Kuri uyu wa 09 Kamena itorero rya Eglise Vivante de Jesus Christ ryagejeje imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare uwo ryita ko yari umushumba waryo mu karere ka Nyagatare Niyonagira Locus rumusaba kuva mu mitungo yaryo kuko ubu yamaze kwitandukanya naryo mu mwaka wa 2013.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwategetse ko abagabo batanu n’umwana w’imyaka 17 wigaga mu rwunge rw’amashuli rwa Nyagatare bafungwa iminsi 15 y’agateganyo mu gihe bakurikiranweho gusambanya abana no kubashora mu buraya.
Abasirikare batanu bashinjwaga kwica Inkeragutabara yari iri ku irondo tariki 25/12/2013 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare rwari rukuriwe na Capitaine Charles Sumbanyi mu ruhame ku kibuga cy’umupira cya Kanjongo tariki 05/06/2014.
Sergent Namuroreye Clement na Pc Ndonsumugenzi Gabriel, bombi baregagwa kwica abasirikari babiri aribo Misago Innocent na Ndayisaba Francois, bakaba bararasiwe mu murenge wa Musambira, Namuroreye yakatiwe gufungwa burundu; naho Ndonsumugenzi aba umwere.
Abantu 16 bareganwa na Mukashyaka Xaverina ibyaha by’ubugambanyi, kugirira nabi ubutegetsi buriho no guhungabanya umudendezo wa Leta bafatanyije na FDLR, basabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kugira ngo hakomezwe gukorwa iperereza kubyaha baregwa kuko barekuwe bahita bacika.
Nizeyimana Fabrice wari ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana w’imyaka 15 witwa Uwineza Hasina, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yakatiwe igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma y’uko ahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bwongeyeho ubushinyaguzi, ngo kuko yishe uwo mwana yabanje kumusambanya.
Kayumba Charles wahoze ari Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Manishya mu Murenge wa Gatsibo, afunzwe azira icyaha cyo gutuka inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Gatsibo, ubushinjacyaha mu rukiko rwibanze rwa Kiramuruzi bukaba bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Abagore 9 n’abagabo batatu bose bakomoka mu muryango umwe wa Maj. Murwanashya Juvenal uzwi ku izina rya Blaise ukuriye iperereza mu mutwe wa FDLR bakekwaho gukorana na FDLR bagejejwe imbere y’Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, babiri bakatirwa igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abandi 10 bararekurwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwakatiye abantu babiri gufungwa imyaka iri hagati y’itanu n’icumi, naho abandi bane bareganwaga muri uru rubanza bagirwa abere, urubanza rwabereye rukanasomerwa aho icyaha cyabereye mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru.
Abapolisi Namuroreye Clement na Ndonsumugenzi Gabriel, baregwa kurasa abasirikari babiri Ndayisaba Francois na Misago Innocent, bombi bakomoka mu murenge wa Musambira, basabiwe igifungo cya burundu.
Mu rubanza rwa Lt Joel Mutabazi n’abo baregwa hamwe kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014, Urukiko rukuru rwa gisirikare rwasubiye inyuma rusuzuma ububasha rufite bwo kuburanisha abasivile, nyuma y’aho abaregwa hamwe na Lt Joel Mutabazi (b’abasivili) bamwihakaniye ko batafatanyije nawe mu byaha baregwa.
Lt Joel Mutabazi na Innocent Kalisa alias Demobe bakomeje guhakana ibyaha baregwa byo kwangisha u Rwanda amahanga, kugambirira kugirira nabi Umukuru w’igihugu ndetse no kurema imitwe y’abagizi ba nabi, nk’uko bikubiye mu byo bivugiye mu nyandikomvugo bakoreshejwe.
Nizeyimana Fabrice ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana witwa Uwineza Hasina w’imyaka 15, mu ijoro rya tariki y 30/04/2014, kuri uyu wa Kane, tariki ya 15/05/2014 yaburanishirijwe mu ruhame aho yakoreye icyaha mu mudugudu wa Cyimbazi, akagari ka Ntunga, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana.
Urubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi, Cprl Joseph Nshimyimana witwa Camarade na Innocent Kalisa alias Demobe, rwakomeje kuri uyu wa gatatu tariki 14/5/2014; aho abo bagabo bose batashoboye kuvuguruza ibimenyetso biri mu nyandikomvugo zifitwe n’ubushinjacyaha, ndetse ibyo kumva urubanza bikaba bisozwa banga kuburana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bufatanyije n’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza cy’akarere barateganya gukurikirana mu rukiko abayobozi n’abandi bantu bose bavugwaho kwakira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza yatanzwe n’abaturage ibarirwa mu mafaranga miliyoni 16 n’ibihumbi 500, ariko ntibayageze aho yagombaga kujya ahubwo (...)
