Polisi ikorera mu karere ka Ruhango yataye muri yombi litiro zigera kuri 660 z’inzoga yitwa igikwangari na litiro ishanu za kanyanga, mu mukwabo wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Umugabo witwa Gatemberezi Daniel utuye mu mudugudu wa Mubumbwe mu kagari ka Bihembe muri Nyakariro yatemye umugore we n’ishoka yo kwasa inkwi n’abaturage bagerageje gutabara ababwira ko nabo umunsi yagarutse azabatema bose.
Ndayisaba Emmanuel w’imyaka 28 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera agurisha moto yari yibye mu Ntara ya Kirundo, Komine Busoni muri zone Gasenyi yashyikirijwe polisi y’u Burundi.
Abantu cumi n’umwe bakubiswe n’inkuba ubwo bari mu nama ku kirwa cya Bugarura giherereye mu kagari ka Bushaka mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro tariki 14/11/2013 ku bw’amahirwe ntihagira uwitaba Imana, usibye umunani muri bo bahungabanye bikomeye.
Mutarambirwa John w’imyaka 39 y’amavuko, yafatanywe udupfunyika “boules” dutanu tw’urumogi arimo kururuza ku manywa y’ihangu tariki 14/11/2013 mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango.
Abagabo barindwi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatwa batuburira abantu batandukanye amafaranga bifashishije Bibiliya bababeshya ko babacungira umutekano wayo.
Mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu batangiye gukingira inka ziri guturuka muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo zihungishirizwa mu Rwanda kugira ngo hatagira izakwanduza izisanzwe mu duce twegeranye na Kongo. Hagati aho ariko inka zambuka umupaka zikomeje kwiyongera, ngo bikaba biterwa n’uko ngo ingabo za (...)
Ihene ya Nyirahabimana Annonciata utuye mu mudugudu wa Rugote, akagari ka Shyembe, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, yafunzwe iminsi itatu n’umukuru w’umudugudu izira ko nyirayo yasibye umuganda biyiviramo gupfa.
Nyuma y’uko mu ijoro ryo kuwa 11 rishyira 12/11/2013, mu kagaki ka Rwenje hibwe ibendera ryari ku cyicaro cy’ako kagari biturutse ku burangare bw’abagabo Nzeyimana Theoneste na Bucyukundi bari baraririye ako kagari, ubu ngo iryo bendera ryabonetse mu murima w’abaturage, aho bakeka ko abari baryibye baritaye.
Maniraguha Dukundane wo mu kagari ka Mahoko, mu murenge wa Kanama yakegeswe ijosi na Nzayisenga Eric ubwo yari agiye kumukiza mu gihe yarwanaga n’umugore we ku isaha ya saa saba z’ijoro mu ijoro ryo kuwa 12 rishyira 13/11/2013.
Mu bitaro by’Akarere ka Nyanza biherereye rwagati mu mujyi wa Nyanza haravugwa inkuru y’ubujura butunguranye kuko byibwe inshuro ebyiri mu munsi umwe kandi mu cyumba kimwe.
Umwana wari ufite imyaka 8 y’amavuko wo mu mudugudu wa Giseke, akagari ka Muhororo mu murenge wa Kilimbi ho mu karere ka Nyamasheke yakubiswe n’inkuba ahita apfa ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki ya 11/11/2013.
Mu muhango wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/11/2013, ingabo z’u Rwanda zashyikirije ingabo za ICGLR ziba mu itsinda ryitwa EJVM umusirikare wa Kongo Cpl Kasongo wambutse umupaka ku buryo butemewe agafatirwa mu Rwanda kuwa 09/11/2013 ku isaha ya saa cyenda z’amanywa mu kagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu.
Nizeyimana Museveni w’imyaka 19 na Nduwimana Zakariya w’imyaka 23 bava indi imwe, bari mu maboko ya police mu karere ka Ruhango aho bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba ihene mu kagari ka Bunyogombe umurenge wa Ruhango muri Ruhango.
