Nshumbusho Francois na Nyirarukundo Agnes bo mu kagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo kava tariki 07/12/2013 bakekwaho gukora no gukoresha inzoga ya Kanyanga.
Iriniga Jean Marie Vianney wari umukuru w’umudugudu wa Kigarama mu kagari ka Nkira mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro, yimanitse mu mugozi ahita ashiramo umwuka tariki kuri uyu wa Gtanu 6/12/2013 nyuma y’uko ngo yari amaze iminsi avuga ko atazageza ku bunani akiriho.
Umugabo witwa Karekezi Jean bakunda kwita Rutwe utuye mu kagari ka Kibenga mu mudugudu wa Kindonke mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, yaraye araririwe n’irondo kuko yashakaga kwica umugore we.
Minani Cleophace utuye mu kagari ka Nyamata mu mudugudu wa Rwakibirizi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 1273 yacururizaga iwe mu rugo.
Byiringiro Jean d’Amour w’imyaka 20 waje aturutse mu Karere ka Rubavu yinjiye muri bimwe mu biro byo ku kicaro cy’akarere ka Ngororero saa sita z’amanywa tariki 5/12/2013 aterura mudasobwa (lap top) eshatu azipakira mu gikapu yari ahetse.
Mukanyandwi Eugènie wari utuye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 5/12/2013 nyuma yo kurumwa n’umwana we w’imyaka ine nawe wari warumwe n’imbwa yasaze.
Mu mukwabo wakozwe na polisi mu karere ka Ruhango mu tugari twa Nyamagana na Gikoma mu murenge wa Ruhango tariki ya 05/12/2013, yafashe abantu 9 bakora bakanacuruza ibiyobyabwenge birimo inzoga y’igikwangali na kanyanga.
Ibendera ryo ku kigo cy’amashuli yisumbuye cya Ruganda mu murenge wa Ruganda, akarere ka Karongi ryibwe n’abantu batamenyekana, inzego z’umutekano zikaba zimaze guta muri yombi abakekwaho ubwo bujura bw’ubuhemu.
Abaturage batuye mu karere ka Kayonza, umurenge wa Rukumberi mu tugari twegereye umugezi w’Akagera baratabaza ko imvubu zikomeje kubonera zivuye mu kagera zikanabarira amatungo cyane cyane ingurube.
Sekamana Francois w’imyaka 26 wo mu murenge wa Zaza mu karere ka Ngoma yatoraguwe tariki 04/12/2013 mu musarane yarishwe nyuma yo kuburirwa irengero ubwo yajyaga kurarira iduka rye ku mugoroba wo kuwa 02/12/2013.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 19 yavuye Kimisagara mu mujyi wa Kigali ajya mu karere ka Rusizi gusura umusore amarayo icyumweru ariko nyuma birangira umusore amwimye amafaranga yo gusubira iwabo.
Umugabo watoraguwe aziritse amaguru n’amaboko ndetse bamushyize ibitambaro mu kanwa bamuta mu murima maze atoragurwa n’abahinzi mu mudugudu Rwibinyogote mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera yaje kuzanzamuka nyuma yo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Muhawenimana Josée w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yafashwe tariki 3/12/2013 ahagana saa tanu z’amanywa arimo guta ku munigo umwana w’umuhungu yabyaye w’imyaka itatu ashaka kumuhotora.
Umurambo w’umugore utamenyekanye watoraguwe mu nsi y’ibarizo ry’uwitwa Ntakirutimana Emmanuel wo mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa kabarondo wo mu karere ka Kayonza tariki 03/12/2013 mu masaha ya saa sita n’igice. Uwo murambo wahise ujyanwa ku bitaro bya Rwinkwavu byo mu karere ka Kayonza.
Uwihanganye Samuel na Kizora bafatanywe inyama z’isatura, impongo n’urukwavu mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza tariki 02/12/2013.
Umukobwa w’imyaka 14 ukora akazi ko mu rugo mu mudugudu wa Kamuhoza, akagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, arashinja umuhungu w’imyaka 17 na we ukora akazi ko mu rugo kumufata ku ngufu, icyakora uwo muhungu we akabihakana.
Abaturage bo mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza bari bamaze icyumweru kirenga baratewe n’imvubu yabahungabanyirizaga umutekano.
Mu gitondo cyo kuwa 3/12/2013 mu masaha ya saa moya mu mudugudu wa Rwibinyogote mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko uka utaramenyekana.
Muhawenimana Claudine w’imyaka 21 yafatanwe ikiro kimwe cy’urumogi arutwaye ku igare mu kagari ka Kampeta umudugudu wa Pamba mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera.
Umugore utuye mu karere ka Nyagatare yagiye gusaba icumbi kuri station ya polisi ya Kigabiro mu cyumeru gishize nyuma y’uko kuwa tariki 29/11/2013 yari amaze guha abantu batazwi amafaranga ibihumbi 40 ngo bayamubikire nyuma yo kumubeshya ko inzego z’umutekano ziri gusaka abantu bose mu nzira iva Rwamagana yerekeza i (...)
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Daihatsu yari ipakiye amakara yakoze impanuka mu Kagali ka Munyana,Umurenge wa Minazi mu karere ka Gakenke, abagore babiri barimo barakomereka umwe ku buryo bukomeye.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite ikirango RAC 456 D yari iri gupakira ibiti byo gutera mu muganda wabaye tariki 30/11/2013 mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza yagushije abantu 21, umunani muri bo barakomereka bikabije.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo abatuye isi yose batangire kwinjira mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunane, abaturage batuye mu karere ka Ruhango barasabwa kugira uruhare runini mu kwibungabungira umutekano kuko aribwo abagizi ba nabi baba barekereje guhuguza utw’abandi.
Mukunzi Mutabazi w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Tsima mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza yakomerekejwe n’imbogo yo muri Parike y’Akagera mu gitondo cya tariki 30/11/2013.
Nyuma y’uko bivuzwe ko mu karere ka Rubavu hari ibikorwa byo kunyereza abagabo n’abasore, ubuyobozi bw’akarere ka Rubvau buvuga ko abagabo n’abasore batanyerezwa ahubwo hafatwa inzererezi kandi zikajyanwa mu kigo ngororamuco.
Niyodusenga Placide ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Murama wo mu karere ka Kayonza afungiye i Kibungo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.
Rurangirwa Laurent w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Musasa mu kagari ka Nyarubuye yivuganye Nyirarume witwa Nsanabandi Froduard w’imyaka 61 y’amavuko mu ijoro rishyira tariki 29/11/2013 bapfuye amasambu y’imiryango yabo batumvikanagaho.
Abajura bateye mu rugo rw’umucuruzi witwa Mvuyekure Ismael maze bamufatiraho imbunda niko guhita bamutwara amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29/11/2013.
Ikibazo cy’abantu bitwikira ijoro bakamena ibirahuri by’amazu y’abantu mu karere ka Ngoma cyageze mu kagali ka ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo, mu gihe iki kibazo cyari kimaze iminsi kivugwa mu kagali ka Mahango bituranye.
Minisiteri y’Umutekano mu gihugu iratangaza ko mu gihembwe gishize ibyaha bihungabanya umutekano byongeye kugabanukaho kugeza kuri 2,5%, aho abaturage babigizemo uruhare rugaragara mu gitanga amakuru ku gihe.