Ruhango: Barindwi batawe muri yombi kubera ibikwangari n’ibyangombwa

Abantu barindwi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano mu mukwabu wabaye mu karere ka Ruhango kuwa 07/09/2013, aho abantu bane bazize kuba benga banacuruza ibiyobyabwenge mu Ruhango bita ibikwangari, naho abandi batatu bakazira ko batagira ibyangombwa bibaranga.

Aba bose bafatiwe mu mudugudu wa Gitwa mu kagari ka Rutabo mu murenge wa Kinazi, bakaba bafatanywe litiro 140 z’inzoga z’inkorano bita ibikwangari ariko bibujijwe mu Rwanda kuko byemejwe nk’ibiyobyabwenge.

Izi nzoga zishobora gutera abazinywa ibibazo by'ubuzima kuko biyobya ubwenge bikanatera indwara
Izi nzoga zishobora gutera abazinywa ibibazo by’ubuzima kuko biyobya ubwenge bikanatera indwara

Aba bose bacumbikiwe kuri station ya polisi ya Kinazi mu gihe ubushinjacyaha buri gukorera amadosiye abashinjwa ibiyobyabwenge ngo bazashyikirizwe ubutabera, naho abatagira ibibaranga hakazagenzurwa ikibagenza n’impamvu batagira ibyangombwa kandi biyita abenegihugu.

Ibikwangari na zimwe mu nzoga bita inkorano bikemangwa isuku nkeya no kutemanya uruvangavange biba bikozwemo
Ibikwangari na zimwe mu nzoga bita inkorano bikemangwa isuku nkeya no kutemanya uruvangavange biba bikozwemo

Polisi n’abayobozi kandi bagiranye inama n’abaturage babashishikariza kujya begendera kure ibiyobyabwenge kandi bagatanga amakuru igihe hari aho babyumvise kuko byangiza ubuzima n’umutekano by’abaturage bikanamunga ubukungu.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka