Habyarimana Emmanuel wahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu yakatiwe igifungo cy’imyaka 2 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 470, n’urukiko rwisumbuye rwa Nyamirambo.
Urukiko Rukuru rwa Musanze, ku wa kane tariki 12/03/2015, rwasomye urubanza rw’abantu 14 bakurikiranyweho gukorana na FDLR, 11 bahamwa n’ibyaha bakatirwa ibihano bitandukanye na ho batatu bagirwa abere.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Rwagashayija Boniface wari ushinzwe umutungo mu ishyirahamwe Indangaburezi na Sindikubwabo Janvier, umutetsi muri Groupe Scolaire Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo mu gihe bagikorwaho iperereza n’ubushinjacyaha ku cyaha cyo kubiba amacakubiri (...)
Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishirije imbere y’abaturage bo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 04 Werurwe 2015 abantu batandatu barimo n’abasirikare bari mu mugambi wo kwiba SACCO bakoresheje intwaro maze ubushinjacyaha bwa gisirikare bubasabira igifungo cya burundu.
Mu buzima bwa buri munsi muntu agengwa n’amasezerano yaba ayo aba yakoze abizi cyangwa atabizi akaba ashobora no kumugiraho ingaruka mu rwego rw’amategeko. Ni yo mpamvu tugiye kurebera hamwe icyo amategeko y’u Rwanda ateganya ku bijyanye n’amasezerano.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare ruri i Kanombe rwategetse ko urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Francois Kabayiza rwatangira kuburanishwa mu mizi bafunzwe, nubwo ku wa 24/02/2015 bari basabye kuburana bari hanze ya gereza.
Urukiko rukuru rwakatiye umuhanzi Kizito Mihigo igifungo cy’imyaka 10, nyuma yo kumuhamya ibyaha bigamije kugirira nabi ubutegetsi buriho, mu isomwa ry’urubanza rwari rumaze hafi umwaka ruburanishwa.
Col Tom Byabagamba na bagenzi be bakurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, basabye urukiko ko barekurwa bakaburana bari hanze, ariko ubushinjacyaha bwo buhakana iki cyifuzo buvuga ko bakurikiranyweho ibyaha biremereye bishobora gutuma batoroka igihugu.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Mururu, urukiko rwa gisirikare rwakatiye igifungo cy’imyaka icumi n’ihazabu isaga miliyoni n’igice z’amafaranga y’u Rwanda Private Habakwitonda Apollinaire, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda (RDF) washinjwaga gusambanya umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ku ngufu akanamutera inda itifuzwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François imyaka itandatu y’igifungo n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri wese , bazira guha umupolisi ruswa y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda ngo abakorere ibibujijwe n’amategeko ariko we arayanga.
Mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abarimu batandatu batawe muri yombi na Polisi mu Karere ka Nyamasheke baguwe gitumo ngo bakurikiranyweho gukoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko amafaranga ya VUP.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwaburanishije Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François bafashwe baha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300, kugira ngo harekurwe imodoka y’umwe muri bo yari yafashwe ipakiwemo ibiti by’imisheshe.
Tuyishime Devota w’imyaka 23 yatsinze abaturage bari barigabije amasambu iwabo basize ari mu Mudugudu wa Gabiro akagari ka Gabiro Umurenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro, mu rubanza rwasomwe kuwa kane tariki 12/2/2015.
Chadrac Niyonsaba arashinjwa guha umupolisi ruswa ayita fanta yo kwiyunga, nyuma y’uko aciwe amande yo gutwara umugenzi nta ngofero yabugenewe (Casque) yambaye ndetse nta n’ibyangombwa afite, yarangiza akaniba moto ye yari yafatiranywe ngo abanze yishyure amande.
Urukiko rwisumbuye rwa Karongi rwategetse ko abayobozi b’urwunge rw’Amashuri rwa Murunda (G.S Murunda) ruherereye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro bari bafunzwe bakurikiranwa bari hanze.
Urukiko rw’ibanze rwa Kagano rwafunguye by’agateganyo Umukozi ushinzwe gucunga ibikoresho by’akarere (logistic officer) witwa Mugabo Jean Paul ukurikiranyweho kunyereza ibikoresho yari ashinzwe gucunga, akajya yitaba ari hanze.
Bamwe mu bagize uruhare mu rupfu rwa Mukandabasanze Dorothée w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Renga, Akagari ka Muhehwe mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi bakatiwe igihano cyo gufungwa burundu undi umwe agabanyirizwa ibihano.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu Mudugudu wa Cyenjojo, Akagari ka Cyenjojo, Umurenge wa Rwempasha, ku wa 04/02/2015 rwakatiye Ntambara Jean Damascène w’imyaka 22 y’amavuko igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica atemaguye sebuja yaragiriraga inka.
Urukiko rukuru, urugereko rwa Rusizi rwanze ubujurire bwa Nzeyimana Oscar wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na bagenzi be ku cyemezo cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo bafatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rusizi.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwimuriye imirimo yarwo mu Murenge wa Karama, rwahamije Habanabakize Cedric icyaha cyo kwihekura rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu, kuwa 27/01/2015.
Urukiko rw’ibanze rwa Kagano rwarekuye by’agateganyo umuyobozi wa Farumasi y’Akarere ka Nyamasheke, Habiyambere Enode n’umubaruramari we, Nsengimana Theophile kuwa kane tariki ya 22/01/2014.
Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwahanishije igifungo cy’imyaka 20 abapolisi babiri bishe umukozi wa Transparency international Rwanda witwaga Makonene Gustave tariki ya 18/7/2013 bamuhoye kubabuza gukora ubucuruzi bwa magendu bakoranaga n’abanyekongo.
Ubushinjacyaha burasabira umugabo witwa Habanabakize Cedric guhanishwa igifungo cya burundu kubera icyaha cyo kwihekura akurikiranyweho.
Abantu batanu bari basigaye kumvwa mu rubanza ruburanishwamo abantu 16 bakekwa ho gukorana n’umutwe wa FDLR bahawe umwanya wo kwiregurwa mu rubanza rubera mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, kuwa kabiri tariki 20/01/2015.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze rwahamije Munyaneza Theogene na Siborurema ibyaha bibiri bari bakurikiranyweho byo gusambanya no kwica umukobwa witwaga Nikuze Xaverina, rukatira Munyaneza igihano cy’igifungo cya burundu na ho Siborurema ahabwa igihano cy’igifungo cy’ imyaka 22.
Ngirabega Emmanuel, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyagatare akurikiranyweho gusambanya umunyeshuri w’imyaka 22 abereye umuyobozi no kumushora mu buraya, akaba yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kuwa 20/01/2015.
Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi kuri uyu wa 19 Mutarama 2014, rwategetse ko uwari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, arekurwa akazakomeza kuburana ari hanze.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije abagabo bane icyaha cyo gusambanya no kuba ikitso cyo gusambanya abana hanishwa igifungo cy’imyaka 10 buri wese, mu gihe umwana wareganwaga nabo we yahamijwe icyaha cyo gucuruza abana no kubashora mu buraya ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe usitse n’amande ya miliyoni imwe.
Abafungiye muri gereza nkuru ya Gicumbi baremeza ko nta kibazo cy’ubutabera n’imibereho myiza bafite, nk’uko babitangarije Minisitiri w’umutekano Sheikh Mussa Fazil Harerimana mu ruzinduko yahagiriye kuri uyu wa gatanu tariki 16/1/2015.
Urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwakatiye igifungo cy’iminsi 30 by’agateganyo uwari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, uwahoze ari umuyobozi w’ako karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Bayihiki Basile ndetse n’abakozi bako babiri.