Umusaza Mugiziki Aloys yamaze imyaka ine aburana inzu n’umuturanyi we Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba aratsindwa ariko abaturanyi be bemeza ko yarenganye bagasaba ko yarenganurwa.
Mananiyonkuru w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Cyeru mu karere ka Burera yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 kubera gutunga no gucuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Bamwe mu bahesha b’inkiko batabigize umwuga bakorera mu karere ka Nyanza barashinjwa n’abaturage ko aribo badindiza irangizwa ry’imanza zaciwe n’inkiko kandi zitarajuririwe mu gihe cy’iminsi 30 ibarwa kuva isomwa ry’urubanza ribayeho nk’uko amategeko abiteganya.
Isomwa ry’Urubanza rwa Ingabire Victoire n’abandi bane bakurikiranywe hamwe na we rwimuriwe tariki 19/10/2012 mu rwego rwo gutegereza icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ku kirego yarutanzemo asaba ko hari ingingo ziri mu itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyakurwaho.
Imanza za Victoire Ingabire na Leon Mugesera zakomeje kuri uyu wa mbere zagaragayemo gutsimbarara ku byifuzo byabo basaba ko hari ingingo zimwe zavanwa mu mategeko y’u Rwanda, kuko zitabaha ububasha bwo kuburana uko babyifuza.
Umukecuru witwa Mukamusoni Tasiyana utuye mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi amaze imyaka ibiri mu manza n’umugabo we bapha ububuharike.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwahaye agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabaga ko umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe ategereje kuburana mu mizi.
Umunyabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze wari umaze ibyumweru bitatu mu maboko y’ubutabera kubera gukekwaho kwakira ruswa, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012.
Imyanzuro y’urubanza rw’umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, izasomwa tariki 13/08/2012 kubera ko habaye imanza nyinshi. Byari biteganyijwe ko iyo myanzuro isomwa kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.
Umugabo witwa Safari Saidi ukomoka mu murenge wa Kubungo akurikiranweho kwambara umwambaro wa EWSA akajya kwiba urutsinga mu murenge wa Karembo avuga ko yarutumwe no kuri station Ngoma.
Ubushinjacyaha bukuru buremeza ko mu rubanza rwa Cyrille Turatsinze, Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, nta kagambane karimo ahubwo ko bushingira ku bimenyetso bifatika byemeza ko uyu muyobozi ahamwa n’icyaha cyo kwaka ruswa.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze, na mugenzi we Rwego Harelimana bahakanye icyaha bakurikiranyweho cyo kwaka ruswa ubwo bari imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuwa kane tariki 02/08/2012.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buzajuririra icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi Lt.Col. Rugigana Rugemangabo yakuriweho n’Urukiko rukuru rwa gisirikare tariki 25/7/2012.
Lt Col. Rugigana Rugemangabo yahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu no guteza imvururu mu baturage, akaba yahanishijwe igifungo cy’imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 ubwo urubanza rwe rwasomwaga kuri uyu wa gatatu tariki 25/7/2012.
Victoire Ingabire yongeye kugaragara imbere y’Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012 ajurira ku cyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyashyizwe mu byaha akurikiranyweho, nubwo yari amaze igihe kinini yaravuze ko atazongera kugaragara mu rukiko.
Mu rubanza rw’ umunyamakuru wa Radio Huguka ushinjwa kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside rwaburanishijwe tariki 18/07/2012 hemejwe ko ruzasomwa tariki 30/07/2012.
Isomwa ry’urubanza rwa Ingabire Victoire ryari riteganyijwe kuri uyu wa gatanu ryimuriwe tariki 07/09/2012, nyuma y’uko urukiko rutangaje ku rutararangiza gusuzuma neza urubanza rwe.
Abunzi bo mu karere ka Ruhango baravuga ko kutagira aho bakorera bituma umusaruro wabo udatangwa nk’uko babyifuza, kuko kugeza ubu hari abagicira imanza munsi y’ibiti.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwanze icyifuzo cya Mukandori Odette cyasabaga ko akurikiranwaho icyaha cyo kwihekura ari hanze ya gereza kubera ikibazo cy’abana avuga ko afite akeneye kurera.
Callixte Mbarushimana wahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umutwe wa FDLR, yakuwe ku rutonde rw’abantu bazaburanishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rw’i La Haye mu Buholandi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasabwa gucukumbura ikibazo cy’umugabo witwa Urimubayo Felicien utuye mu murenge wa Cyanika, wafunguwe tariki 30/04/2012 ataburanye kandi aregwa kwica umugore we.
Ubushinjacyaha ku rwego rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 30/05/2012 bwasabiye Mukandori Odette ifungwa ry’agateganyo ry’iminsi 30 ku cyaha akekwaho cyo kwihekura ubwo yabyaraga umwana w’umukobwa akamujugunya munsi y’urugo aho asanzwe amena ibishingwe.
Munyentwari Jean, umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu wari ufunzwe akekwaho gucura umugambi wo kwicisha umugore we yarekuwe n’urukiko rw’ibanze rwa Busasamana nyuma yo gusanga ibimenyetso ubushinjacyaha bushingiraho bumurega bidafite ishingiro.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rubavu, Christopher Kalisa, n’abakozi babiri ba gereza nkuru ya Nyakiliba na rwiyemezamirimo umwe bari mu maboko y’ubutabera bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano.
Ubushinjacyaha burasabira Usengumuremyi Jean Marie Vianney, uhagarariye ishuri ryisumbuye rya E.S.S.T.R riri mu karere ka Ruhango, gufungwa ukwezi kubera icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murerwa Furaha atabifitiye uburenganzira.
Urukiko rw’ibanze rwa Bugesera rwafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo umukozi w’akarere ka Bugesera ushinzwe imiturire, Ir. Ntukanyagwe Eric, wari umaze iminsi 6 afunzwe.
Abaturage batuye mu mudugudu w’Ubwiza, akagali ka Bugoyi mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu baratabariza inzego z’ubutabera kubasubiza uburenganzira ku butaka bahawe mu 1996 n’akarere ka Rubavu nyuma bugatezwa cyamunara.
Urwego rw’ubushinjacyaha bukorera ku rukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza, kuwa mbere tariki 30/04/2012, bwagejeje imbere y’ubutabera umusore witwa Bagaragaza Xavier bumurega amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside yavuze.
Gasinzigwa Fabien yatsindiye isambu yaburanaga na Mugunga Kayitare Alexis tariki 23/03/2012 mu rukiko rwa Nyanza, ariko ngo kugeza n’ubu ntarabona uwamuhesha ibye.
Mu rukiko Rukuru rwa Kigali, ubushinjacyaha bwasabiye Victoire Ingabire igihano cy’igifungo cya burundu no gutanga ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi maganane by’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo gusaba urukiko kumuhamya ibyaha bitandatu bwamureze.