Mu rubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi na bagenzi be 14 rwasubukuwe kuri uyu wa kabiri tariki 13/5/2014, Lt Mutabazi yavuze ko ibyaha aregwa byo kurwanya Leta y’u Rwanda nta shingiro bifite kuko ngo atigeze akoreshwa inyandikomvugo; naho umwe mu baregwa gufatanya nawe, Cprl Nshimyimana Joseph witwa Camarade, akaba yanze (...)
Nyuma yo kwiga ku byaha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, aregwa urukiko rw’ibanze rwa Kamembe rwanzuye ko uyu muyobozi yakurikiranywa afunze byagateganyo mu igihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza ku byaha ashinjwa rigikomeje.
Urukiko rw’ibanze rwa Kamembe mu Karere ka Rusizi rwatangiye gukurikirana urubanza ubushinjacyaha buregamo Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke bumushinja ibyaha byo gusebya igihugu n’ubwambuzi bushukana bivugwa ko yakoreye bamwe mu abaturage bo mu Murenge wa Bugarama yayoboraga.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru rwategetse ko umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu bakurikiranyweho ibyaha birimo kugambanira no gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu bafungwa iminsi 30 mbere y’uko urubanza rwinjira mu mizi.
Nyuma yo kubona ko barekuwe bagakurikiranwa bari hanze bashobora gutoroka ubutabera, abantu bane muri 11 bakekwaho gufatanya kunyereza umutungo wa Duterimbere IMF mu mashami ya Nyagatare, Kabarore na Gahini usaga miliyoni 275, bakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Urubanza umuhanzi Kizito Mihigo aregwanamo n’abandi bantu batatu rurangiye urukiko rubabwiye ko bazamenya umwanzuro wabo niba bazafungwa iminsi 30 cyangwa bazaburana bari hanze, nyuma yo kumva ibyireguro bya buri umwe.
Mukankusi Bellancille utuye mu mudugudu wa Kabagabo, akagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano avuga ko akurikije igihe amaze asaba ko urubanza yatsinze uwo baburanaga rwarangizwa ariko rukaba rutararangira, bimutera kwibaza imikorere y’ubutabera, akavuga ko icyizere kigenda kiyoyoka ko azageza igihe akarenganurwa.
Kuri uyu wa gatatu abari abakozi 6 ba kanki ya Duterimbere ishami rya Nyagatare, Kabarore na Gahini muri Kayonza bagejejwe imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare bashinjwa kurigisa umutungo wa Duterimbere usaga amafaranga miliyoni 275.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge n’abitabiriye isomwa ry’urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre, bavuze ko uyu musore wahamwe n’icyaha cyo kwica Uwase Isimbi Shalon bakundaga kwita Bella; atari uwo guhabwa imbabazi n’ubwo yari yazisabye urukiko mu iburanisha ry’urubanza rwe.
Uwahoze ari umuganga mu bitaro bya Bushenge akaza kwirukanwa ndetse akaba atemerewe kuba yagira aho akora akazi ku buganga mu Rwanda, kuri ubu atangaza ko agiye kugana inkiko nyuma y’uko asanzwe nta yindi nzira isigaye ngo abashe kurenganurwa.
Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo rwafashe icyemezo cyo gusubika urubanza umuhanzi Kizito Mihigo n’abandi batatu baregwana ibyaha by’ubugambanyi no kuhungabanya umutekano w’igihugu, rukimurirwa kuwa Kane tariki 24/4/2014.
Urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre wari umukozi wo mu rugo i Nyamirambo; ngo rwanyuze umuryango wa Mujiji Deo wiciwe umwana witwaga Uwase Isimbi Shalom bakundaga kwita Bella, ndetse rugaragara nko gucubya umujinya abaturage bari bafitiye uregwa ubwo bwicanyi.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, rwasubitse urubanza rw’ubujurire rw’abagabo batatu baregwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habinama Sostène warashwe mu ntangiriro z’umwaka wa 2013 agahita apfa naho abandi babiri bari kumwe mu modoka bagakomereka (...)
Muhire Ildephonse wayoboraga umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare mu murenge wa Rwempasha arashinjwa kugurisha incuro ebyiri ikibanza kiri ahantu hagenewe irimbi. Uwahaguze bwa kabiri inzu yubakaga igagasenywa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare arasaba Muhire kumuha amafaranga ibihumbi 665.
Umukozi wakoreraga Banki ya Kigali (BK) ahitwa mu i Tyazo mu karere ka Nyamasheke yakatiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo kuko afunguwe ashobora gusibanganya ibimenyetso ku cyaha akurikiranyweho cyo kwaka ruswa uwahawe inguzanyo n’iyo banki.