Euphrem Munyentwari w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Murunda yateraguye ibyuma se witwa Niyitegeka Gallican w’imyaka 46 y’amavuko kugeza ubwo ashiramo umwuka amuhora ko ngo na we yabangamiraga ibikorwa bye by’ubworozi.
Ngirinshuti Leopord w’imyaka 70 wo mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yahuye n’igico cy’abagizi ba nabi baramukubita bamusiga ari indembe ubwo yari avuye gucuruza ahagana saa tatu z’ijoro mu ijoro rishyira tariki 29/11/2013.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yaritwaje uburwayi bw’uwo babanaga akamwiba amafaranga ataramenyekana umubare, bene umurwayi bavuga ko ari miliyoni imwe n’ibihumbi magana atandatu.
Inka 25 z’uwitwa Mukankuranga Florence utuye mu kagari ka Biharagu mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zari zatwawe n’Abarundi zose zagaruwe nta nimwe ibuzemo.
Ndagijimana Jean Damascene w’imyaka 31 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera yagiye kwa sebukwe kwaka umunani w’umugore we agezeyo baterana amagambo bituma barwana bimuviramo urupfu.
Ba rushimusi barobesha imitego itemewe irimo na super net baratungwa agatoki kuba nyirabayazana y’ihenda ry’amafi no kugabanuka k’umusaruro wayo mu biyaga bya Sake, Birira na Mugesera.
Kuri uyu wa 27/11/2013 mu mujyi wa Kibungo hakozwe umukwabu wo gufata inzererezi ngo zihabwe inyigisho zituma zigororoka. Hafashwe inzererezi 31.
Hakizimana Eugene w’imyaka 27 y’amavuko ari mu maboko ya police guhera tariki ya 28/11/2013, akurikiranyweho gutunga igikoresho cya gisirikare ndetse akaba yanabanaga n’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 yari yarigaruriye.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya bashimwe n’ubuobozi bw’akarere n’ubw’inzego z’umutekano kubera ubufatanye n’umurava bagaragaje mu kugaruza amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 300 yari yibwe n’abajura mu gashami ka SACCO Icyerekezo Rusebeya.
Inka 25 z’uwitwa Mukankuranga Florence utuye mu kagari ka Biharagu mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zarishaga hafi y’umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi maze zirambuka zijya kona mu murima w’Abarundi nabo bahita baza barazishorera barazitwara.
Mbiturimana Wellars w’imyaka 37, utuye mu mudugudu wa Kagurusu akagari ka Gitisi umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, ari mu maboko ya police guhera tariki 27/11/2013 nyuma yo gufatanwa udupfunyuka 976 tw’urumogi.
Habineza Theogene wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira wo mu karere ka Kayonza, afunzwa kuva tariki 25/11/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 313 yatanzwe n’abaturage nk’imisanzu yo kubaka ibyumba by’amashuri.
Modeste Rubyigana w’imyaka 42, wo mu murenge wa Kamembe na mugenzi we Mwembezi Evariste ukomoka muri Uganda bafanywe amadorari ibihumbi 63050 hamwe n’izindi noti 41 z’amafaranga y’u Rwanda byose ari amakorano. Bafatanwe kandi idupfunyika 7 tw’impapuro zikora amafaranga.
Nzabandora Damien bakunze kwita kazungu na mugenzi we Tuyisenge Ignace bari mu maboko ya Polisi bakekwaho kwivugana Musabyimana Pascal wakoraga akazi k’ubuzamu ku iduka rya Sibomana David mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi.
Mu kagali ka Mahango mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma haravugwa abantu bataramenyekana bikinga ijoro bakamenagura ibirahuri byo ku mazu y’abantu.
Umugore witwa Mukansanga Primitive utuye mu kagari ka Kimaranzara mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera yajyanwe n’abaturage ku biro bya polisi bamushinja kugira amarozi.
Kubwimana Fidel na Nsengeyukuri bafatanywe litiro 25 za Kanyanga mu mudugudu wa Rugogwe akagari ka Rubona mu murenge wa Bweramana mu gitondo cya tariki 27/11/2013.
Mu Murenge wa Rwimbogo ho mu Karere ka Gatsibo, umuturage yakomerekejwe n’imbogo imuvuna akaboko, Imana ikinga akaboko ntiyamwica kuko abaturage bahise batabara barayimukiza.
Mu ijoro rishyira tariki 26/11/2013 mu mudugudu wa Rugarama na Nyabivumu mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera hakozwe umukwabo maze uta muri yombi inzererezi 31 ndetse n’Abarundi 13 badafite ibibaranga.
Nizeyimana Rajab na Nizeyimana Yahya bose bafite imyaka 19 y’amavuko batawe muri yombi mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 24/11/2013 bazira kwiba ibikoresho by’abanyekongo byifashishwa mu burobyi.
Umugabo w’imya ka 23 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Tara yafashwe saa mbiri z’ijoro kuwa 25/11/2013, ashinjwa gusambanya umwana wa mukuru we yareraga w’imyaka 6.
Ku gicamunsi cya tariki 25/11/2013 Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abantu babiri. Umwe ni umushiferi washakaga guha umupilisi ruswa, undi ni umugore wacuruzaga ibiyobyabwenge.
Umukozi wa Banque Populaire du Rwanda ku ishami ryayo riri mu mujyi wa Rwamagana yatawe muri yombi kuwa 25/11/2013 nyuma yo gufatanwa amafaranga miliyoni icumi ya banki yari ashyiriye abanyamasengesho ngo bayasengere agire umugisha hanyuma agarurwe mu isanduku ya banki.
Umusaza w’imyaka 81 y’amavuko witwa Ntifashwa Ignace wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 22/11/2013 akura umusaraba ku mva yo mu irimbi ndetse agakora n’ibindi bikorwa ngo bituma akekwaho kuroga.
Abapolisi 70 bateraniye mu ishuri rikuru rya polisi riherereye mu karere ka Musanze, barasabwa guha agaciro umwanya bahawe bashakira hamwe umuti urambye ku bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikiboneka hamwe na hamwe mu gihugu.
Abubakar Nsengiyumva w’imyaka 33 afungiye kuri Police Post ya Gatunda ho mukarere ka Nyagatare azira gukomeretsa Felecian Bazatsinda w’imyaka 44 amuziza kumusambanyiriza umugore.
Mu kagari ka Gacaca mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, haravugwa urupfu rw’umwana witwa Uwizeye Willy w’imyaka 14, bivugwa ko yaba yiyahuje umuti wica imbeba abandi bakavuga ko yaba yiyahuje umugozi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi abasore babiri bo muri ako karere mu murenge wa Gihango tariki 21/11/2013, umwe afatanwa udupfunyika 22, undi na we afatanwa udupfunyika 40 tw’urumogi, bombi bakaba bari bafatanyije kurucuruza.
Umwana w’imyaka 19 witwa Nyirahagenimana Claire yishwe n’inkuba ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 22/11/2013 mu kagari ka Kacyangugu mu murenge wa Kamembe ubwo yari ari mu murima ari gutera imboga.
Abacungagereza bo mu magereza atandukanye yo mu Rwanda basoje amasomo bahabwaga yo ku rwego mpuzamahanga arebana n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa nta ntwaro ikoreshejwe.