Uwahoze ari umuganga mu bitaro bya Bushenge akaza kwirukanwa ndetse akaba atemerewe kuba yagira aho akora akazi ku buganga mu Rwanda, kuri ubu atangaza ko agiye kugana inkiko nyuma y’uko asanzwe nta yindi nzira isigaye ngo abashe kurenganurwa.
Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo rwafashe icyemezo cyo gusubika urubanza umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu baregwana ibyaha by’ubugambanyi no kuhungabanya umutekano w’igihugu, rukimurirwa kuwa Kane tariki 24/4/2014.
Urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre wari umukozi wo mu rugo i Nyamirambo; ngo rwanyuze umuryango wa Mujiji Deo wiciwe umwana witwaga Uwase Isimbi Shalom bakundaga kwita Bella, ndetse rugaragara nko gucubya umujinya abaturage bari bafitiye uregwa ubwo bwicanyi.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, rwasubitse urubanza rw’ubujurire rw’abagabo batatu baregwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habinama Sostène warashwe mu ntangiriro z’umwaka wa 2013 agahita apfa naho abandi babiri bari kumwe mu modoka bagakomereka (…)
Muhire Ildephonse wayoboraga umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare mu murenge wa Rwempasha arashinjwa kugurisha incuro ebyiri ikibanza kiri ahantu hagenewe irimbi. Uwahaguze bwa kabiri inzu yubakaga igagasenywa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare arasaba Muhire kumuha amafaranga ibihumbi 665.
Umukozi wakoreraga Banki ya Kigali (BK) ahitwa mu i Tyazo mu karere ka Nyamasheke yakatiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo kuko afunguwe ashobora gusibanganya ibimenyetso ku cyaha akurikiranyweho cyo kwaka ruswa uwahawe inguzanyo n’iyo banki.
Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwatangiye kuburansiha Mudakemwa Pascal ukurikiranyweho kuba kuwa 19/0 1/2014 yarishe umugore we witwaga Mukamutsinzi Valentine amukubise umwase mu mutwe insuro 3 agahita apfa.
Urukiko rw’ibanze rwa Musanze rwategetse ko abantu 15 bashinjwa gukorana na FDLR mu guhungabanya umudendezo rusange bafungwa igihe cy’iminsi 30 mu gihe hagikorwa iperereza ku byaha baregwa, iki icyemezo bakimenyeshejwe ku gicamunsi cyo kuwa 26/03/2014.
Abantu 15 bakekwaho guhungabanya umutekano mu mujyi wa Musanze, barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve muri Musanze n’abagore batatu kuri uyu wa kabiri tariki 25/03/2014 bagejejwe imbere y’urukiko rwa Musanze bamenyeshwa ibyo barega bahabwa n’umwanya wo kwiregura.
Nyuma yo kwica umugore we bashakanye akoresheje umuhoro, Mugabonkundi Epimaque wo mu kagali k’Amahoro mu murenge wa Mimuri akarere ka Nyagatare ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu.
Bamwe mu bagize akanama nyobozi ka Kaminuza yigenga ULK ishami rya Gisenyi taliki ya 4/3/2014 bahamagawe n’urukiko kwisobanura ku birego baregwa birimo inyandiko mpimbano hamwe no kwiha ububasha bw’imirimo cyangwa kwiyitirira umwanya wemewe n’ubutegetsi.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije icyaha cy’ubwicanyi Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, maze rumukatira igihano cyo gufungwa burundu, urubanza rwasomwe kuri uyu wa kane tariki ya 20/02/2014.
Nyirabagenzi Joselyne w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyarusange akagari ka Kamujisho umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, arasaba ubuyobozi kumufasha kubona indishyi z’akababaro yatsindiye uwamusambanyije ku ngufu.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu karere ka Bugesera, tariki 18/2/2014, rwahamije Kanakuze Fidele icyaha cy’ubwicamubyeyi mu rubanza rwasomewe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Rebero mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera.
Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, kuri uyu wa 18/02/2014 yagejejwe imbere y’urukiko kurikiranyweho kwica umugore wa mukuru we witwa Mukamanzi Claudine.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza rwasabye ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga gutanga indishyi z’akababaro zingana n’amafaranga miyoni 7.5 kubera umurwayi wagize ubusembwa abukuye muri ibyo bitaro.