Umwana witwa Hakorinoti w’imyaka 17 y’amavuko wari umushumba mu rugo rwo kwa Minani Ernest utuye mu mudugudu wa Buhaza, Akagali Gati mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza basanze amanitse mu giti cy’umwembe yapfuye bikekwa ho yaba yiyahuye.
Bamwe mu bakunze gukurikirana imibanire y’abashakanye ndetse n’abashatse batangaza ko bimaze kugaragara ko abagabo benshi bahohoterwa mu ngo zabo ariko bakanga kubivuga ngo batava aho bata ikuzo.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo batatu ibakurikiranyeho ubucuruzi bw’ibishyitsi by’ibiti byitwa imishikiri bari bakuye mu ishyamba rya Gako bashaka kubyambutsa umupaka bakabijyana mu gihugu cya Uganda.
Urwego rw’igihugu rushinwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo GMO, Gender Monitoring Office rutangaza ko mu Rwanda hakiri benshi mu bagore n’abagabo bumva ko umugabo afite uburenganzira bwo gukubita umugore kubera impamvu iyo ari yo yose.
Umugore witwaga Nyirabana Esther w’imyaka 28 wari utuye mu murenge wa Kamembe , akagari ka Cyangugu yakubiswe n’inkuba ahita ashiramo umwuka ubwo yari agiye gutoragura imbuto za avoka zamanurwaga n’umuyaga mu mvura nyinshi yaguye aho yari atuye.
Ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 09/11/2013 saa kumi n’ebyiri n’igice, inkuba yakubise ku kigo cya Iwawa, yibasira cyane cyane aho abana barimo bafatira ifunguro, umwe ahasiga ubuzima.
Abantu babiri bo mu mudugudu wa Kayange ya mbere akagali ka Ndama umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bari mu maboko ya Polisi Station ya Karangazi bakekwaho gutema inka za Gakuru Geoffrey bitewe n’uko zaboneye imyaka irimo amasaka.
Nzibahana Martin w’imyaka 30 na Mugenzi Thomas w’imyaka 23 y’amavuko bari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 07/11/2013, bakekwaho urupfu rw’umukecuru Nabakuza Surayine w’imyaka 53 wapfuye tariki ya 31/10/2013.
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 45 watoraguwe mu kiyaga cya Muhazi ku gice cy’umurenge wa Gahini mu karere ka Kayonza tariki 09/11/2013.
Ubujura bw’imyaka mu mirima ndetse n’ubw’ibiti bakunze gukoresha bashingirira ibishyimbo ni kimwe mu bivugwa cyane na bamwe mu baturage mu karere ka Nyabihu.
Icyumweru gitaha akarere kagihariye umutekano n’uruhare rw’abaturage mu kuwucunga (Security and community policing week). Bikaba mu gihe aka karere kari mu kwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangijwe kuva tariki 5/11/2013 kugeza tariki 12/12/2013.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake ya RAB 713 D, yikoreye ibiti bya Kabaruka yafatiwe hagati y’umurenge wa Kinazi na Ntongwe tariki 7/11/2013, banyirayo barayita bariruka.
Umurambo wa Jeanne Mukantegano wari utuye mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, wabonetse kuri uyu wakane mu nzu yabanagamo na bene wabo ariko uwo munsi yari yayirayemo wenyine.
Umugore witwa Mukandinda Francine wari utuye mu murenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero yiyahuye yinigishije umwenda yari yambaye ubwo yari muri kasho ya polisi mu karere ka Ngororero akurikiranyweho kwica umugabo we.
Nyuma y’uko bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Cyome umurenge wa Gatumba bakomeje gukimbirana n’abakozi b’ikompanyi yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) icunga umutekano muri GMC (Gatumba Mining Concession) polisi yafashe icyemezo cyo gushyira abapolisi kuri GMC mu rwego rwo gukumira ayo makimbirane.
Ilibagiza Marlene wo mu mudugudu wa Myatano mu kagari k’Urugarama ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza, arakekwaho kwica umugabo we witwaga Kayumba Laurent mu ijoro rya tariki 06/11/2013 afatanyije na murumuna w’umugabo we. Bombi ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara.