Nkurunziza Antoine wo mu murenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero afunzwe na polisi ikorera muri ako karere akurikiranywe ho gutema inka y’umugore yinjiye amuziza kumuca inyuma no kugurisha inka atamugishije inama.
Umusaza witwa Nyabenda Hakili wo mu Burundi yaraye afatanywe umwana muto wo mu murenge wa Kamembe abeshya ko ngo agiye kumuha umuti wo kumukiza indwara arwaye, nyamara uyu musaza ngo asanzwe azwi n’abaturage ko ari umufumu kabuhariwe aho ngo ajyana abantu ikuzimu.
Umukobwa witwa Nikuze Adeline utuye mu mudugudu wa Gasenga, akagari ka Kivugiza, umurenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo, yishe umuvandimwe we witwaga Twahirwa biturutse ku businzi.
Imiryango ine yo mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi ubu ntifite aho kwikinga nyuma yuko amazu yabo asenwe n’imvura yiganjemo umuyaga n’urubura rwinshi yaguye tariki 19/10/2013 ikangiza amazu y’abaturage agera 332.
Uwitwa Nsengumuremyi Emmanuel ari mu bitaro bya ADEPR Nyamata nyuma yo kugongwa n’abagenda ku ma moto manini y’abishimisha agakomereka bikomeye.
Abakozi ba sosiyete icunga umutekano SCAR (Security Company Against Robbery) mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21/10/2013 bazindukiye imbere y’ibiro by’akarere ka Nyamasheke baje gusaba kubakorera ubuvugizi kugira ngo sosiyete bakorera ibishyure kuko ngo bamaze amezi akabakaba atatu badahembwa.
Inkubi y’umuyaga yasambuye ibisenge by’amazu 11 yo mu kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.Uyu muyaga warurimo imvura nke wahushye ku masaha ya nimugoroba yo kuwa 20/10/2013.
Hakuziyaremye Fredrick wo mudugudu wa Gasinga akagali ka Gasinga umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare arakekwa ko ariwe wagize uruhare mu rupfu rwa Gasana Julius witabye Imana nyuma yo gukubitwa isuka mu mutwe.
Umwana w’imyaka 9 wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali yitabye imana mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 20/10/2013 arohamye mu cyobo cy’amazi cyari hafi y’icyubakwa.
Mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe hatahuwe umurima w’urumogi ugera kuri hegitari 10, ukaba uhinze mu gishanga kiri hafi y’Akagera kuko aka kagari gahana imbibi n’igihugu cya Tanzaniya.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu batuye mu murenge wa Bugeshi begereye ikibaya gihuguza u Rwanda na Congo bavuga ko bamaze kuburira inka zirenga 200 muri iki kibaya zitwarwa n’ingabo za Congo bakabura uko bazigaruza.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi bavuga ko ubujura bukomeje gukaza umurego aho umunsi kuwundi badasiba kwifatira abantu bari kubiba abandi bakabacika.
Mu murenge wa Gishari muri Rwamagana haraye hamenyekanye umugabo ufite imyaka 27 waketsweho gusambanya umwana w’umukobwa bivugwa ko atuzuye mu mutwe, ubu akaba akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye umugabo ushinjwa gukubita no gukomeretsa nyina umubyara, urugomo yakoze mu ijoro ryo kuwa 17/10/2013.
Rwagatori Emile n’umugore we witwa Umuhoza Chantal batuye mu kagari ka Gahinga, umurenge wa Mururu mu karere ka Rusizi bafatanwe gerenade n’amasasu atanu mu nzu kuri uyu wa 18/10/2013.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 37 wo mu murenge wa Ndego mu karere ka Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarondo, aho akurikiranyweho icyaha cyo guha komanda wa poste ya Polisi ya Ndego ruswa y’amafaranga ibihumbi 50, kugira ngo afungure mubyara we na we ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.
Mbanjineza Innocent wari utuye mu kagari ka Kabare mu murenge wa Musha mu karere ka Rwamagana yaraye ashyinguwe aho muri Musha azize kuba yaraguye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ubwo yari yagiye kuyiba mu ijoro rishyira tariki 17/10/2013.
Jean Bosco Ndindabo w’imyaka 45 y’amavuko yatawe muri yombi mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano tariki 18/10/2013, mu kagari ka Rwinyana umurenge wa Bweramana afite litiro 20 za Kanyanga.
Nyuma y’igihe kitari gito havugwa ubujuru bw’amatungo cyane cyane inka mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Ngororero, ubuyobozi na polisi mu karere ka Ngororero baravuga ko bafashe ingamba zikomeye zo kurwanya ubwo bujura bukomeje guhombya abaturage.
Imodoka yo mu bwoko bwa DAIHATSU Delta, yari ipakiye amasaka n’imyumbati ibikuye muri Uganda ibijyanye mu mujyi wa Musanze, yabuze feri maze igonga Taxi Twegerane yari ihaparitse ariko ntihagira umuntu n’umwe ukomereka.
Mu rwego rwo gukangurira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge kuko byangiza ubuzima kandi bikadindiza iterambere, imbere y’abaturage bo mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke , Polisi yamennye ibiyobyabwenge bitandukanye.
Ku mugoroba wa taliki ya 16/10/2013 mu mujyi wa Gisenyi polisi yakoze umukwabu wafatiwemo abakora ubucuruzi butemewe ku mihanda burimo inkweto, imyenda, telefoni zigendanwa hamwe n’abavunja amafaranga.
Umukecuru Nyiramatama wari warahawe ubutaka mu mudugudu wa Kayigiro, akagali ka Gitengure, umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare arasaba gutuzwa ahandi kuko ubwo butaka yari yarahawe nyirabwo yagarutse none ntakibasha kugira icyo abukoreramo.
Abajura batabashije kumenyekana bibye inka y’umusaza witwa Jotham Uwimana bayikuye iwe mu rugo mu kagari ka Kabuga mu murenge wa Mukura, akarere ka Rutsiro bayibagira hakurya mu kagari ka Gacaca mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi mu ijoro rishyira ku wa gatatu tariki 16/10/2013.
Umusore witwa Ndacyayisenga Wellars utuye mu mudugudu wa Budaha, akagari ka Gasiza, umurenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo, ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana w’umukobwa witwa Mutoni Uwase Sandrine w’imyaka 12.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano barasaba abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi kongera imbaraga mu gucunga umutekano kugira ngo hatagira ubameneramo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/10/2013, mu kidendezi cy’amazi cyitwa Akacitse kiri mu gishanga cya Nyabarongo, giherereye mu mudugudu wa Rubumba akagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, hakuwemo umurambo w’umusore w’imyaka 25 witwa Munyengabire Pascal.
Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu ntara y’Uburengerazuba, Maj.,Gen. Mubaraka Muganga, araburira urubyiruko kwitandukanya n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko uretse kubangiriza ubuzima hashyizweho ingamba zikomeye mu kurwanya ababitunda, ababicuruza hamwe n’ababikoresha.
Abanyeshuri bane biga mu mwaka wa mbere muri Kaminuza y’u Rwanda bari bacumbitse ahitwa kwa Manama ho mu mujyi wa Butare (mu gikari cy’inzu iri hafi y’aho Horizon Express ikorera), bahishije ibintu byose bari bafite ku bw’inkongi yibasiye inzu y’ibyumba bibiri babagamo, badahari, kuwa 15/10/2013.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 27 wo mu mudugudu wa Mirambi ya III mu kagari ka Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, afunzwe, akurikiranyweho gutema ku kuboko Rutayisire Emmanuel ushinzwe umutekano mu muri uwo mudugudu akoresheje inkota.