Mu rubanza rwa Lt Joel Mutabazi n’abo baregwa hamwe kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014, Urukiko rukuru rwa gisirikare rwasubiye inyuma rusuzuma ububasha rufite bwo kuburanisha abasivile, nyuma y’aho abaregwa hamwe na Lt Joel Mutabazi (b’abasivili) bamwihakaniye ko batafatanyije nawe mu byaha baregwa.
Lt Joel Mutabazi na Innocent Kalisa alias Demobe bakomeje guhakana ibyaha baregwa byo kwangisha u Rwanda amahanga, kugambirira kugirira nabi Umukuru w’igihugu ndetse no kurema imitwe y’abagizi ba nabi, nk’uko bikubiye mu byo bivugiye mu nyandikomvugo bakoreshejwe.
Nizeyimana Fabrice ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana witwa Uwineza Hasina w’imyaka 15, mu ijoro rya tariki y 30/04/2014, kuri uyu wa Kane, tariki ya 15/05/2014 yaburanishirijwe mu ruhame aho yakoreye icyaha mu mudugudu wa Cyimbazi, akagari ka Ntunga, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana.
Urubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi, Cprl Joseph Nshimyimana witwa Camarade na Innocent Kalisa alias Demobe, rwakomeje kuri uyu wa gatatu tariki 14/5/2014; aho abo bagabo bose batashoboye kuvuguruza ibimenyetso biri mu nyandikomvugo zifitwe n’ubushinjacyaha, ndetse ibyo kumva urubanza bikaba bisozwa banga kuburana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bufatanyije n’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza cy’akarere barateganya gukurikirana mu rukiko abayobozi n’abandi bantu bose bavugwaho kwakira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza yatanzwe n’abaturage ibarirwa mu mafaranga miliyoni 16 n’ibihumbi 500, ariko ntibayageze aho yagombaga kujya ahubwo (…)
Mu rubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi na bagenzi be 14 rwasubukuwe kuri uyu wa kabiri tariki 13/5/2014, Lt Mutabazi yavuze ko ibyaha aregwa byo kurwanya Leta y’u Rwanda nta shingiro bifite kuko ngo atigeze akoreshwa inyandikomvugo; naho umwe mu baregwa gufatanya nawe, Cprl Nshimyimana Joseph witwa Camarade, akaba yanze (…)
Nyuma yo kwiga ku byaha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, aregwa urukiko rw’ibanze rwa Kamembe rwanzuye ko uyu muyobozi yakurikiranywa afunze byagateganyo mu igihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza ku byaha ashinjwa rigikomeje.
Urukiko rw’ibanze rwa Kamembe mu Karere ka Rusizi rwatangiye gukurikirana urubanza ubushinjacyaha buregamo Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke bumushinja ibyaha byo gusebya igihugu n’ubwambuzi bushukana bivugwa ko yakoreye bamwe mu abaturage bo mu Murenge wa Bugarama yayoboraga.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru rwategetse ko umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu bakurikiranyweho ibyaha birimo kugambanira no gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu bafungwa iminsi 30 mbere y’uko urubanza rwinjira mu mizi.
Nyuma yo kubona ko barekuwe bagakurikiranwa bari hanze bashobora gutoroka ubutabera, abantu bane muri 11 bakekwaho gufatanya kunyereza umutungo wa Duterimbere IMF mu mashami ya Nyagatare, Kabarore na Gahini usaga miliyoni 275, bakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Urubanza umuhanzi Kizito Mihigo aregwanamo n’abandi bantu batatu rurangiye urukiko rubabwiye ko bazamenya umwanzuro wabo niba bazafungwa iminsi 30 cyangwa bazaburana bari hanze, nyuma yo kumva ibyireguro bya buri umwe.
Mukankusi Bellancille utuye mu mudugudu wa Kabagabo, akagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano avuga ko akurikije igihe amaze asaba ko urubanza yatsinze uwo baburanaga rwarangizwa ariko rukaba rutararangira, bimutera kwibaza imikorere y’ubutabera, akavuga ko icyizere kigenda kiyoyoka ko azageza igihe akarenganurwa.
Kuri uyu wa gatatu abari abakozi 6 ba kanki ya Duterimbere ishami rya Nyagatare, Kabarore na Gahini muri Kayonza bagejejwe imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare bashinjwa kurigisa umutungo wa Duterimbere usaga amafaranga miliyoni 275.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge n’abitabiriye isomwa ry’urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre, bavuze ko uyu musore wahamwe n’icyaha cyo kwica Uwase Isimbi Shalon bakundaga kwita Bella; atari uwo guhabwa imbabazi n’ubwo yari yazisabye urukiko mu iburanisha ry’urubanza rwe.