Lt Joel Mutabazi n’abandi 15 baregwa hamwe kugirira nabi ubutegetsi buriho, bazongera kuburana tariki 13-15/05/2014, bitewe n’uko Lt Mutabazi na Nshimiyimana Joseph banze kwiregura ku byaha baregwa. Urukiko ruragirango babanze bamenye ko ibyo ari uburenganzira bemererwa n’amategeko.
Kuri uyu wa 12/02/2014, Urukiko rukuru rwa gisirikare rwasubukuye urubanza Lt Joel Mutabazi aregwamo ibyaha by’iterabwoba hamwe na bagenzi be 15. Herekanwe video ikubiyemo ubuhamya bubashinja ariko babihakanye.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 12/02/2014, rwafashe icyemezo cy’uko abakozi batanu b’akarere ka Nyamasheke bari baratawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo “gutanga ku busa cyangwa ku giciro kidakwiye ibintu bya Leta”, bafungurwa by’agateganyo.
Aba bakozi batanu barimo 3 babaga mu kanama k’amasoko mu mwaka wa 2011 ndetse na 2 b’aba-Injenyeri (Engineers) b’akarere bararegwa n’ubushinjacyaha ku cyaha cyo “Gutanga ku busa cyangwa ku giciro kidakwiye ibintu bya Leta”, nubwo bo babihakana bivuye inyuma.
Abacamanza baburanisha urubanza rwitirirwa Lt Joel Mutabazi kuri uyu wa 30/01/2014 bamujyanye mu karere ka Rwamagana kwerekana aho bivugwa ko yari yarahishe imbunda mu rugo rw’uwitwa Mutamba Eugene, nyirarume wa Lt Mutabazi.
Sebagenzi Jean Claude wo mu murenge wa Nyamyumba uherutse kwivugana umugore we Nyanzira Claudine amukubise yahanishijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rubavu igifungo cy’amezi 15 kubera uburyo yakozemo iki cyaha.
Ku munsi wa kabiri wo kuburanisha mu mizi urubanza rwa Lt Joel Mutabazi, tariki 29/01/2014, umwunganira mu mategeko, Me Antoinette Mukamusoni yahisemo kureka umukiriya we bitewe no kwivuguruza mu nkiko, aho yanze kuburana kandi yari yarabyemeye.
Bitandukanye n’ibyari byatangajwe mu kwezi k’Ukuboza mu mwaka ushize wa 2013, ko yari yemeye bimwe mu byaha akurikiranyweho byo kugirira nabi ubutegetsi bw’u Rwanda buriho; kuri uyu wa kabiri tariki 28/01/2014, Lt Joel Mutabazi yabwiye urukiko ko atemera ibyo ubushinjacyaha bumurega byose.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije umugore witwa Uwamahoro Dative icyaha cyo kwica uwo bashakanye ndetse no kuzimanganya ibimenyetso, runamukatira igihano cyo gufungwa imyaka 10 no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Rusizi gukemura ibibazo by’abaturage batiriwe babasiragiza, kuko arizo nshingano zabo bashyiriweho.
Nteziyaremye Jean Damascène wicishije mukase isuka amushinja y’uko ngo yaba amurogera abana urukiko rwisumbuye rwa Huye rwamuhanishije imyaka 25 y’igifungo mu rubanza rwasomewe aho cyaha cyakorewe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Ibitaro bya Diyoseze ya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga birasabwa gutanga indishyi zihwanye na miliyoni 65 z’amafaranga y’u Rwanda ku murwayi witwa Umukundwa Jeanne d’Arc ngo kuko umuti yatewe wamusigiye ubumuga buhoraho bitewe n’uburangare abaganga bagize.
Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi rukorera mu karere ka Karongi, kuri uyu wa 13/01/2014, rwasabiye igifungo cy’imyaka itandatu abagabo babiri baregwa ibyaha birimo gukoresha imyigaragambyo mu buryo butemewe, guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda bagamije kwangisha abaturage ubutegetsi buriho.
Urukiko rw’Ibanze rw’umurenge wa Bwishyura, tariki 09/01/2014, rwaburanishije imanza ebyiri z’abakurikiranyweho icyaha cyo gutunda, kubika no kugurisha urumogi. Abashinjwaga icyaha uko ari babili bemeye icyaha basaba imbabazi, ariko abakekwaho ubufatantacyaha babihakana.