Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo haragaragara amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango, guta ishuli kw’abana n’inda zititeguwe bivugwa ko biterwa n’inywa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge muri iyi nkambi.
Ndushabandi Joseph w’imyaka 80 wo mu kagari ka Ruganda mu murenge wa Rwimbogo yarokowe na Polisi ubwo abaturage bamuhigaga bukware bamuziza ko ngo yabiciye abantu benshi akoresheje amarozi.
Ingabire Freddy w’imyaka 30 yatoraguwe ahitwa Rwagitugusa ni mu murenge wa Mutendeli kuwa 08/08/2013 saa yine za mugitondo, yanizwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya munsi y’umuhanda bazi ko yapfuye.
Nyuma y’uko umwana w’umuhungu w’imyaka 12 witwa Tuyishime Eric, arohamye mu kiyaga cya Kivu tariki 06/08/2013, umurambo we ukaburirwa irengero, waje gutarurwa tariki 08/08/2013, uhita unashyingurwa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarutovu, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bibwe urutsinga rw’amashanyarazi rupima metero zigera ku 150, baguze bishyize hamwe ngo bagezweho umuriro aho batuye.
Nzeyimana Anicet w’imyaka 21wacururizaga mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma yahishije iduka rye ku nshuro ya kabiri saa mbiri n’igice z’ijoro tariki 06/08/2013 ahita aburirwa irengero.
Mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano tariki 08/08/2013, wataye muri yombi inzererezi esheshatu, babiri bigometse kuri gahunda za Leta ndetse hanafatwa inzoga z’inkorano “ibikwangari” bingana na litiro 320.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi Virunga Express yagonze abantu batatu mu mujyi rwagati wa Gakenke, Akarere ka Gakenke barakomereka bidakomeye cyane.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imicungire y’umutungo mu bitaro bya Ruhengeri acumbikiwe na polisi y’umurenge wa Muhoza akurikiranyweho ibyaha birebana no gukoresha nabi umutungo. Abandi babiri ntibabashije kuboneka ubwo polisi yabashakaga.
Sahabu w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Rugeregere mu kagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri ho mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gufatanwa imashini ikurura amazi yari yibwe muri sosiyete y’Abashinwa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihango bufatanyije na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, bwamennye litiro 1190 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu ngo z’abaturage babiri bo mu murenge wa Gihango tariki 07/08/2013.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari ajyanye n’abandi bana kuvoma amazi.
Ishuri ribanza rya Shyogo n’irya Kayonza Modern Secondary School yo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza yibwe ibikoresho by’ishuri n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira tariki 07/08/2013.
Abakobwa babiri n’umusore umwe bafungiye mu karere ka Nyanza bazira ko indangamuntu , ikarita y’ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ umuganda rusange w’abaturage bifite aho bihuriye n’imibare 666 bivugwa ko ari iya satani.
Abantu batandatu batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu Kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo bafatanwe urumogi ndetse n’inzoga itemewe ya Kanyanga mu mukwabo wabaye kuri uyu wa 07/08/2013.
Abasore batatu bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bateranye ibyuma barwanira umukobwa babiri barahagwa undi arwariye mu bitaro.
Kuwa gatandatu ushize tariki 03/08/2013, imodoka yari itwaye abageni mu karere ka Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari bagiye kwiyakira maze umushoferi arwana no kuyizimya no kubwira abageni kwihutira kuva mu modoka.
Nyuma y’iminsi ibiri ishyamba rya Nyungwe ryibasiwe n’inkongi y’umuriro, kuri uyu wa 06/08/2013, abaturage bo mu murenge wa Bushekeri, akarere ka Nyamasheke babyutse bajya kuzimya umuriro wongeye kwaduka muri iryo shyamba ariko kugeza ubu umuriro uracyaka.
Mariyamu Mukarugwiza w’imyaka 20 wo mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe avuga ko ahangayikishijwe n’abana be babiri yabyaranye n’abagabo batagira icyo bamufasha. Uyu mugore avuga ko inzara ariyo ituma abyara aba bana kuko ngo aramutse abonye icyo afungura atakongera kuzerera mu bagabo.
Musabyimana Theoneste wo mu murenge wa Nyamyumba akagari ka Rubona yatwawe n’amazi yo mu kiyaga cya Kivu saa yine z’ijoro ryo ku taliki 4/8/2013 ubwo yarimo kugerageza gushaka uko akiza abari mu bwato atwaye.
Igice cya Parike ya Nyungwe giherereye mu kagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke, tariki 03/08/2013 cyafashwe n’inkongi y’umuriro, iza kugaragara tariki 04/08/2013, ariko inzego zitandukanye n’ubuyobozi bawuzimya utarafata igice kinini cyane.
Abantu bataramenyekana bagerageje kwiba Paroisse Gatolika ya Rukomo iri mu karere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuwa 30/07/2013 saa saba z’ijoro.
Nyuma y’ukwezi kumwe impanuka ihitanye abantu 7 mu murenge wa Nzahaha, ku mugoroba wo kuwa 04/08/2013, ahagana saa moya z’ijoro hongeye kuba indi mpanuka ihitana abantu babiri: Nshimyumukiza Daniel n’undi mugore utaramenyekana neza.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aravuga ko ikibazo cy’ubwicanyi mu miryango bukomeje kugaragara mu karere ayoboye kimwe n’ahandi mu gihugu gifitanye isano na Jenoside yatumye hari abantu bamwe batakaje agaciro k’ubumuntu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwafashe icyemezo cyo guca amagare mu mujyi rwagati wa Nyamata mu rwego rwo kugabanya impanuka ayo magare yatezaga. Abanyonzi beretswe izindi nzira n’amaseta bazajya bakoresha kugira umwuga wabo wo gutwara abantu n’ibintu ukomeze.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite numero RAB 903 J yuzuye ibiti by’umushikiri bakunze kwitwa kabaruka.
Burya abagore benshi bahohoterwa n’abagabo babo ngo batinya kwereka abagabo babo ko bagiye guta urugo kuko iyo abagabo babibonye batyo barushaho kuba babagirira nabi.
Abasore batatu bataramenyekana bibasiye abagore batatu gashaka kubafata ku ngufu ngo babasambanye, abo bagore bagerageza kwirwanaho, umwe arakomereka ariko ntihagira ufatwa ku ngufu.
Dynamo za sosiyete Chico y’Abashinwa ikora imihanda mu ntara y’Amajyaruguru zafashwe zimaze hafi ukwezi zibuze, kuko byavuzwe ko zibwe tariki 02/07/2013 zikaza kuboneka tariki 31/07/2013.
Mu Mudugudu wa Kaniga, Akagali ka Nganzo ho mu Murenge wa Gakenke hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bw’igiti (Stick) izingazinze mu gashashi hafi y’umuhanda.