Uwahoze ari umuganga mu bitaro bya Bushenge akaza kwirukanwa ndetse akaba atemerewe kuba yagira aho akora akazi ku buganga mu Rwanda, kuri ubu atangaza ko agiye kugana inkiko nyuma y’uko asanzwe nta yindi nzira isigaye ngo abashe kurenganurwa.
Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo rwafashe icyemezo cyo gusubika urubanza umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu baregwana ibyaha by’ubugambanyi no kuhungabanya umutekano w’igihugu, rukimurirwa kuwa Kane tariki 24/4/2014.
Urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre wari umukozi wo mu rugo i Nyamirambo; ngo rwanyuze umuryango wa Mujiji Deo wiciwe umwana witwaga Uwase Isimbi Shalom bakundaga kwita Bella, ndetse rugaragara nko gucubya umujinya abaturage bari bafitiye uregwa ubwo bwicanyi.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, rwasubitse urubanza rw’ubujurire rw’abagabo batatu baregwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habinama Sostène warashwe mu ntangiriro z’umwaka wa 2013 agahita apfa naho abandi babiri bari kumwe mu modoka bagakomereka (…)
Muhire Ildephonse wayoboraga umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare mu murenge wa Rwempasha arashinjwa kugurisha incuro ebyiri ikibanza kiri ahantu hagenewe irimbi. Uwahaguze bwa kabiri inzu yubakaga igagasenywa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare arasaba Muhire kumuha amafaranga ibihumbi 665.
Umukozi wakoreraga Banki ya Kigali (BK) ahitwa mu i Tyazo mu karere ka Nyamasheke yakatiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo kuko afunguwe ashobora gusibanganya ibimenyetso ku cyaha akurikiranyweho cyo kwaka ruswa uwahawe inguzanyo n’iyo banki.
Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwatangiye kuburansiha Mudakemwa Pascal ukurikiranyweho kuba kuwa 19/0 1/2014 yarishe umugore we witwaga Mukamutsinzi Valentine amukubise umwase mu mutwe insuro 3 agahita apfa.
Urukiko rw’ibanze rwa Musanze rwategetse ko abantu 15 bashinjwa gukorana na FDLR mu guhungabanya umudendezo rusange bafungwa igihe cy’iminsi 30 mu gihe hagikorwa iperereza ku byaha baregwa, iki icyemezo bakimenyeshejwe ku gicamunsi cyo kuwa 26/03/2014.
Abantu 15 bakekwaho guhungabanya umutekano mu mujyi wa Musanze, barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve muri Musanze n’abagore batatu kuri uyu wa kabiri tariki 25/03/2014 bagejejwe imbere y’urukiko rwa Musanze bamenyeshwa ibyo barega bahabwa n’umwanya wo kwiregura.
Nyuma yo kwica umugore we bashakanye akoresheje umuhoro, Mugabonkundi Epimaque wo mu kagali k’Amahoro mu murenge wa Mimuri akarere ka Nyagatare ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu.
Bamwe mu bagize akanama nyobozi ka Kaminuza yigenga ULK ishami rya Gisenyi taliki ya 4/3/2014 bahamagawe n’urukiko kwisobanura ku birego baregwa birimo inyandiko mpimbano hamwe no kwiha ububasha bw’imirimo cyangwa kwiyitirira umwanya wemewe n’ubutegetsi.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije icyaha cy’ubwicanyi Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, maze rumukatira igihano cyo gufungwa burundu, urubanza rwasomwe kuri uyu wa kane tariki ya 20/02/2014.
Nyirabagenzi Joselyne w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyarusange akagari ka Kamujisho umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, arasaba ubuyobozi kumufasha kubona indishyi z’akababaro yatsindiye uwamusambanyije ku ngufu.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu karere ka Bugesera, tariki 18/2/2014, rwahamije Kanakuze Fidele icyaha cy’ubwicamubyeyi mu rubanza rwasomewe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Rebero mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera.
Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, kuri uyu wa 18/02/2014 yagejejwe imbere y’urukiko kurikiranyweho kwica umugore wa mukuru we witwa Mukamanzi Claudine.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza rwasabye ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga gutanga indishyi z’akababaro zingana n’amafaranga miyoni 7.5 kubera umurwayi wagize ubusembwa abukuye muri ibyo bitaro.