutazima, Depite Spèciose Mukandutiye yavuze ko buri Munyarwanda natwara uru rumuri mu mutima we umwijima wazanywe na Jenoside yo muri mata 1994 uzimuka hagahora umucyo.
Mu muganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki ya 25/01/2014 mu karere ka Ruhango, hakozwe ibikorwa byo gutunganya urwibutso rw’ahitwa Kinazi, ahateganyijwe kuzashyingurwa imibiri isaga ibihumbi 60 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urubyiruko rwo mu karere ka Huye rwasobanuriwe ko uru rumuri rw’icyizere bashikirijwe ari urubashishikariza kuva mu mwijima w’amacakubiri babibwemo bakibagirwa Ubunyarwanda bubahuza bagaha intebe amoko abatanya.
Mu masaha ya saa 11h kuri uyu wa 21/01/2014 abakozi buwitwa Hakizimana babonye imibiri y’abantu aho barimo bacukura umusingi w’inzu igiye kubakwa batabaza inzego z’umutekano.
Abatuye akarere ka Ruhango by’umwihariko abatuye umurenge wa Kinazi, tariki ya 19/01/2014 nibwo bakiriye urumuri rutazima, bakaba barwakiriye ruturutse mu karere ka Karongi aho rwari rumaze iminsi 3, rukazahava rwerekeza mu karere ka Nyanza.
Ubwo yifatanyaga n’Abanyakarongi kwakira Urumuri rw’ikizere Rutazima muri ako karere, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi, Ing Isumbingabo Emma Françoise, yavuze ko kuganira no kubwizanya ukuri ari yo nzira iboneye izatuma Abanyarwanda bomora ibikomere basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Nyuma y’uko Urwibutso rwa Jenoside rwa Buranga mu Karere ka Gakenke rugize ikibazo rugapfupfunukamo amazi bikaba ngombwa ko imibiri y’inzirakarengane za Jenoside 899 icumbikirwa mu nzu iri iruhande, ubuyobozi bw’akarere bwizeza ko izashyirwa mu rwibutso rushya rwatangiwe kubakwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Jean de Dieu Mucyo, avuga ko ahahoze kiliziya ya paruwasi gaturika ya Nyanjye hakwiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi nta mananiza abayeho.