Rubavu : Dukundane yakaswe ijosi agiye gukiza umugore n’umugabo barwanaga

Maniraguha Dukundane wo mu kagari ka Mahoko, mu murenge wa Kanama yakegeswe ijosi na Nzayisenga Eric ubwo yari agiye kumukiza mu gihe yarwanaga n’umugore we ku isaha ya saa saba z’ijoro mu ijoro ryo kuwa 12 rishyira 13/11/2013.

Nk’uko bitangazwa n’ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kara batuyemo, aba bagabo bari basangiye mu kabari ndetse baratongana bapfuye iby’inzoga. Kutumvikana ngo byatumye Nzayisenga ataha mbere abasangiye nawe bahita bamukurikira, bageze imbere babura aho anyuze.

Uyu ni Dukundane aho arwariye mu bitaro.
Uyu ni Dukundane aho arwariye mu bitaro.

Dukundane yahisemo kujya kwa Nzayisenga ngo arebe ko yageze mu rugo, maze asanga umugabo atangiye gukubita umugore amubaza impamvu atinda gukingura. Abaturage baravuga ko Dukundane yahise atangira kubakiza maze Nzayisenga ahita amutera icyuma inshuro 2 mu gatuza atangira no kumutema ijosi.

Abayuranyi ba Nzayisenga bavuga ko murumuna wa Dukundane witwa Daniel nawe yumvise induru agatabara ari nawe wakiranuye abarwanaga. Nawe ariko ngo Nzayisenga yamurumye urutoki.
Naho Dukundane akaba yagejejwe kwa muganga ku ivuriro ry’ahitwa Mahoko aho abaganga bavuga ko yadozwe kandi bafite ikizere ko azakira.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

none se nibajya barwana tujye tubihorera aho kugira ngo badukure ku birayi? Ahaaa ndabona ari Danger

Umusaza yanditse ku itariki ya: 14-11-2013  →  Musubize

Ibyo bitaro kuki bitagira amashuka?

Joseph yanditse ku itariki ya: 14-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka